Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Menya indwara ya Stroke uko ifata n’uko wayirinda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 9, 2024
in Religion
0
Menya indwara ya Stroke uko ifata n’uko wayirinda.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Sobanukirwa indwara ya Stroke, ikiyitera n’uko wayirinda.

You might also like

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Stroke n’indwara y’ubwonko itandandura ishobora guterwa n’indwara z’u mutima n’izindi mpamvu zitandukanye, ariko iyo umuntu imufatiranyije vuba na bwangu iravugwa igakira.

Mu kiganiro umuganga Joseph Mucumbitsi yagiranye n’ikinyamakuru Imvaho Nshya yasobanuye uko indwara ya Stroke iterwa n’indwara z’u mutima, avuga n’uko yovurwa.

Ati: “Stroke igira ubwoko bu biri, hari igihe imitsi ijyana amaraso mu bwonko ifunze amaraso ntacemo neza cyangwa se igaturika ukavamo amaraso mu bwonko (Hemorrhagic stroke), cyangwa se uwo amaraso atashoboye guca mu mitsi imwe n’imwe (ischemic stroke).

Yakomeje asobanura ko iyo amaraso atagenda neza mu bwonko, hari uturemangingo tw’u bwonko dupfa kuko tutabona umwuka mwiza(oxygene).

Ati: “Ni ukavuga ngo icyo gihe icyo gice cy’u bwonko cyaviriyemo amaraso cyangwa se amaraso atashoboye kugerayo, oxygene iba nkeya, uturemangingo two mu bwonko iyo tubuze mu minota irenga 3-10 turapfa ariko mu bwonko iyo zipfuye ntizongera kwiremacyangwa ngo twongere tubeho, ni ukuvuga ngo iyo urengeje icyo gihe ako gace karapfa burundu, ni yo mpamvu ari ikintu kihutirwa iyo ugize stroke.

Yanagaragaje uburyo indwara z’u mutima ziba imvano ya Stroke.

Ati: “Mu bizitera harimo n’indwara z’u mutima ku buryo butandukanye. Urugero iyo umuvuduko w’amaraso ubaye mwinshi ushobora gutuma imitsi imwe iturika mu bwonko cyangwa bigatuma amaraso adacamo neza.

Ariko izindi ndwara z’u mutima urugero nk’u mutima wabyimbye cyane amaraso ntiyihute uko agomba kwihuta aravura , akazamo utuntu twavuze tukagenda mu mitsi ijya no mu bwonko tukaba twagenda tugafunga umwe mu mitsi yo mu bwonko.

Yavuze kandi ko amaraso ashobora kuvura bidatinze n’uburwayi bumwe na bumwe nk’uko hari abarwayi babagwa umutima hanyuma bagafata umuti ubuza amaraso kuvura iyo batawunyoye neza hari ubwo amaraso yabo avura, bakagira stroke kandi bari bakize umutima, icyo gihe ni ukubera uwo muti.”

Ibimenyetso by’indwara ya stroke

Prof Mucumbitsi yagarutse ku bimenyetso bimwe bigaragaza ko umuntu ashobora kugira stroke, iyo umuntu yumva atangiye kudidimanga, umunwa ugatangira kugendera ku ruhande rumwe, ijisho ukagerageza kuri funga ntirifunge neza, wagerageza kuvuga bikanga nta cyo wari urwaye. Umuntu asabwa kwihutira kwa muganga aho bashobora kumunyuza mu cyuma (scanner) kuko stroke ari indwara yihutirwa.

Ati: “Nubwo tutaragera kuri tekinoloji (technology) zihambaye zose, ariko ubu mu Rwanda hari umuganga ushobora kohereza agatiyo mu bwonko ako kantu kagiye kuhaziba. Umwe arahari, yarabonetse nibura hari ibishobora gukorwa.”

Stroke iravugwa igakira

Igihe wamenye ko uyirwaye hakiri kare wagenda bakagufasha ubwonko butarononekara burundu, iyo bwononekaye burundu nta kundi icyo gihe izasanga ukurura ukuguru, ukurura ukuboko n’ubwo hari ibyagaritse ariko ntibigaruka byose kuko wagezeyo utinze, kuko woherejwe utinze, cyangwa se uwakwakiriye atabihuguriwe.

Hari n’ibindi bintu byinshi bishobora kugira uruhare mu bibazo byakwibasira ubwonko bw’u muntu nko gukoresha inzoga ku buryo bukabije bikaba byazamura umuvuduko nabyo bishobora kugira uruhare mu kwangirika kw’i mitsi y’amaraso, kugira ibinure byinshi mu maraso (cholesterol), diyabete yo mu bwoko bwa 2, kunywa itabi, gukoresha ibiyobyabwenge n’ibindi.

Stroke n’indwara itandura

I Nama zagira uruhare mu kwirinda stroke

Hariho ibintu byinshi byagufasha kwirinda, zimwe mu Nama zarinda umuntu kurwara stroke harimo kurya indyo yuzuye hirindwa umunyu mwinshi cyangwa sodium nyinshi, bishobora kongera umuvuduko w’amaraso, kwirinda umubyibuho ukabije, gukora imyitozo ngorora mubiri, kuruhuka bihagije nibura umuntu agasinzira amasaha arindwi kugeza ku munani.

               MCN.
Tags: StrokeUko ifata n'uko wayirinda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya. Sergei Torop wiyitaga Yesu w'isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n'ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n'imitingo bya bamwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails
Next Post
Icyihebe gikaze cyo muri ADF, cyahitanwe na operasiyo yakozwe n’Ingabo za Uganda hamwe n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Kivu Yaruguru.

Icyihebe gikaze cyo muri ADF, cyahitanwe na operasiyo yakozwe n'Ingabo za Uganda hamwe n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?