Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, wavuzwe mu marembo ya Kivu y’Amajy’epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 16, 2024
in Regional Politics
0
Umutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, wavuzwe mu marembo ya Kivu y’Amajy’epfo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, wavuzwe mu marembo ya Kivu y’Amajy’epfo.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Ni bikubiye mu butumwa bwatanzwe n’umuryango utegamiye kuri leta ya Kinshasa, ukaba ukorera mu Ntara ya Kivu y’Epfo, busaba ingabo za FARDC na Wazalendo gukoresha imbaraga zose zifite zikavana M23 mu bice byinshi byo muri Kivu y’Amajy’epfo, ibyo uyu muryango uvuga ko uwo mutwe wabigezemo.

Ubu butumwa uyu muryango washize hanze, buvuga ko wabuhawe n’abaturage, aho ngo abo baturage bavuga ko M23 iri mu bice byinshi byo muri teritware ya Kalehe, ndetse kandi ngo ikaba ishaka kugira ibindi bice ifata byo muri teritware ya Uvira n’ahandi.

Ubu butumwa bwa Sosiyete sivile yo muri Kivu y’Amajy’epfo, bukomeza buvuga ko, nka hitwa Numbi, Lumbishi na Minova, hamaze kugaragara abarwanyi benshi bo muri uwo mutwe wa M23.

Kandi ko ibi bikomeza gutera ubwoba abaturiye teritware ya Fizi, Uvira, Mwenga, Walungu n’ahandi ko aba barwanyi bashobora kuhigarurira vuba.

Bityo ngo bikagaragaza ko intambara igeze mu marembo ya Kivu y’Amajy’epfo.

Ubu butumwa bugira buti: “Guverinoma yacu igomba gushyira imbere kurengera ubusugire bw’igihugu cyacu. Inzego za leta zishinzwe umutekano, zikwiye kuba maso no kumenya inzira umwanzi akoresha, kuko ibi biteye inkeke, kubera ko abanzi bacu bashaka gukoresha ya nzira bakoresheje mu 1996.”

Ubutumwa bwa Sosiyete sivile bunasaba abaturage kujya baha mbere yigihe amakuru inzego zishinzwe umutekano mu rwego rwo kugira ngo bifashye igisirikare cy’igihugu na Wazalendo ku menya uko kibyitwaramo.

Kimweho ubu butumwa bunavuga kandi ko Sosiyete sivile yamenye amakuru ko hari amakuru akunze gutangwa na Wazalendo yo guhabura abaturage; muri ayo makuru ngo hari avuga ko M23 yaba yarageze muri Fizi na Uvira. Sosiyete sivile ikaba ikangurira abantu ko bagomba kuza bashishoza kubyo baba bagiye kuvuga.

Ati: “Nti twirengangiza ko hari ibinyoma bitangwa na Wazalendo, bivuga ko M23 yaba yarageze muri Fizi na Uvira, ibyo sibyo, abantu birinde! kandi habe gushishoza kubyo tubwira bagenzi bacu.”

Ikindi n’uko Sosiyete sivile ivuga ko igihe kigeze ngo abaturage barushyeho gushigikira igisirikare cy’igihugu cyabo, kugira ngo kigire imbaraga zo guhangana n’umwanzi w’iki gihugu.

Ibi ntacyo ubuyobozi bw’uyu mutwe wa M23 urabivugaho, usibye ko uyu mutwe wa M23 umaze kugira ibice byo muri teritware ya Kalehe wambuye ingabo zi rwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Ibyo bice ibyinshi biherereye mu misozi yo muri yi teritware ya Kalehe, harimo kandi ko unagenzura ibice biri mu nkengero za centre ya Minova, ahanini bihana imbibi na teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

            MCN.
Tags: FiziKaleheKivu yamajy'EpfoM23Mu maremboSosiyete sivileUvira
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Umushumba mukuru w’idini rya Katolika ku Isi, Papa Francis yagaragaje ko ababajwe n’u mutekano muke uri muri RDC.

Umushumba mukuru w'idini rya Katolika ku Isi, Papa Francis yagaragaje ko ababajwe n'u mutekano muke uri muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?