• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuryango wa SADC wongeye kugira ibindi wemeranyaho birimo n’intambara ibera muri RDC.

minebwenews by minebwenews
August 18, 2024
in Regional Politics
0
Umuryango wa SADC wongeye kugira ibindi wemeranyaho birimo n’intambara ibera muri RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuryango wa SADC wongeye kugira ibindi wemeranyaho birimo n’intambara ibera muri RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni mu nama igira iya 44 y’uyu muryango w’iterambere ry’ibihugu byo muri Afrika y’Amajyepfo, yeteranye ku munsi w’ejo tariki ya 17/08/2024, iteranira i Harare mu gihugu cya Zimbabwe, muri iyi nama yigiwemo ko uyu muryango ugomba gukomeza gushigikira RDC mu mirwano ihanganyemo n’umutwe wa M23.

Umuryango wa SADC usanzwe warohereje ingabo zayo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho zageze muri ibyo bice ahagana mu mpera z’u mwaka ushize.

Izi ngabo zirimo iza vuye mu gihugu cya Afrika y’Epfo, Malawi na Tanzania. Muri iki gihugu cya RDC, ziriyo mu rwego rw’ubutumwa bwo gufasha igisirikare cyayo ku rwanya umutwe wa M23.

Gusa nk’uko byagiye bitangazwa n’ibitangaza makuru byinshi, nuko izi ngabo nta kintu zigeze zihindura mu butumwa zirimo mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC, kuko M23 igikomeje gufata ibindi bice, aho no muri iki cyumweru turimo yambuye ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa ribarizwamo na SADC ibice byinshi byo muri Grupema ya Binza.

Mu itangazo uyu muryango wa SADC washize hanze, nyuma y’uko barangije iyi nama igira iya 44, rivuga ko uyu muryango uzakomeza gushyigikira leta ya Kinshasa mu ntambara irimo, kandi ko iza yishyigikira mu buryo bwa gisirikare, muri dipolomasi ndetse no muri politiki.

Sibyo byonyine byavugiwe muri iyi nama kuko na perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa ari nawe wakiriye iyi nama yashimiye uyu muryango wa mubaye hafi mu gihe amahanga yotsaga igitutu uyu muryango wa SADC kugira ngo uhe akato iki gihugu cye.

Mnangagwa yavuze ko mu myaka irenga 20 ishize, ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi byafatiye iki gihugu ibihano by’u bukungu, binashyiraho igitutu ku bihugu bigize umuryango wa SADC ngo bitererane igihugu cye ariko bikomera ku masezerano y’umuryango.

Yagize ati: “Nejejwe no kubashimira by’umwihariko mwese ku myaka myinshi y’ubufatanye, inkunga n’umubano ntamakemwa mwagiranye n’igihugu cya Zambabwe. Ibi byaturutse ku bihano bidafite ishingiro byafatiwe igihugu cyacu cya Zimbabwe.”

Yakomeje agira ati: “Tuzi neza ko hari igitutu mu buryo butandakanye mwagiye mushyirwaho ngo mudutere umugongo ariko mwakomeje kuba indahemuka nko mu bihe by’intambara z’ubwigenge bwacu aho igikomere cy’ubumwe cyari nk’icya bose.”

SADC yashinzwe mu 1992, kuri ubu igizwe n’ibihugu 16.

Uyu muryango wagiye uba hafi ya Zimbabwe mu bihe bikomeye cyane cyane ubwo ubutegetsi bwa Robert Mugabe wahoze ayiyoboye, bwafatirwaga ibihano n’amahanga buzira kwambura ubutaka abazungu.

Muri iyi nama kandi habaye guhindura ubuyobozi bwa SADC, aho perezida Mnangagwa yasimbuye bwana João Lourenço wa Angola ku mwanya w’umuyobozi w’umuryango. Nyuma Mnangagwa yashimye kandi ahamya ko azaharanira gushyira mu bikorwa imishinga n’ubufatanye bw’ibihugu bigize SADC.

              MCN.
Tags: Mnangagwa EmmersonRdcSADC
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Igitero cy’ingabo za Israel mu Ntara ya Gaza, cyahitanye abantu benshi kandi bo mu muryango umwe.

Igitero cy'ingabo za Israel mu Ntara ya Gaza, cyahitanye abantu benshi kandi bo mu muryango umwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?