Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Sobanukirwa imibare 666, iyo benshi bafata nk’i kimenyetso cya satani(rusofero).

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 3, 2024
in Religion
0
Sobanukirwa imibare 666, iyo benshi bafata nk’i kimenyetso cya satani(rusofero).
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Sobanukirwa imibare 666, iyo benshi bafata nk’i kimenyetso cya satani(rusofero).

You might also like

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Inkomoko y’imibare 666 ifatwa nk’i kimenyetso cya satani uwari we wese waba warigeze gusoma Bibiliya, ndahamya ko yaba yarumvise ibiri mu gitabo cy’i Byahishuwe igice cya 13, ahavugwa iby’inyamanswa muntu ifite umubare 666. Ni inyamanswa itera ubwoba abayumva n’abayisoma, birushaho ku gutera ubwoba iyo hagize umuntu uyisanisha nawe cyane cyane nk’uwo byenda wari usanzwe uzi.

Mu gitabo cy’i Byahishuwe 13:16-18 hagira hati: “Itera bose aborohoje n’abakomeye, n’abatunzi n’abakene, n’abumudendezo n’abimbata, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy’iburyo cyangwa mu ruhanga, kugira ngo hatagira umuntu wemererwa kugura cyangwa gutunda, keretse afite icyo kimenyetso cyangwa izina rya ya nyamanswa, cyangwa umubare w’izina ryayo. Aha ni ho ubwenge buri: “Ufite ubwenge abare umubare w’iyo nyamanswa kuko ari umubare w’umuntu, kandi umubare we ni magana atandatu na mirongo itandatu n’itandatu.”

Rero, umubare 666 uvugwa muri Bibiliya wagiye uvugwaho byinshi n’abashumba munsengero zitandukanye kuri za televiziyo, kuri internet, mu mafilime, mu bitabo ndetse no mubitangaza makuru.

Bamwe bavuga ko 666 ari ikimenyetso kiranga ‘antikristo,’ urwanya Kristo uvugwa muri Bibiliya. Abandi bavuga ko ari nk’ikimenyetso bashyira ku muntu hakoreshejwe ingufu, gishobora kuba ari nk’icyo bamushushanyijeho cyangwa ari nk’akuma bashyira mu mubiri karimo imibare ishobora gutuma batahura ko uwo muntu ari umugaragu w’iyo nyamanswa.

Muri izi mpaka zivugwa n’abantu hirya no hino n’abavuga ko uyu mubare wa 666 ari ikimenyetso cya ba Papa b’abagatolika, gihishye mu magambo aba yanditse kuri ya ngofero zabo agira ati: “Vicarius Filii Dei(Uhagarariye umwana w’Imana).

Abasobanura ibi bavuga ko inkomoko y’uyu mubare ihera mu mwaka w’ 64, ubwo Abakristo ba mbere batangiye gukorerwa itotezwa n’umwami w’Abami César Neron utaremeraga inyigisho nshya za Kristo zari zitangiye gutangwa n’abamuyobotse . Yavuze ko uku kuyobaka Yesu bitanejeje umwami w’Abami César Neron, maze atangira kubatoteza no kubahiga kubera ko bari badukanye inyigisho nshya zitamenyerewe.

Kandi kubahiga babahigaga ko bazanye ubundi buryo budasanzwe bwo gusenga ibintu batamenyereye, noneho kandi bigakurura abantu, bikarangaza abantu, bigatuma gahunda y’igihugu idakorwa . “ikindi cyatumye Néron atangira guhiga aba bakristo, ni amakuru yumvaga ko aba bantu basenga mu buryo budasanzwe banarya abantu bakanywa n’amaraso.”

Ababwiraga Néron aya makuru y’uko aba bakristo barya abantu bakanywa n’amaraso babaga bashingiye kuri ya nyigisho ya Yesu yavuze ati: “Ni mwakire murye uyu ni umubiri wanjye, ni mwakire munywe aya ni amaraso yanjye ibi mujye mubikora munyibuka.”

Aha rero niho abarokotse ubwo bugizi bwa nabi bwa Néron babwiranye bahitamo kuja bakoresha izina ry’ibanga bazaja bakoresha igihe bashaka kuvuga umwami w’Abami César Neron.

Mu mugambo yabo bakorehaga isiri igihe bovuze umwami w’Abami César Neron, bakavuga bati : “666 atumereye nabi.”

Umubare 666 waturutse mbere na mbere ku mubare 7 usanzwe uvuga ibintu byuzuye cyangwa se ibintu bitunganye ari nawo werekana ko Imana yuzuye . Abakristo bo bakoreshaga 6 nk’ikintu cyo kwerekana ko ari 7 gukuramo rimwe, bakavuga ngo ni ikintu gifite imbaraga, gikomeye ariko kitagera ku Mana.

Umubare Gatandatu kandi washobora kwifashishwa mu kugaragaza ibidatunganye, umubare n’ibindi bitari byiza. Ikindi kandi abakristo bitirira Néron umubare 666 ni uko igiteranyo cy’inyuguti zigize izina rye gihura neza na 666.

Mu kwandika izina Caesar bandikaga QSR, Q ikaba ifite agaciro kangana na 100, S ikangana na 60, naho R ikangana na 200, kubiteranya byose bikaba bingana na 360. Izina rindi rya Néron mu giheburayo bandikaga NRWN, kuko W ivuga ‘Omega’ mu giheburayo, kuba N ifite agaciro ka 50 byatumaga iri zina ryose ringana na 306. Ufata 360 bingana n’izina rya mbere QSR ukongeraho 306 by’izina rya kabiri, bingana na 666.

Ibyo nibyo byifashishijwe nk’isiri ku bakristo ba mbere bavuye mu idini ya kiyahudi, bashaka kuvuga Caesar wabatotezaga.

Byaje gukomeza ariko amadini yaje kuza nyuma bakoreshaga uriya mubare bashaka gutuka Ekeleziya gatolika, ahanini babaga bagendeye kubyanditse ku ngofero ya Papa kuko n’umwami w’Abami yambaraga ingofero ija kumera neza nk’iriya ya Papa.

Igitabo cy’i Byahishuwe cyanditswe na Yohani, kandi sicyo cyonyine yanditse kuko yanditse n’inzandiko zitatu ndetse n’igitabo cy’u Butumwa bwiza bwa Yohana.

          MCN.
Tags: AntikristoSonanukirwaUmubare 666
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa? Kuri ubu benshi bibaza kuri iki kibazo, aho kuri ubu aho kugira ngo insengero zibe...

Read moreDetails

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe. Umwe mu bahanuzi baherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko ingabo za Congo n'iz'u Burundi zizakubitwa nabi...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Kofi akoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba. Kofi uwo bamwe bakunze kwita Joshua, umucuranzi uri mubakunzwe cyane muri iki gihe mu matorero y'Abanyamulenge yo muri Uganda no ku...

Read moreDetails

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
0
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo. Umwe mu bahanuzi bakomeye ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, yabwiye Abanye-Ndondo ubuhanuzi budasanzwe bubateye ubwoba. Mu cyumweru gishize ni...

Read moreDetails

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

by Bruce Bahanda
May 25, 2025
0
Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika. Umushumba w'itorero rya All National Assembly of God, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ko igiterane cya Pentecost icyo...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Ahari haragenewe kuba irimbi niho abayobozi basigaye bajya kubaka, menya impamvu yabyo.

RDC: Ahari haragenewe kuba irimbi niho abayobozi basigaye bajya kubaka, menya impamvu yabyo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?