• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Rurageretse hagati ya Gen Hamuri Yakutumba na leta ya Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
July 27, 2024
in Regional Politics
0
Rurageretse hagati ya Gen Hamuri Yakutumba na leta ya Kinshasa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Rurageretse hagati ya Gen Hamuri Yakutumba na leta ya Kinshasa.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Mu Cyumweru gishize nibwo hacyicibikanye amakuru avuga ko Gen Hamuri Yakutumba ari kwiyamamariza kuyobora Wazalendo muri Kivu y’Amajy’epfo, nyuma Ingabo za RDC zimwikoma imbere ahagarika icyo gikorwa, ahita anerekeza iy’i shyamba.

Amakuru avuga ko Gen Hamuri Yakutumba kwiyamamaza kuyobora Wazalendo yarimo abikora avuga ko ari ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bwa bimuhanguriye kandi ko bwa musabye kubanza kwiyamamaza nyuma akabona guhabwa inshingano zo kuyobora Wazalendo.

Ntibyatinze kuko Hamuri Yakutumba yiyamaje mu mujyi wa Baraka, Mboko no mutundi duce two muri Fizi. Binavugwa kandi ko aha muri utu duce yiyamarijemo, ya kirwaga nk’umwami, ariko i Kinshasa ku murwa mukuru w’i Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, haje kuva amakuru avuga ko ibyo Hamuri Yakutumba avuga ngo ni ubutegetsi bwa Kinshasa bwa muhisemo kwiyamamaza kuyobora Wazalendo ataribyo ko ahubwo ibyo arimo avuga ari ibyo yihimbiye wenyine.

Ibi rero byaje gutuma ingabo za FARDC zikorera mu bice byo muri teritware ya Fizi zimusubiza inyuma kandi zimutegeka kwivana mu bikorwa byo kwiyamamaza kuyobora Wazalendo. Yakutumba ahitamo guhunga, ahita anerekeza iya Kabanju ahahoze mu birindiro by’inyeshamba zirwanya ubutegetsi bw’u Burundi za Red Tabara. Izi nyeshamba zabaye muri ibi birindiro mbere zitarasubiranamo na Maï Maï Bishambuke n’iyi Maï Maï iyobowe na Gen Hamuri Yakutumba. Iyi ntambara yo gusubiranamo kw’iyi mitwe yahoze isangira akabisi n’agahiye yabaye mu mpera z’u kwezi kwa Gatanu uyu mwaka.

Ndetse kandi nyuma y’uko Maï Maï Bishambuke na Maï Maï iyobowe na Gen Hamuri Yakutumba, basubiranyemo n’umutwe wa Red Tabara uwahoze ubafasha ku rwanya Abanyamulenge, haje kuvuka indi mirwano ikomeye hagati ya Bishambuke na Maï Maï ya Yakutumba, kugeza ubu hagati y’iyi mitwe ibiri hakomeza gututumba umwuka mubi wo gusubiranamo.

Amakuru ava mu barwanyi ba Gen Hamuri Yakutumba avuga ko isaha iyari yo yose, aba barwanyi bashobora gushora intambara ku ngabo za FARDC ziri mu bice byo muri teritware ya Fizi na Uvira, kandi ko iyi ntambara izaba ari murwego rwo kurwanya ubutegetsi bwa Kinshasa.

Gen Hamuri Yakutumba ni muntu ki?

Uyu avuka muri teritware ya Fizi, akaba ari uwo mu bwoko bw’Ababembe. Yavutse ahagana mu mwaka w’ 1970, ni umugabo ufite imyaka 54 y’amavuko.

Yatangiye kuvugwa cyane mu mirwano yo kurwanya abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge ahagana mu mwaka w’ 1996.

Ahanini mu kurwanya Abanyamulenge, arabica, akabasenyera ndetse akanyaga n’Inka zabo.

Yakutumba kandi rimwe na rimwe yagiye yumvikana mu ntambara zo kurwanya Ingabo za leta ya Kinshasa, ibyo yabikoze mu gihe cya Joseph Kabila.

Yakutumba ayoboye umutwe wa Maï Maï uzwi kw’izina rya CNPSC.

             MCN.
Tags: Leta ya KinshasaRurageretseYakutumba
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Abagerageje gukora imyigaragambyo muri Uganda babigiriyemo ubu babare bukaze.

Abagerageje gukora imyigaragambyo muri Uganda babigiriyemo ubu babare bukaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?