Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mbeki w’Umunyafrika y’Epfo yavuze umuzi w’ikibazo cy’Abanyamulenge muri RDC n’uko cyakemuka.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 1, 2025
in Regional Politics
0
Mbeki w’Umunyafrika y’Epfo yavuze umuzi w’ikibazo cy’Abanyamulenge muri RDC n’uko cyakemuka.
120
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mbeki w’Umunyafrika y’Epfo yavuze umuzi w’ikibazo cy’Abanyamulenge muri RDC n’uko cyakemuka.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Thabo Mbeki wigeze kuba perezida wa Afrika y’Epfo yagaragaje ko kuva mu myaka ya kera ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bwakunze kwirengangiza inshingano zabwo zo kurinda umutekano w’Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, asobanura ko nubwo bavuga urwo rurimi ari abaturage bayo ndetse bakwiye uburenganzira nk’ubwabandi bose.

Aha uyu muyobozi wayoboye Afrika y’Epfo imyaka 8 yari mukiganiro cyari cyabereye muri Thabo Mbeki Affairs (Ishuri ryigisha ibijyanye n’ubuyobozi, politiki, ububanyi n’amahanga na dipolomasi.

Muri iki kiganiro Mbeki yavuze ko muri Congo hari ikibazo kimaze igihe kirekire ariko kitarakemurwa kugeza uyu munsi, ku mpamvu z’iki gihugu zo kwirengangiza inshingano ku baturage bacyo, ahubwo kikazigereka ku bandi.

Yavuze ko hari abaturage batuye mu Burasirazuba bwa RDC bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, bahorana ikibazo kandi ko cyari kinahari igihe cya perezida Mobutu wayoboye iki gihugu. Asobanura ko abo baturage iki gihugu kitemera ko ari Abanyekongo buzuye.

Yagize ati: “Nubwo bavuga ikinyarwanda ariko ni Abanyekongo. Ni inshingano za buri Guverinoma yose ya Kinshasa kurinda no kwita kuri abo baturage bo mu Burasirazuba bwa RDC nk’abandi banyekongo.”

Uyu muyobozi yibukije ibyabaye ku butegetsi bwa Mobutu, aho uyu mugabo yari yahejeje inguni agaragaza ko abo banyekongo bavuga ikinyarwanda ko ari abanyamahanga, ibintu byakomeje uku kugeza n’ubu.

Ati: “Ni nko gufata igice cy’Abanyafrika y’Epfo wenda nk’abo mu majyaruguru y’uburengerazuba bavuga igi-setswana, mu buryo butunguranye ukumva abandi baturage ba Afrika y’Epfo bose bavuga ko abo atari Abanya-Frika y’Epfo.”

Mbeki yashimangiye ko ibyo byatumye havuka imitwe yitwaje intwaro nka Maï-Maï n’indi yo mu Burasirazuba bwa RDC, iyo yagiye itiza umurindi gahunda ya RDC yo kumenesha abo bavuga ikinyarwanda.

Asobanura ko Maï-Maï yashinzwe kugira ngo izajyi girira nabi Abanyamulenge, ndetse kandi ngo igambiriye kubamenesha ikabahoreza mu Rwanda kandi ari Abanyekongo. Yashimangiye ibi atarya umunwa avuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukwiye kurinda abo baturage.

Ati: “Ni Abanyekongo ntabwo ari Abanyarwanda. Ni Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.”

Yakomeje avuga ko mu bikomeje gutuma u Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bukomeza kuba mu bihe by’intambara zidashyira ari uko ubutegetsi bw’iki gihugu butagera ku baturage bo muri iki gice gihana umupaka n’u Rwanda uko bikwiye.

Ati: “Iyo ufite Leta ijegajega cyane, bivuze ko imitwe yitwaje intwaro yiyongera cyane , kandi ikayogoza ibintu.”

Yanaboneyeho kandi kuvuga ko Leta y’i Kinshasa itari kwiriye kurwanya umutwe wa M23, ngo kuko uharanira uburenganzira bwabo bwo kubaho no kuba mu gihugu cyabo.

Ati: “Nutabarinda M23 yo izabarinda kandi izahoraho, ndetse izishakira n’intwaro zo kubarinda. Icyo kibazo cy’ubuyobozi bujegajega ni cyo kiri muri Kivu zombi, kigakomeza muri Ituri n’ibindi bice.”

Yagaragaje ko ku butegetsi butandukanye harimo n’ubwa Joseph Kabila hakozwe ibishoboka byinshi bigerageza kugushakira umutekano abo baturage nabo bakinjizwa muri gahunda za leta, ariko ko byananiranye ari nabyo bikomeje guteza ibibazo kugeza n’uyu munsi.

Mbeki yasoje iki kiganiro agaragaza ko kugira ngo iki kibazo kirangire ari uko u Burasirazuba bwa RDC hagomba guhabwa abo baturage bakahayobora.

Ikindi yavuze ko hagomba kubaho guhuza u Rwanda, Uganda na RDC bakanoza imibano y’ibi bihugu byose, ngo kuko RDC ibitse abarwanyi ba FDLR basize bakoze jenoside mu Rwanda.

Ndetse avuga ko hari amasezerano ajyanye n’uburyo impande zombi zaganira kugira ngo ibyo bibazo bikemuke mu nyungu za buri wese, ariko ko ayo masezerano asa n’atarubahirijwe.

Tags: KinshasaThabo Mbeko
Share48Tweet30Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Nduhungirehe yasubije perezida w’u Burundi uheruka kwibasira u Rwanda.

Nduhungirehe yasubije perezida w'u Burundi uheruka kwibasira u Rwanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?