Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Ubusobanuro bw’imbitse ku mpongano y’ibyaha by’abavuka kuri Adamu waremwe n’Imana.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 17, 2024
in Religion
0
Ubusobanuro bw’imbitse ku mpongano y’ibyaha by’abavuka kuri Adamu waremwe n’Imana.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubusobanuro bw’imbitse ku mpongano y’ibyaha by’abavuka kuri Adamu waremwe n’Imana.

You might also like

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Impongano y’ibyaha bivuga ko Yesu yapfuye mu cyimbo cyacu, twebwe abanyabyaha . Ibyanditswe byera bisobanura ko abantu bose ari abanyabyaha, Abaroma 3:9-18,23.

Binavuga ko igihano gikwiye abantu, nk’abanyabyaha ni urupfu. Usomye Abaroma 6:23 havuga ko “kuko ibihembo by’ibyaha ari urupfu, ariko impano y’Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu kristo umwana w’Imana.”

Iki cyanditswe kinigisha ko iyo hataza kuba Kristo twese twari kurimbuka iteka ryose, kubera ibyaha byacu. Kandi ibi byanditswe byo muri Bibiliya bikatubwira ko urupfu ari ugutandukana. Buri muntu wese azapfa, ariko bamwe bajanwe mu ijuru kubana n’Imana ubuziraherezo, abandi bajugunywe mu muriro utazima iteka ryose.

Urupfu hano rero bivuga kujya mu muriro. Ariko nanone, ikindi tubona muri kiriya cyanditswe nuko ubuzima bw’iteka ryose bubonekera muri Yesu kristo. Ibi ni ibyo bita impongano, kujya mu cyimbo cyacu.

Yesu kristo yapfuye ku bwacu ubwo yabambwaga ku musaraba. Nitwe twari dukwiye kujya kuri uriya musaraba, tukicwa kubera ko aritwe banyabyaha. Ariko Yesu yishyizeho igihano cyacu, yagiye mu cyimbo cyacu, ahabwa ibyo twari dukwiriye.

Kuko utigeze kumenya icyaha Imana yamuhinduye icyaha ku bwacu, kugira ngo muri we duhinduke gukiranuka kw’Imana, tubisoma mu rwandiko rw’Abakorinto ba Kabiri, 5:21.

Ubwe yikoreye ibyaha byacu mu mubiri we abibambwanwa ku giti, kugira ngo dupfe ku byaha duhere ko tubeho ku gukiranuka. Imibyimba ye ni yo yabakijije, 1Petero 2:24. Aha nanone hatubwira ko kristo yababarijwe ibyaha by’Abantu rimwe, umukiranutsi ababarizwa abakiranirwa kugira ngo atuyobore ku Mana amaze kwicwa mu buryo bw’umubiri, ariko ahindurwa muzima mu buryo bw’u mwuka, 1Petero 3:18.

Ibi byanditswe ntabwo bivuga gusa ko Yesu yapfuye mu cyimbo cyacu, ahubwo bishimangira ko yatubereye impongano, bikaba bishaka kuvuga ko yarishye igiciro cyo kubabarira ibyaha by’Abantu.

Ikindi cyanditswe kivuga ko iyo ngingo ni 6
Yesaya 53:5. Aha hari ubuhanuzi bwavugaga Yesu kristo wari kuzaza agapfira ku musaraba ku bwibyaha byacu. Ubu buhanuzi bunasobanura ko kubambwa kwa Kristo kwabaye nk’uko aha byari byarahanuwe gukiranirwa kwacu, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha . Aha turabona ko Yesu yagiye mu cyimbo cyacu. Yatubereye impongano, yahawe igihano cyacu!

Ku bwacu twashoboraga guhabwa igihano cy’ibyaha byacu tujyanwa mu muriro utazima tukahamara ubuziraherezo. Ariko Yesu kristo, umwami wacu, yaje ku Isi ahabwa igihano kidukwiriye . Kuko ibyo yabidukoreye, ubu dushobora kubabarirwa ibyaha byacu, kandi tukazabana nawe ubuzira herezo. Ibi bikorwa iyo twizeye ibyo Yesu yakoze ku musaraba. Ntitwashobora kwicungura; dukeneye umucunguzi utugira mu cyimbo. Urupfu rwa Kristo niyo mpongano y’ibyaha byacu.

           MCN.
Tags: AbantuIbyahaImponganoYesu kristoYishizeho
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa? Kuri ubu benshi bibaza kuri iki kibazo, aho kuri ubu aho kugira ngo insengero zibe...

Read moreDetails

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe. Umwe mu bahanuzi baherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko ingabo za Congo n'iz'u Burundi zizakubitwa nabi...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Kofi akoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba. Kofi uwo bamwe bakunze kwita Joshua, umucuranzi uri mubakunzwe cyane muri iki gihe mu matorero y'Abanyamulenge yo muri Uganda no ku...

Read moreDetails

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
0
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo. Umwe mu bahanuzi bakomeye ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, yabwiye Abanye-Ndondo ubuhanuzi budasanzwe bubateye ubwoba. Mu cyumweru gishize ni...

Read moreDetails

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

by Bruce Bahanda
May 25, 2025
0
Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika. Umushumba w'itorero rya All National Assembly of God, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ko igiterane cya Pentecost icyo...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo za MONUSCO  ziri mu Burasirazuba bwa RDC  zamishijweho urufaya rwa masasu, uti byagenze gute?

Ingabo za MONUSCO ziri mu Burasirazuba bwa RDC zamishijweho urufaya rwa masasu, uti byagenze gute?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?