Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibya perezida Félix Tshisekedi byashizwe ku karubanda maze bamwe mu babishyize hanze baricwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 12, 2024
in Regional Politics
0
Ibya perezida Félix Tshisekedi byashizwe ku karubanda maze bamwe mu babishyize hanze baricwa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugabo uheruka gushira amakuru y’ibanga hanze ya perezida Félix Tshisekedi yapfuye.

You might also like

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Ni umwe mu basirikare bahoraga hafi ya perezida Félix Tshisekedi wishwe nyuma umurambo we ukajugunywa hafi n’amazu abamo abasirikare barinda umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, nk’uko iy’inkuru ivugwa nabaturiye i Kinshasa ku murwa mukuru w’i Gihugu cya RDC.

Ay’amakuru akavuga ko uwo mugabo wo mu basirikare barinda Tshilombo yishwe ku mpamvu z’uko yari yashyize hanze amakuru avuga ku burwayi bwa Tshisekedi.

Ahagana tariki ya 07/04/2024, n’ibwo umuvugizi wa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo, Tina Salama yatangaje ko umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo yagiriye uruzinduko hanze y’igihugu cya RDC ariko ntiyagira igihugu atangaza ko yazindukiyemo.

Muri icyo gihe ibinyamakuru birimo n’ibyo mu Bubiligi byari byatangaje ko Tshisekedi yagiriye uruzinduko mu gihugu cy’u Rwanda, mu buryo bw’ibanga. Nyuma izindi nkuru zakomeje guhwihwiswa ko bitazwi aho Tshisekedi y’aba aherereye.

Ubwo rero haje gusohoka andi makuru yavuzwe n’uwo musirikare bivugwa ko yishwe, avuga ko perezida Félix Tshisekedi Tshilombo arwariye i Bruxelles mu gihugu cy’u Bubiligi, aho ngo yagiye kwivuza mu buryo bw’ibanga rikomeye, kubera uburwayi amaranye igihe bwo mu myanya myibarukiro, ndetse uwo musirikare akavuga ko Tshisekedi arwaye prostate no kwihagarika nabi.

Kimweho mu makuru yatangajwe n’ikinyamakuru cya infos.cd yo, avuga ko Tshisekedi yerekeje i Bruxelles mu Bubiligi tariki ya 06/04/2024 ko kandi yajanye n’itsinda ry’abantu bagera kuri 20 barimo abaganga be, abarinzi ndetse n’inshuti ze zahafi n’abamwe bo mu muryango we.

Gikomeza kivuga ko Tshisekedi aho yari amaze kugera i Bruxelles mu Bubiligi yahise ajanwa mu Bitaro byitiriwe intumwa ya Yesu kristo Luka(Sait Luc), ngo nimugihe yari yagize ibibazo by’u Buzima.

Mu mwaka w’ 2022, nabwo perezida Félix Tshisekedi yajanwe mu Bubiligi, mu buryo byabanjye kugirwa ibanga ariko biza ku menyekana ko yari yagize ibibazo by’uburwayi.

Gusa kuri ubu Tshisekedi ngoyaba yamaze koroherwa ndetse akaba yanamaze gusubira mu gihugu, n’ubwo abavugizi be batarabitangaza.

                 MCN.
Tags: Bamwe mu bishize hanzeBaricwaIbya Tshisekedi byashizwe ku karubanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y'uko RDC iyitambitse imbere. Igihugu cy'u Rwanda cyikuye mu muryango wa CEEAC nyuma y'aho Repubulika ya demokarasi ya Congo ikibangamiye. Uyu mwanzuro u...

Read moreDetails

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails
Next Post
Mu Mujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hagaragaye abantu bitwaje imbunda batazwi.

Mu Mujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, hagaragaye abantu bitwaje imbunda batazwi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?