• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuyobozi ukomeye muri Leta ya Kigali yagize icyo avuga ku biganiro bigiye guhuza Kagame na Tshisekedi.

minebwenews by minebwenews
December 4, 2024
in Regional Politics
0
Umuyobozi ukomeye muri Leta ya Kigali yagize icyo avuga ku biganiro bigiye guhuza Kagame na Tshisekedi.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuyobozi ukomeye muri Leta ya Kigali yagize icyo avuga ku biganiro bigiye guhuza Kagame na Tshisekedi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Minisitiri w’ubabanye n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, yemeje ko hateganyijwe ibiganiro bizahuza perezida w’iki gihugu, Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho yavuze ko bizabera i Luanda muri Angola.

Aya makuru nk’uko yagiye atangazwa kuva mu ntangiriro z’iki Cyumweru, ibiganiro bizahuza aba bakuru b’ibihugu byombi, u Rwanda na RDC bizaba ku itariki ya 15/12/2024.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro na kimwe mu bitangaza makuru bikorera mu Rwanda cya Igihe, acyemerera ko perezida w’u Rwanda n’uwa RDC biteganijwe ko bazahurira i Luanda mu biganiro bigamije amahoro.

Ni ibiganiro kandi byanemejwe na perezidansi ya Angola, aho iheruka gutangaza ko abaminisitiri b’ubabanye n’amahanga bamaze igihe bitabira ibiganiro by’i Luanda, na bo bazitabira ibi by’abakuru b’ibihugu.

Inama zo ku rwego rw’abaminisitiri, zimaze kuba, zibaye inshuro 6, ni mu gihe iheruka yabaye ku wa mbere w’icyumweru gishize, tariki ya 25/11/2024, yarangiye impande zombi zishyize umukono ku nyandiko y’umushinga uhuriweho wiswe CONOPS, ugamije kuzana amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Iyi nyandiko yateguwe n’inzobere mu by’umutekano, ugaragaza uburyo umutwe wa FDLR uzarandurwa burundu, nk’uko byemejweho n’impande zombi.

Impande zombi kandi zemeranyije ko u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho, gusa u Rwanda rwagiye ruvuga kenshi ko rutazakuraho izo ngamba mu gihe RDC yaba itaratangira gushyira mu bikorwa umwanzuro wo kurwanya FDLR.

Nyuma y’ibi biganiro byemeranyijwemo iyi nyandiko, perezida João Lourenço wahawe inshingano z’ubuhuza n’umuryango wa Afrika yunze ubumwe, yahise agirana na perezida Paul Kagame ndetse na Félix Tshisekedi, ibiganiro byakozwe kuri telefone.

João Lourenço wa Angola ugiye kongera kuyobora ibiganiro bihuza perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’u wa RDC, Félix Tshisekedi, mu mezi make ashize uyu mwaka, yari yagiriye ingendo mu Rwanda no muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, aganira n’abagenzi be bombi muri buri gihugu.

Muri icyo gihe, Lourenço yaganiriye na Kagame ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rye, bukeye bwaho, ahita yerekeza i Kinshasa; akiva muri ibi bihugu byombi, yavuze ko yashyikirije abakuru b’ibihugu byombi, “umushinga ufatika wazana amahoro arambye mu karere.”

Tags: KagameLuandaOlivier NduhungireheTshisekedi
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umugore, niwe watsinze amatora yabayemo impaka muri Namibia.

Umugore, niwe watsinze amatora yabayemo impaka muri Namibia.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?