• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 24, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.

minebwenews by minebwenews
September 19, 2024
in Regional Politics
0
Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.

You might also like

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Abantu 20 nibo bahasize ubuzima abandi 450 barakomereka, nyuma abakora ubutabazi bwihuse bateraniye ahabereye icyo gikorwa mu mujyi wa Sidon, mu majyepfo ya Libani.

Minisiteri y’ubuzima yo muri Libani yemeje aya makuru, aho ivuga ko abantu 20 bapfuye abandi 450 bakomeretse, kandi ko harimo abakomeretse bikabije mu iturika ry’ibikoresho by’itumanaho.Ivuga ko ari ibikoresho by’umutwe wa Hezbollah byaturikiye mu nkengero zo mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Beirut, mu kibaya cya Bakaa no mu majyepfo ya Libani, ahazwi nk’indiri z’uwo mutwe.

Bivugwa ko bimwe mu byaturitse byabaye mu gihe barimo bashyingura abantu 12 abo minisiteri y’ubuzima ivuga ko bishwe ubwo ibikorwa by’itumanaho by’umutwe wa Hezbollah byaturikaga ku nshuro ya mbere ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, itariki ya 17/09/2024.

Nyuma uyu mutwe wa Hezbollah waje gushinja Israel kuba ari yo yabagabyeho icyo gitero, ariko kugeza ubu ntacyo Israel irabivugaho.Ibyo bibaye mu gihe Minisitiri w’ingabo wa Israel Yoav Gallant yari aheruka gutangaza icyiciro gishya mu ntambara.

Uyu Minisitiri w’ingabo wa Israel yavuze ko Israel irimo ‘gufungura icyiciro gishya mu ntambara’ ndetse ko ingabo zabo zirimo kwi mukira mu majyaruguru zibanjye kubanza ku himurira ibikoresho byagisirikare.”

Igisirikare cya Israel kikaba cyaremeje ko umutwe w’ingabo uheruka kurwanira muri Gaza woherejwe mu majyaruguru.Mu gihe Hezbollah yo ivuga ko ibyo iri gukora biri mu buryo bwo gufasha umutwe wa Hamas nayo ifashwa na Irani, umutwe ufashwe na Israel n’ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi nk’umutwe witerabwoba.

Ku wa gatatu, ibiro byitangaza makuru bya Hezbollah byatangaje urupfu rw’abarwanyi 13 bayo, barimo n’umuhungu w’imyaka 16, kuva icyiciro cya kabiri cy’ibuturika cyaba. Ibyo biro byanavuze ko uwo mutwe warashe ku ngabo za Israel ziherereye hafi y’umupaka no mu gace kigaruriwe na Israel kazwi nka Golan Heights, urasa za rokete mu birindiro by’iz’ingabo za Israel zikoresha imbunda za rutura.

Igisirikare cya Israel cyavuze ko ibisasu hafi 30 byambukiye muri Israel biva muri Libani ku wa gatatu, biteza inkongi y’umuriro ariko ntibyagira uwo bikomeretsa.Cyavuze kandi ko indege z’intambara za Israel zarashe ku barwanyi ba Hezbollah mu majyepfo ya Libani. Ibisigazwa by’icyombo cyo mu bwoko bwa ICOM, nyuma y’iturika mu nzu iri mu nkengero y’umujyi wa Baabek, mu kibaya cya Bakaa, mu majyaruguru ya Libani, ku itariki ya 18/09/2024. Ibyo bituruka byishe abantu byo ku wa gatatu ni ikindi gisebo kuri Hezbollah ndetse gishobora kuba ari ikimenyetso ko umuyoboro w’itumanaho wayo wose ushobora kuba warinjiriwe na Israel.

Ibi byanatumye abanya-Libani benshi bagwa mu kantu ndetse bagira n’uburakari, nyuma y’uko ibikoresho by’itumanaho bibarirwa mu bihumbi byaturikaga icyarimwe. Ibi bikoresho ngo byaturitse habanje kugaragara ubutumwa bwanditse kuri ibyo bikoresho bibwiraga ko buvuye ku mutwe wa Hezbollah.

              MCN.
Tags: Byishe abantuHezabollahIbiturikaLibani
Share33Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post

Economists See Few Monetary Policy Changes With Powell Leading Fed

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?