• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 24, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.

minebwenews by minebwenews
January 11, 2025
in Religion
0
Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.
127
SHARES
3.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.

You might also like

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Bikubiye mu butumwa bwanditse, Umunyamulenge uri mu Minembwe yahaye Minembwe.com, aho yagaragaje ko nubwo ingabo za perezida Félix Tshisekedi zabashoyeho intambara zo kubarimbura no kubangaza, ariko ko Imana yo idahwema kubaha ibyiza, ngo kuko ubu bafite umwero mwiza w’ibihingwa by’ibigori.

Kuva mu 2017 kugeza uyu munsi, Abanyamulenge bagiye bagabwaho ibitero bya Maï Maï ku bufasha bw’ingabo za Congo, bigamije kubica , kubanyaga inka zabo no kubangaza, nk’uko bamwe mu barwanyi bagabaga ibyo bitero bagiye babyigamba rimwe na rimwe.

Mu bitero byabagabweho mu ntangiriro z’umwaka w’2018, hari umurwanyi witwa Ngomanzito uyoboye umutwe wa Maï-Maï Birozebishambuke, yazaga avuga ko “azirukana Abanyamulenge ku butaka bwa RDC, ngo akabambutsa iyo baje bava.” Aho yavugaga mu Rwanda.

Ndetse mu bitero byabaye mbere y’aho, aba barwanyi bavuga ko bazabasubiza muri Ethiopia, aho amateka avuga ko ari yo Abatutsi bakomoka.

Noheri n’u Bunani by’ubushize, bitwinjiza muri uyu mwaka w’ 2025, Abanyamulenge mu Minembwe ntibabyizihije, kuko barimo bagabwaho ibitero by’ingabo za FARDC; ibyo bitero byagabwe mu mihana y’i Lundu, Lwiko, Kalingi na Runundu kuri Evomi ndetse no kuri Ugeafi.

Ubutumwa uyu munyamulenge yaduhaye, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11/01/2025, yatanze ifoto y’umurima w’ibigori birimo kwera, agerekaho n’ubutumwa buherekeza iyo foto, bugira buti: “Nti dutuje, kubera intambara Leta ya Kinshasa yadushoyeho, ariko nti bibuza ko Imana iduha umwero mwiza w’ibihingwa by’ibigori.”

Yashimangiye ibi agira ati: “Umwero w’ibigori mu Minembwe urimo ku bwinshi. Bisigaje iminsi ibarirwà ku ntoki bikera neza. Nubu ntiwabura icyo guhekenya.”

Yakomeje avuga ko “ibyo babikesha Imana yo mu ijuru.”

Ikindi yongeyemo, yavuze ko mu isoko ibiciro by’ifu bitazamutse, kandi ko ari Imana ikunda Abanyamulenge yabikoze.

Ati: “Hari icyo Imana yakoze, wari uzi ko ibumba y’ifu igura 12000 FC? Niko igura rwose, dutekereza ko ari Imana yabikoze, kuko ikunda ubwoko bw’Abanyamulenge.”

Gusa, yavuze ko nubwo hari umwero mwiza, ariko ko imirima yegereye ahari ikambi z’abasirikare ba FARDC yibwa, ndetse kandi bakanayisahura.

Yagize ati: “Abafite imirima yegereye ama pozisiyo ya FARDC, iribwa cyane. Navuga nk’imirima iri ku Kiziba, Muzinda, Runundu, i Lundu no ku Runundu.”

Yanasobanuye ko cyane, aba basirikare biba imyaka ihinzwe mu Bishanga no mu nzitiro, ariko ko ihinze kure itibwa, ngo kuko aba basirikare batinya Twirwaneho.

Tubibutsa ko ubwo uyu muturage yaduhaga ubu butumwa, Maï-Maï kubufasha bw’Ingabo z’iki gihugu yagabye ibitero mu mihana iherereye mu Marango. Aha ni mu nkengero za centre ya Minembwe.

Amakuru ava iyo avuga ko mbere y’uko iriya Maï-Maï igaba ibyo bitero yabanje gutwika amazu aherereye mu Biziba.

Nyamara, Twirwaneho yaje kwirwanaho, nk’uko iyi nkuru ibivuga, yirukana izo nyeshamba zitegwa inkunga n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Aka kanya umwanzi w’Abanyamulenge yasubijwe, inyuma, nk’uko bikomeje kuvugwa no kumbuga nkoranyambaga ziteraniraho Abanyamulenge.

Tags: AbanyamulengeImanaMinembweTshisekedi
Share51Tweet32Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga Itorero riherereye i Kigali mu Rwanda rya Foursquare, riyobowe na Bishop Fidel Masengo, ryafashije umuririmbyi uririmba...

Read moreDetails

Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

Umuyobozi w'Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry'Imana abugenera abatuye isi yose Ngendahayo Justin, Umuyobozi w'Impunzi mu ikambi z'icyumbikiwemo y'i Nakivale, ha herereye mu majy'Epfo ya Uganda,...

Read moreDetails

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n'abitandukanya n'imiryango yabo Evangelist Chantal Nyamazaire, kuri iki cyumweru tariki ya 12/10/2025, mu nyigisho yabwirije, yavuze ku myitwarire igomba kuranga...

Read moreDetails

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira Dr Lazare Sebitereko Rukundwa, umuyobozi mukuru w'ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ahazwi nk'umurwa mukuru w'i Mulenge...

Read moreDetails

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

by Bahanda Bruce
October 7, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya Amatorero abiri yapinganaga kuva mu myaka 40 ishyize, 8ème CEPAC na 37ème CADEC, yasabanye imbabazi mu Minembwe arababarirana,...

Read moreDetails
Next Post
Inama yabereye kwa Buruma iraje inshinga bamwe mu Banyamulenge.

Inama yabereye kwa Buruma iraje inshinga bamwe mu Banyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?