Ibikorwa by’ubucuruzi i Goma biri gukorwa neza, menya ibirambuye.
Abakora ibikorwa by’ubucuruzi byambukiranya imipaka, aho ni hagati ya Goma na Rubavu mu Rwanda, aho babikora banyuze kuri Petite Barrière, biri gukorwa mu mutekano usesuye, bitandukanye na mbere y’uko umutwe wa M23 ufata umujyi wa Goma.
Ibi bikorwa bitangiye kugenda neza nyuma y’uko ingabo za FARDC, FDLR, Wazalendo, ingabo z’u Burundi n’izindi zifasha Leta ya Kinshasa kurwanya umutwe wa M23 zihunze uyu umujyi wa Goma ubundi ubohozwa n’uyu mutwe uyobowe na perezida Berterand Bisimwa.
Uyu mujyi mbere y’uko M23 iwirukanamo ingabo za RDC, Guverinoma y’iki gihugu yari yafunze umupaka wa Petite Barrière.
Ku wufunga, Leta yari yabikoze mu rwego rwo kugira ngo ikumire abaturage bo muri RDC bari bakomeje guhungira mu Rwanda kubera imirwano yarimo ibera muri Goma no mu nkengero zayo.
Ubwo M23 yafataga Goma, yahise itangira gucunga umutekano wayo n’uwo ku mupaka uhuza iki gice cya RDC n’u Rwanda.
Umutekano mwiza wongeye kugaruka muri Goma nyuma y’uko M23 yari imaze kuhafata, aho yahafashe tariki ya 27/01/2025.
Amakuru Minembwe.com imaze kwakira yizewe avuga ko umupaka wa Petite Barrière wongeye gufungurwa ndetse n’uruja n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga rwongeye kuhagaragara.
Ariko nk’uko aya makuru avuga uwo mupaka uzajya ukoreshwa igihe c’isaha z’igitondo na manywa, igihe c’isaha ya saa cyenda z’umugoroba ufungwe.
Abaturage bakaba baratangiye gusubukura ibikorwa byabo by’ubucuruzi n’ibindi kuva ku wa kabiri w’i Cyumweru gishize nyuma y’umunsi umwe M23 ifashe uwo mujyi.
Kurundi ruhande, abayobozi b’umutwe wa M23 baheruka gutangaza ko nyuma yo kwigarurira uwo mujyi wa Goma, urugamba rukomereje mu bindi bice, ngo kugeza i Kinshasa. Kandi ko bazashigwa aruko bakuyeho ubutegetsi bise bubi bwa perezida Félix Tshisekedi.