Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yishongoye ku mutwe wa M23, avuga ko ingabo ze za wukubise.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 4, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yishongoye ku mutwe wa M23, avuga ko ingabo ze za wukubise.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yishongoye ku mutwe wa M23, avuga ko ingabo ze za wukubise.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Ni mu birori iki gihugu cy’u Burundi giheruka kugira byo kwishimira umunsi w’u bwigenge ku nshuro ya 62, byari byabereye kuri stade Ingoma mu Ntara ya Gitega.

Muri ibi birori perezida Evariste Ndayishimiye yavuze ko ingabo z’igihugu cye zakubise zitababarira abarwanyi ba M23 mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo. Ndetse yongeraho ko Ingabo ze ko zihagaze neza mu Burasirazuba bwa RDC kandi ko iki gihugu zirwaniramo kiri gutera imbere kubera Ingabo ze.

Imbere y’abaturage, Ndayishimiye yavuze ko bagiye kuzimya inzu y’umuturanyi kugira ngo umuriro utazabageraho ndetse yongeraho ko ibyo bakoreye umwanzi (M23) byatumye bifuza kubihoraho.

Yagize ati: “Iyo inzu y’umuturanyi wawe iri gushya, ugomba kwihutira kumufasha kuzimya umuriro, kubera ko iyi nkongi y’umuriro ishobora kwegera urugo rwa we,” bityo bikaba bifite inshingiro ko ingabo z’Abarundi ziri kumwe na FARDC n’izindi ngabo zirwanya M23.

Yakomeje agira ati: “RDC yagabweho igitero, kandi u Burundi bwohereje ingabo kugira ngo zibafashe, mu rwego rwo kugira ngo ibyo RDC irimo bitagera no mu gihugu cyacu.”

Nk’uko byatangajwe n’umukuru w’igihugu, ingabo z’Abarundi zakoze akazi keza, ku buryo umwanzi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangiye gutera ubwoba u Burundi.

Ati: “Ingabo z’u Burundi zarakoze zirashimwa , kugeza aho navuga ko umwanzi w’i gihugu cya RDC yanatangiye guhiga gutera u Burundi. Muhora mubyumva, ariko turabizi ko dufite ingabo zihagaze neza.”

Perezida w’u Burundi, yanasabye abaturage b’u Burundi, cyane cyane urubyiruko, kuba maso kandi ntibacike intege, kuko igihugu kiri gutera imbere.

Yabasabye kandi kwirinda ko umwanzi yabaca mu rihumye akoreka igihugu.

Nubwo perezida w’u Burundi yishongoye ku mutwe wa M23, ariko abasesenguzi bavuga ko nta gace kazwi ingabo ze, zigeze zikirukanamo M23, byibuze yewe ntanaho biratangazwa ko hari agace kangana na centimetre imwe zari zabirukanamo cyangwa ngo zigafate.

Ingabo z’u Burundi zatangiye ku rwana ku ruhande rw’ingabo za leta ya Kinshasa ahagana mu kwezi kwa Cyenda umwaka ushize, kuva icyo gihe kugeze ubu izo ngabo zihora zineshwa kandi M23 ikagira n’ibikoresho byinshi by’agisirikare ibambura kandi ikabohoza n’ubuce izo ngabo zigenzura, twavuga nka Kimoka yarimo ibirindiro bikomeye by’Igisirikare cy’u Burundi, Mushaki, Karuba n’ahandi henshi.

                 MCN.
Tags: M23NdayishimiyeYishongoye kuri uyu mutwe
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare ba FARDC 25 bakatiwe urwo gupfa bazira guhunga M23 mu ntambara iri kubera muri teritware ya Lubero.

Abasirikare ba FARDC 25 bakatiwe urwo gupfa bazira guhunga M23 mu ntambara iri kubera muri teritware ya Lubero.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?