• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyihishe inyuma ya ESPN, yise perezida Paul Kagame w’u Rwanda umunyagitugu.

minebwenews by minebwenews
August 21, 2024
in Regional Politics
0
Icyihishe inyuma ya ESPN, yise perezida Paul Kagame w’u Rwanda umunyagitugu.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyihishe inyuma ya ESPN, yise perezida Paul Kagame w’u Rwanda umunyagitugu.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Mu minsi ishize u Rwanda rwagabweho ibitero by’amagambo binyuze mu itangazamakuru rya ESPN, ariko birangira u Rwanda rubipfubije.

Mu busanzwe ESPN ni icicyaro gikuru cy’ikinyamakuru gikomeye mu by’imikino, bivuze Entertainment and Sports Programming Network. Iki cyicyaro giherereye m’u Burasirazuba bushyira amajyepfo y’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu gace kitwa Connecticut.

Ahagana tariki ya 26/07/2024 nibwo itsinda ry’iki gitangaza makuru gikomeye ku isi ryari rimaze amezi icumi n’abiri rikora ikiganiro gicukumbuye cy’iminota 28:58, biza kurangira bagishize ku mugaragaro, aho cyari mu ijwi ry’umwe mu banyamakuru bacyo witwa Mark Fainaru-Wanda.

Ukurikiye neza iki kiganiro usanga kigabuyemo ibice bitandatu.

Mu gice cyaco cya mbere bashakaga guhangana n’amamiliyari y’amdolari u Rwanda ruhanganiyemo n’ibihugu bikomeye ku Isi, nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Bushinwa Canada n’ibindi. Hakiyongeraho abashoramari nka Grant Henry Hill, Joakim Simon Noa, Forest Steven Whitaker aho ushyiziho n’uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Hussein Obama, tudasize kandi ibigo bikomeye nka ESPN, Canal+ Afrique, Arryadia na Televisiyo Tunisienne byo n’ibindi byinshi ubu biri mu ntambara y’ubutita mu bukungu bushingiye ku kintu gikomeye.

Amagambo yari muri iki kiganiro, abagikoze bayise NBA Rwanda and Sportswashing. Ibi bikaba bisobanura ikintu kinini muri politiki kuburyo binacunzwe nabi byasenya byinshi.

Mu buryo bw’ubusobanuro bwa politiki, sportswashing bivuga gukoresha imikino mu nyungu za politiki. Mu 1993, kaminuza ya Manchester n’umwanditsi Lincoln Allison bakusanyije abashakashatsi hamwe, mu rwego rwo kugira ngo bagenzure ingeso abanyapolitiki bari bamaze igihe biharaje yo gukoresha imikino nk’igikoresho cyo kuyobya rubanda.

Abo bahanga baje gukora inyandiko bandika igitabo bacyita “The changing politics of sports (guhindura politiki ya siporo).”

Muri icyo gitabo bavuze ko abantu nka Adolph Hitler bahinduye imikino igikoresho cyo kuyobya rubanda, hagati mu 1936 ko kandi yakoresheje imbaraga zose atumira imikino ya Olympic iza kubera i Berlin mu Budage maze abanyaburayi bose bajyayo, ibyari imikino abihindura icengezamatwara n’iyamamaza myumvire y’ubunazi nu rwango ku bayahudi.

Rero, aba nabo bakoze iki kiganiro bashaka gusa n’abemeza ko u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo ngo baba bari kugirana imikoranire na NBA kugira ngo bahindure imitekerereze y’abatuye ku si yose.

Banakusanyirije hamwe abatangabuhamya nka ba Madam Ingabire Victoire na Elizabeth Shackleford kuburyo bamaze umwaka wose begeranya amakuru. Icyo bashakaga nuko u Rwanda rutagomba gukomeza gukorana na NBA rwamamaza Visit Rwanda ndetse banasaba ko ishoramari ryaryo mu mikono iri kubyara inyungu ya Basketball African League/BAL, ryahagarara.

Ababicungira hafi nabo bemeza ko ibi byose birimo politiki iri kurwego ruhanitse abantu batigeze bamenya, hakaba harimo inyungu z’amafaranga akayabo ndetse n’ibindi byahishwe amaso y’abakomeye benshi.

Cyobikoze perezida Paul Kagame yaje kubitangaho igisubizo kigufi, aho yagize ati: “Ibi byose ni imigambi itagize icyo igeraho. Byabaye igihe kirekire cyane. Kandi bizakomeza! Baragayitse peee.”

Ndetse kandi na Yolande Makolo, umuvugizi w’u Rwanda, iki kiganiro kikimara gusohoka yakivuzeho, agira ati: “Rero, aba banenga ntabwo bagerageza gusa kutubuza inyungu z’ubukungu duterwa n’imikino mpuzamahanga, ahubwo banagerageza kugoreka imbaraga zacu zo kugera ku bumwe bw’imibereho.”

              MCN.
Tags: ESPNIbyihishe inyumaNBA
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
I Masisi haramukiye imirwano ikaze hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za RDC.

I Masisi haramukiye imirwano ikaze hagati y'umutwe wa M23 n'ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?