• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 18, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hatanzwe ibisobanuro byagufasha ku menya ko ufite ibibazo byo mu mutwe.

minebwenews by minebwenews
September 14, 2024
in Uncategorized
0
Hatanzwe ibisobanuro byagufasha ku menya ko ufite ibibazo byo mu mutwe.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanzwe ibisobanuro byagufasha ku menya ko ufite ibibazo byo mu mutwe.

Ni mu kiganiro Dr Iyamuremye J. Damascène wo muri RBC(ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuvuzi mu Rwanda) yagiranye n’igitangaza makuru cya Umuseke, aho yagaragaje ko abantu bakwiye kwisuzumisha kenshi no kwisuzuma ibibazo byo mu mutwe mu rwego rwo kwirinda agahinda gakabije, gashobora gutuma umuntu yiyahura.

READ ALSO

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

Hirya no hino ku isi humvikana abantu bagiye biyahura, ahanini babitewe n’agahinda gakabije katewe n’ibibazo byo mu mutwe.

Muri iki kiganiro, Dr Iyamuremye, yavuze ko uburwayi bwo mu mutwe butangira nk’ibindi bibazo bityo umuntu aba akwiye kwita ku buzima bwo mu mutwe yisuzumisha kenshi.

Yagize ati: “Uburwayi bwo mu mutwe butangira nk’ibindi bibazo by’umubiri. Iyo rero icyo kibazo kimaze igihe kirekire, ubukana bwacyo bukageraho burenga ibikenewe, biviramo uburwayi bwo mutwe.”

Yakomeje agira ati: “Buri munsi buri muntu ahura n’ikibazo cyo mu mutwe, iyo gitinze cyangwa se hakiyongeraho ikindi, niho usanga umuntu yarwaye ibibazo byo mu mutwe kubera ko ntabwo wisuzumishije. Rero yaba ari wowe wisumye, cyangwa se ushobora kujya kwa muganga bakagusuzuma, nk’uko buri kwezi njya kwa muganga bakampima, bagapima niba ntafite umuvuduko w’amaraso, isukari ikabije ishobora kuntera diabete, gutyo gutyo noneho nkafata icyemezo.”

Yavuze uko bigenda kugira ngo umuntu afate icyemezo cyo kwiyahura.

Dr Inyamuremye, yavuze ko umuntu wagize ibibazo byo mu mutwe kugira ngo afate icyemezo cyo kwiyahura ari uko aba yabigambiriye kubera ibibazo byamubanye byinshi.

Ati: “Kwisuzumisha bigomba guhoraho. Nta muntu ufata icyemezo cyo kwiyahura adafite ikibazo cy’ibitekerezo. Akenshi abantu benshi biyahura batari bazi ko bafite ibibazo byo mu mutwe cyane cyane agahinda gakabije gatuma abantu batekereza kwiyahura, bakaba bashobora no kubigeraho.”

Kwiyahura ni umugambi umuntu afata agashyiramo n’ibintu bikomeye. Agira ibitekerezo byo kwiyahura, noneho akagira n’imyitwarire yo kwiyahura akagera igihe cyo gupanga kwiyahura, yabona umugambi ugeze, agashaka n’ibikoresho byo kwiyahura.”

Yanavuze kandi uburyo umuntu yamenya ko afite ibibazo byo mu mutwe.

Dr Inyamuremye, yasobanuye ko kugira ngo umuntu amenye ko afite Ubuzima bwiza, aba agomba kwibaza ibibazo bitandukanye.

Ati: “Muri kano kanya numva nshobora gukora? Umuntu akiyumva buri gitondo na ni mugoroba. Ikindi kibazo wibaza uti ese ubu nshobora gukunda? Ikindi kibazo uribaza uti nshobora gukina? Iyo kimwe muri ibyo bibazo iyo kimwe uvuze ngo hoya? Uba udafite ubuzima bwiza. Yaba ari ubuzima bw’umubiri cyangwa ubwo mu mutwe.”

Kuki tuvuga gukunda? Ni uko gukunda ari yo marangamutima amererwa neza. Kuki tuvuga gukina? Ni uko gukina ari cyo gikorwa gihagarariye ibindi gituma abantu basabana n’abandi kandi ni kimwe mu bitunga umubiri bigatunga n’ubuzima bwo mu mutwe. Noneho gukora iyo wumva ushobora gukora, biba bigaragaza ko umubiri wawe ukora neza, aho rero biba binagaragaza kandi ko no mu mutwe biba bimeze neza.

                MCN
Tags: Agahinda gakabijeByo mu mutweibibazo

Related Posts

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo
Uncategorized

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo

August 14, 2026
RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho
Uncategorized

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

July 29, 2026
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara
Uncategorized

Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

July 25, 2026
Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego
Uncategorized

Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego

July 22, 2026
Tshisekedi Yatangaje Ikiganiro Cyagutse Kizahuza Abanyekongo Bose: Dore Ibyamaze Kwemezwa, Ibigiye Gukorwa n’Ibizagenderwaho
Uncategorized

Les raisons du report de la visite du Président Tshisekedi à New York ont été révélées

July 20, 2026
BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki
Uncategorized

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

June 9, 2026
Next Post
Kabila ugize igihe atigisa ubutegetsi bwa Kinshasa yakiriwe muri kimwe mu bihugu bikomeye.

Kabila ugize igihe atigisa ubutegetsi bwa Kinshasa yakiriwe muri kimwe mu bihugu bikomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • Martin Fayulu révèle ce qu’il a vécu lors de la manifestation de C64 et expose les demandes qu’il a adressées à la police
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?