Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yagiriye uruzinduko muri Ukraine rutunguranye aho yasezeranije iki gihugu ibirimo kubacira n’inzira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 15, 2024
in Regional Politics
0
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yagiriye uruzinduko muri Ukraine rutunguranye aho yasezeranije iki gihugu ibirimo kubacira n’inzira.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umunyamabanga wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Antony Blinken yageze muri Ukraine bitunguranye.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14/05/2024, nibwo Antony Blinken yageze muri Ukraine aho ari muruzinduko rwakazi, nk’uko iy’inkuru yatangajwe na CNN.

Uru ruzinduko nirwo rwa mbere Blinken akoze kuvaho Amerika yongeye kwemerera iki gihugu cya Ukraine ubufasha bukomeye kugira ngo igisirikare cy’iki gihugu kibashye guhashya Ingabo z’u Burusiya.

Iki gitangaza makuru cya natangaje ko uru ruzinduko rw’u munyamabanga wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika ruje kugira ngo rushimangire iyi nkunga Amerika yemereye Ukraine.

Mu ijambo yavugiye muri Kaminuza ya Kyiv, Blinken yatangaje ko Ukraine iri mu minsi iyikomereye y’urugamba cyane mu mujyi wa Kharkiv aho yashimangiye ko ingufu ingabo z’u Burusiya zihafite ari inkunga mu by’intambara zihabwa na Iran, Koreya ya Ruguru ndetse n’u Bushinwa gusa ko Amerika izakomeza gushyigikira Ukraine mu rwego rwo kwirwanaho.

Blinken yavuze kandi ko Amerika igiye gufasha Ukraine uko ishoboye kose ntibyorohere u Burusiya kongera kuyigabaho ibitero byo mu kirere.

Yanashimangiye ibi avuga ko Amerika igiye gufasha Ukraine kuyicira inzira mu buryo bukomeye ikazabasha kwinjira mu muryango wa NATO usa n’uwabaye intandaro y’iyi ntambara.

Ikindi Blinken yasezeranije ni uko Amerika izakora ibishoboka byose u Burusiya bukishyura ikiguzi cyose cy’ibimaze kwangirizwa n’intambara ndetse no kubisana, nk’uko amategeko mpuzamahanga abiteganya.

Yagize ati: “Ibyo Putin yasenye u Burusiya butegetswe kwishyura ikiguzi cyo kongera kubyubaka. Ni byo itegeko mpuzamahanga risaba kandi ni byo Abanya-Ukraine bakwiye.”

Ibyo ngo bizagirwamo uruhare no gufatira imwe mu mitungo y’Abarusiya iri muri Amerika mu rwego rwo gushaka ku ngufu ko u Burusiya bwishyura ibyangijwe byose n’intambara.

Blinken yavuze ko mu kwezi gushize inkunga ya miliyari 61 $ igenewe Ukraine ikimara kwemezwa n’inteko ishinga mategeko y’Amerika, perezida Joe Biden yahise asubukura gahunda yo kohereza Ukraine inkunga zinyuze mu nyanja.

Mu ijambo rya Blinken ryasoje rivuga ko Vladimir Putin w’u Burusiya ko yagiye akerensa Ukraine n’igisirikare cyayo ariko ko ubihangange bwayo butarangirira mu bisasu bya bombe iraswaho cyangwa abantu bapfushije, avuga ko ahubwo Ukraine ariyo izatsinda iyi ntambara.

         MCN.
Tags: AmerikaBlinken AntonyGuhashya Ingabo z'u BurusiyaInziraNATOUbufashaUkraine
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa biramukiye mu bice byo muri teritware ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ibitero by'ihuriro ry'Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa biramukiye mu bice byo muri teritware ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?