Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 19, 2024
in Regional Politics
0
Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.

You might also like

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Abantu 20 nibo bahasize ubuzima abandi 450 barakomereka, nyuma abakora ubutabazi bwihuse bateraniye ahabereye icyo gikorwa mu mujyi wa Sidon, mu majyepfo ya Libani.

Minisiteri y’ubuzima yo muri Libani yemeje aya makuru, aho ivuga ko abantu 20 bapfuye abandi 450 bakomeretse, kandi ko harimo abakomeretse bikabije mu iturika ry’ibikoresho by’itumanaho.Ivuga ko ari ibikoresho by’umutwe wa Hezbollah byaturikiye mu nkengero zo mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Beirut, mu kibaya cya Bakaa no mu majyepfo ya Libani, ahazwi nk’indiri z’uwo mutwe.

Bivugwa ko bimwe mu byaturitse byabaye mu gihe barimo bashyingura abantu 12 abo minisiteri y’ubuzima ivuga ko bishwe ubwo ibikorwa by’itumanaho by’umutwe wa Hezbollah byaturikaga ku nshuro ya mbere ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, itariki ya 17/09/2024.

Nyuma uyu mutwe wa Hezbollah waje gushinja Israel kuba ari yo yabagabyeho icyo gitero, ariko kugeza ubu ntacyo Israel irabivugaho.Ibyo bibaye mu gihe Minisitiri w’ingabo wa Israel Yoav Gallant yari aheruka gutangaza icyiciro gishya mu ntambara.

Uyu Minisitiri w’ingabo wa Israel yavuze ko Israel irimo ‘gufungura icyiciro gishya mu ntambara’ ndetse ko ingabo zabo zirimo kwi mukira mu majyaruguru zibanjye kubanza ku himurira ibikoresho byagisirikare.”

Igisirikare cya Israel kikaba cyaremeje ko umutwe w’ingabo uheruka kurwanira muri Gaza woherejwe mu majyaruguru.Mu gihe Hezbollah yo ivuga ko ibyo iri gukora biri mu buryo bwo gufasha umutwe wa Hamas nayo ifashwa na Irani, umutwe ufashwe na Israel n’ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi nk’umutwe witerabwoba.

Ku wa gatatu, ibiro byitangaza makuru bya Hezbollah byatangaje urupfu rw’abarwanyi 13 bayo, barimo n’umuhungu w’imyaka 16, kuva icyiciro cya kabiri cy’ibuturika cyaba. Ibyo biro byanavuze ko uwo mutwe warashe ku ngabo za Israel ziherereye hafi y’umupaka no mu gace kigaruriwe na Israel kazwi nka Golan Heights, urasa za rokete mu birindiro by’iz’ingabo za Israel zikoresha imbunda za rutura.

Igisirikare cya Israel cyavuze ko ibisasu hafi 30 byambukiye muri Israel biva muri Libani ku wa gatatu, biteza inkongi y’umuriro ariko ntibyagira uwo bikomeretsa.Cyavuze kandi ko indege z’intambara za Israel zarashe ku barwanyi ba Hezbollah mu majyepfo ya Libani. Ibisigazwa by’icyombo cyo mu bwoko bwa ICOM, nyuma y’iturika mu nzu iri mu nkengero y’umujyi wa Baabek, mu kibaya cya Bakaa, mu majyaruguru ya Libani, ku itariki ya 18/09/2024. Ibyo bituruka byishe abantu byo ku wa gatatu ni ikindi gisebo kuri Hezbollah ndetse gishobora kuba ari ikimenyetso ko umuyoboro w’itumanaho wayo wose ushobora kuba warinjiriwe na Israel.

Ibi byanatumye abanya-Libani benshi bagwa mu kantu ndetse bagira n’uburakari, nyuma y’uko ibikoresho by’itumanaho bibarirwa mu bihumbi byaturikaga icyarimwe. Ibi bikoresho ngo byaturitse habanje kugaragara ubutumwa bwanditse kuri ibyo bikoresho bibwiraga ko buvuye ku mutwe wa Hezbollah.

              MCN.
Tags: Byishe abantuHezabollahIbiturikaLibani
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y'uko RDC iyitambitse imbere. Igihugu cy'u Rwanda cyikuye mu muryango wa CEEAC nyuma y'aho Repubulika ya demokarasi ya Congo ikibangamiye. Uyu mwanzuro u...

Read moreDetails

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails
Next Post

Economists See Few Monetary Policy Changes With Powell Leading Fed

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?