Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hatanzwe ibisobanuro byagufasha ku menya ko ufite ibibazo byo mu mutwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 14, 2024
in Uncategorized
0
Hatanzwe ibisobanuro byagufasha ku menya ko ufite ibibazo byo mu mutwe.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanzwe ibisobanuro byagufasha ku menya ko ufite ibibazo byo mu mutwe.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Ni mu kiganiro Dr Iyamuremye J. Damascène wo muri RBC(ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuvuzi mu Rwanda) yagiranye n’igitangaza makuru cya Umuseke, aho yagaragaje ko abantu bakwiye kwisuzumisha kenshi no kwisuzuma ibibazo byo mu mutwe mu rwego rwo kwirinda agahinda gakabije, gashobora gutuma umuntu yiyahura.

Hirya no hino ku isi humvikana abantu bagiye biyahura, ahanini babitewe n’agahinda gakabije katewe n’ibibazo byo mu mutwe.

Muri iki kiganiro, Dr Iyamuremye, yavuze ko uburwayi bwo mu mutwe butangira nk’ibindi bibazo bityo umuntu aba akwiye kwita ku buzima bwo mu mutwe yisuzumisha kenshi.

Yagize ati: “Uburwayi bwo mu mutwe butangira nk’ibindi bibazo by’umubiri. Iyo rero icyo kibazo kimaze igihe kirekire, ubukana bwacyo bukageraho burenga ibikenewe, biviramo uburwayi bwo mutwe.”

Yakomeje agira ati: “Buri munsi buri muntu ahura n’ikibazo cyo mu mutwe, iyo gitinze cyangwa se hakiyongeraho ikindi, niho usanga umuntu yarwaye ibibazo byo mu mutwe kubera ko ntabwo wisuzumishije. Rero yaba ari wowe wisumye, cyangwa se ushobora kujya kwa muganga bakagusuzuma, nk’uko buri kwezi njya kwa muganga bakampima, bagapima niba ntafite umuvuduko w’amaraso, isukari ikabije ishobora kuntera diabete, gutyo gutyo noneho nkafata icyemezo.”

Yavuze uko bigenda kugira ngo umuntu afate icyemezo cyo kwiyahura.

Dr Inyamuremye, yavuze ko umuntu wagize ibibazo byo mu mutwe kugira ngo afate icyemezo cyo kwiyahura ari uko aba yabigambiriye kubera ibibazo byamubanye byinshi.

Ati: “Kwisuzumisha bigomba guhoraho. Nta muntu ufata icyemezo cyo kwiyahura adafite ikibazo cy’ibitekerezo. Akenshi abantu benshi biyahura batari bazi ko bafite ibibazo byo mu mutwe cyane cyane agahinda gakabije gatuma abantu batekereza kwiyahura, bakaba bashobora no kubigeraho.”

Kwiyahura ni umugambi umuntu afata agashyiramo n’ibintu bikomeye. Agira ibitekerezo byo kwiyahura, noneho akagira n’imyitwarire yo kwiyahura akagera igihe cyo gupanga kwiyahura, yabona umugambi ugeze, agashaka n’ibikoresho byo kwiyahura.”

Yanavuze kandi uburyo umuntu yamenya ko afite ibibazo byo mu mutwe.

Dr Inyamuremye, yasobanuye ko kugira ngo umuntu amenye ko afite Ubuzima bwiza, aba agomba kwibaza ibibazo bitandukanye.

Ati: “Muri kano kanya numva nshobora gukora? Umuntu akiyumva buri gitondo na ni mugoroba. Ikindi kibazo wibaza uti ese ubu nshobora gukunda? Ikindi kibazo uribaza uti nshobora gukina? Iyo kimwe muri ibyo bibazo iyo kimwe uvuze ngo hoya? Uba udafite ubuzima bwiza. Yaba ari ubuzima bw’umubiri cyangwa ubwo mu mutwe.”

Kuki tuvuga gukunda? Ni uko gukunda ari yo marangamutima amererwa neza. Kuki tuvuga gukina? Ni uko gukina ari cyo gikorwa gihagarariye ibindi gituma abantu basabana n’abandi kandi ni kimwe mu bitunga umubiri bigatunga n’ubuzima bwo mu mutwe. Noneho gukora iyo wumva ushobora gukora, biba bigaragaza ko umubiri wawe ukora neza, aho rero biba binagaragaza kandi ko no mu mutwe biba bimeze neza.

                MCN
Tags: Agahinda gakabijeByo mu mutweibibazo
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
Kabila ugize igihe atigisa ubutegetsi bwa Kinshasa yakiriwe muri kimwe mu bihugu bikomeye.

Kabila ugize igihe atigisa ubutegetsi bwa Kinshasa yakiriwe muri kimwe mu bihugu bikomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?