• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abasivile benshi bishwe batwitswe abandi batabwa mu migezi, mu Ntara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

minebwenews by minebwenews
April 9, 2024
in Regional Politics
0
Abasivile benshi bishwe batwitswe abandi batabwa  mu migezi, mu Ntara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu minsi itatu gusa abarwanyi bo mu mutwe wa CODECO, bamaze kwica abasivile bagera kuri 33 n’umusirikare umwe wa FARDC mu Ntara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni mu duce two muri teritware ya Djugu, mu Ntara ya Ituri, niho aba bantu bose biciwe n’abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba wa CODECO, nk’uko sosiyete sivile ya bitangaje kuri uyu wa Mbere, tariki ya 08/04/2024.

Sosiyete sivile ivuga ko kuri uyu wa Mbere, honyine hishwe abantu bagera ku icumi na batanu kandi bose bishwe batwitswe harimo n’umwana wari umaze iminsi umunani avutse.

Abatwitswe n’abari batuye mu gace ka Andisa, gaherereye mu ntera y’ibirometre 40 na centre ya Komine (commune) Mongbwalu, muri teritware ya Djugu.

Ni mu gihe ku wa Gatandatu, w’i Cyumweru gishize abo bantu ko ari 15 bari bafashwe bugwate, bafatwa n’abarwanyi ba CODECO bari bavuye gusahura ibya baturage mu Mihana yo muri teritware ya Djugu, nk’uko sosiyete sivile yakomeje ivuga ay’a makuru.

Ay’a makuru atangwa na Sosiyete sivile avuga kandi ko abarwanyi ba CODECO mu kugaba ibyo bitero, ba bigabye baturutse mu bice bya ahitwa Kurusengero rwiza(Bon Temple de Dieu) Andisa, Buraki, Wazabo na Dragi.

Ibitero bakaba barabigabye muri Localité ya Galayi, ha herereye ku nkombe y’umugezi wa Ituri, muri Secteur ya Banyali.

Barashe amasasu menshi ku wa Gatandatu, yica abantu bagera ku icumi n’umunani, imirambo yabo ikaba yarabonetse kuri uyu wa Mbere irimo kureremba muruzi rwa Ituri.

Kuva ku wa Gatandatu, tariki ya 6/04/2024 kugeza kuri uyu wa Mbere, hamaze kwicwa abantu bagera kuri 34 barimo n’umusirikare wa FARDC waguye mu bitaro nyuma y’uko akomerekeye muri ibyo bitero.

Umuyobozi wa Secteur ya Banyali arasaba leta ya Kinshasa kugoboka abaturage no gukora ibishoboka byose umutekano ukagaruka muri aka karere.

               MCN.
Tags: Abandi batabwa mu migeziAbasivile bishwe batwitsweDjuguIturi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Hari icyizere cy’uko umubano w’i Gihugu cya Afrika y’Epfo n’u Rwanda waba mwiza nyuma y’ibyavuye mu biganiro by’abakuru b’ibihugu byombi.

Hari icyizere cy'uko umubano w'i Gihugu cya Afrika y'Epfo n'u Rwanda waba mwiza nyuma y'ibyavuye mu biganiro by'abakuru b'ibihugu byombi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?