Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yagiye inama abaturage umukandida bakwiye gutora, anabitangamo ubusobanuro bw’imbitse.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 27, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yagiye inama abaturage umukandida bakwiye gutora, anabitangamo ubusobanuro bw’imbitse.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yagiye inama abaturage umukandida bakwiye gutora.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Hari mu kiganiro perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagiranye n’abaturage bo mu karere ka Huye, aho yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’i Gihugu.

Uyumunsi ni ugira Gatanu perezida w’u Rwanda nabo bahanganye bari mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Abitabye Paul Kagame bari ku mubare w’abantu ibihumbi 300 baturutse mu turere turimo aka ka Huye n’utwo bihana imbibi, nka Gisagara, Nyanza na Nyarugugu.

Mu ijambo rye ryari ritegarezanyijwe amatsiko n’aba baturage batigeze bagoheka, kuko baraye ijoro berekeza aho bamwakirira, perezida Kagame yagaragarije abaturage ko ibikorwa nk’ibi byo kwiyamamaza, ari n’umwanya mwiza wo guhuza Abanyarwanda, bakongera bakanungurana ibitekerezo ku cyabateza imbere, nubwo ari igitegura amatora.

Perezida Paul Kagame yongeye gushimira imitwe ya politiki yakomeje gufatanya n’umuryango FPR -Inkotanyi, yifatanyije na wo muri uru rugendo rutoroshye rwo guteza imbere igihugu.

Yagarutse kuri amwe mu mateka y’urugendo rwo kwiteza imbere, arimo ishuri rya Kaminuza y’u Rwanda, yagezemo mu 1978 ubwo yari mu Rwanda, yarujemo avuye mu buhungiro, avuga ko yasanze u Rwanda rwarimakajwemo amacakubiri n’ivangura.

Yavuze ko icyo gihe uwo yari yasuye, yamujyanye kureba umupira w’amaguru wari wahuje ikipe ya Mukura na Panthere Noire, ariko abamubonaga, bakavuga ko atari umunyarwanda.

Icyo gihe Pantere Noire yaratsinzwe, ku buryo uwo bari banjyanye muri uyu mukino, yamusabye ko bataha utaratangira kuko yamubwiraga ko bashobora kumererwa nabi kuko ubwo iyo kipe yari ishyigikiwe n’ubutegetsi bw’icyo gihe, byatumaga habaho urugomo.

Ati: “Urumva rero twabanye kera, tutaranamenyana, usibye ko n’ubundi twari bamwe, twari dukwiriye kuba twaramenyanye, ariko bamwe muri twe ntitwabaga hano kubera impamvu muzi, ariko ntabwo bizongera, ku wo ari we wese. Icyo kibazo cyakemuwe burundu.”

Akomeza avuga ko intego ya FPR -Inkotanyi yo kurandura aka karengane, yagezweho kandi ko uyu muryango uzakomeza gukomera kuri iyi ntego.

Ati: “Gutora FPR rero n’umukandida wayo, ni cyo bivuze, ni ukuvuga ngo ayo mateka mabi ntazasubira, ntagasubire.”

Yakomeje avuga ati: “Naho ku mukandida muzahitamo.” Abaturage bose mu ijwi ryo hejuru, bati “niwewe.”

Nawe ati “Ndabyemeye . Igituma mbyemera ni uko ibyo muzantorera, ni namwe muzabikora . Ubwo rero akazi kanjye karoroshye, ni ukubajya imbere tugafatanya tukagenda urugendo rumwe rwiyubaka, rwubaka igihugu cyacu, mbese amajyambere ni ya yandi azahora aza uko umwaka uhise.”

Yavuze kandi ko uko baje kumwakira ari benshi, ubwabyo bifite icyo bisobanuye, ahubwo ko igisigaye ari itariki. Ati “Uribwira ngo uko gutora ko ntikwarangiye ahubwo.”

Perezida Paul Kagame yaboneyeho kubwira urubyiruko rw’u Rwanda ko rutanga icyizere gisesuye ko ibiriho by’ubakwa bifite umusingi uzatuma biramba.

Abaturage na bo mu mujyi yungikanya, bakomeje kumugaragariza ko ku itariki y’amatora, inkoko ari yo ngoma bazazinduka iya rubika, ubundi amajwi yabo bakayamuhundagazaho.

                MCN.
Tags: Perezida Paul KagameUkwiye gutorwaUmukandida
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Perezida William Ruto wa Kenya yagize ibindi bishya atangaza ku myigaragabyo iri gukorwa n’abaturage bo muri iki gihugu.

Perezida William Ruto wa Kenya yagize ibindi bishya atangaza ku myigaragabyo iri gukorwa n'abaturage bo muri iki gihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?