Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Boris Johnson yahishyuye ko iwe na perezida Museveni bigeze gupfa Vladimir Putin.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 4, 2024
in Regional Politics
0
Boris Johnson yahishyuye ko iwe na perezida Museveni bigeze gupfa Vladimir Putin.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Boris Johnson yahishyuye ko iwe na perezida Museveni bigeze gupfa Vladimir Putin.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Boris Johnson wigeze kuba minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, yamenye ibanga avuga uburyo yananiwe kumvikana na perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni, ku ngingo yo kwa magana u Burusiya ubwo bari mu nama ya commonwealth i Kigali mu Rwanda.

Boris Johnson na perezida Yoweli Kaguta Museveni ni bamwe mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma basaga 40, bitabiriye inama ya Commonwealth izwi nka CHOGM yabereye i Kigali mu mwaka w’ 2022.

Iyo nama ya 26 y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize Commonwealth yabereye mu Rwanda, yari ifite insanganyamatsiko igira iti: “Twese hamwe duharanire ejo heza: Twihuze duhange udushya, tuzane impinduka.”

Mu gitabo cye gishya cyagiye hanze mu kwezi kwa Cumi uyu mwaka, Boris Johnson wabaye minisitiri w’intebe w’u Bwongereza hagati ya 2019 na 2022, yavuze ko yageze i Kigali tariki ya 23/08/2022 nubwo inama yari iteganyijwe tariki ya 24 na 25 mu kwa munani.

Avuga ko yagize “amahirwe yo kwereka itangazamakuru uburyo u Rwanda ari igihugu gitekanye, gitoshye kandi gifite isuku ndetse bakamenya na gahunda twari turimo ijyanye n’abimukira. Barabyiboneye n’amaso, barumirwa.”

Bukeye bwaho inama ya mbere ifungura CHOGM, Boris avuga ko yahise azamura ingingo ijyanye n’intambara y’u Burusiya na Ukraine yari imaze amezi ane itangiye.

Icyo yashakaga si uko Commonwealth yohereza ingabo i Kyiv cyangwa Moscow, ahubwo yashakaga ko uwo muryango usohora itangazo wamagana ku mugaragaro u Burusiya kugira ngo burusheho kujya ku gitutu.

Boris Johnson avuga ko akimara kuzamura iyi ngingo, yatunguwe na perezida Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda wazamuye ukoboko asaba ijambo.

Ati: “Nagiye kubona mbona inshuti yanjye Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda azamuye ikiganza, agira ati: “Sinemeranya n’ibyo Boris Johnson avuga.”

Boris Johnson yavuze ko nubwo asanzwe yumvikana na Museveni ku ngingo nyinshi, kuri iyi nshuro ho ngo byarahindutse, Museveni amwumvisha ko Putin atari mu nkiko Abanyaburayi bamugaragaza.

Museveni yabwiye Boris Johnson ko Putin icyo arwanira ari ukurandura abantu bafite imyumvire nk’iy’Aba-Nazi muri Ukraine, bumva ko Abarusiya n’abameze nkabo badakwiriye kubaho.

Perezida wa Uganda kandi yabwiye Boris Johnson ko Commonwealth idakwiye kwivanga mu bya Ukraine n’u Burusiya, kuko icyo Putin ashaka ari ukurwanya iterabwoba muri Ukraine, ibintu bitarebana na mba na Commonwealth.

Boris Johnson yagerageje kumvisha Museveni ububi bwa Putin nk’uko Abanyaburayi babyemera, umusaza amubera ibamba.

Byageze aho Museveni abwira Boris Johnson ati: “Erega nibura na Putin aduha intwaro.”

Nibura 25% by’intwaro ziboneka muri Afrika yo mu nsi y’ubutayu bwa Sahara, zituruka mu Burusiya.
Zishimirwa kuba zihindutse kandi zikomeye, zikanorohera abazikoresha.
U Burusiya nibwo bukora intwaro yamamaye ku Isi hose izwi nka AK-47 cyangwa Kalashnikov.

Mu gitabo Boris asa n’uwicuza umwanya yamaze asigana na perezida Museveni kuri iyo ngingo, kuko yarangije ku mutsinda binaniranye.

Ati: “Nyuma y’uko mu biganiro byanjye na Yoweli Kaguta Museveni kumvikana binaniranye, nageze aho ndayamanika! Itangazo ryasohotse icyo gihe nta na hamwe rivuga Ukraine.”

Boris Johnson avuga ko icyo ibihugu byibanzeho ku kibazo cya Ukraine n’u Burusiya, ari impungenge z’ihenda ry’ibiribwa ku masoko bitewe n’intambara.

Ati: “Byari biteye umujinya kuko u Bwongereza ni umufatanyabikorwa w’ingenzi kuri ibi bihugu kurusha u Burusiya.”

Iyu mugabo weguye ku mwanya wa minisiteri w’intebe mbere gato yo kuza muri CHOGM, asa n’uwababajwe cyane n’uburyo Afrika yiyumvamo u Burusiya cyane kurusha u Bwongereza.

Avuga ko atumva uburyo ibihugu bigize Commonwealth byanze kwanga u Burusiya, nyamara bikoresha icyongereza aho kuba ikirusiya, bikohereza abanyeshuri babyo kwiga mu mashuri meza i Londre aho kuba i Moscow.

Boris Johnson yavuze ko yavuye i Kigali abonye umukoro, w’uko hakenewe impinduka zikomeye muri uwo muryango, kugira ngo babashe kumva ibintu kimwe.

Tags: Boris JohnsonCommonwealthMuseveni
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Hemejwe umushinga wo kurandura umutwe wa FDLR burundu.

Hemejwe umushinga wo kurandura umutwe wa FDLR burundu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?