• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Imwe mu myanzuro yafatiwe mu nama ya SADC na EAC.

minebwenews by minebwenews
February 9, 2025
in Regional Politics
0
Iby’inama ya EAC na SADC i Dar es Salaam muri Tanzania.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imwe mu myanzuro yafatiwe mu nama ya SADC na EAC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Inama yahuje umuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC) n’uwa Afrika y’Amajy’epfo (SADC) ku kibazo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ahanini ku ntambara ishamiranyije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Leta ya Kinshasa, yemerejwemo ibintu byingenzi harimo ko intambara igomba guhagarara ku mpande zihanganye muri iki gihugu cya Congo.

Iyi nama yashimangiye ko abanyamahanga bafite uruhare muri iyi ntambara bakuramo akabo karenge bakava kubutaka bwa RDC, no kwambura umutwe wa FDLR intwaro.

Ahar’ejo tariki ya 08/02/2025, ni bwo iyi nama yabaye aho yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania, umunyamabanga mukuru w’umuryango wa EAC, Veronica Nduva yagize ati: “Iyo nama yategetse ko ibiganiro bitaziguye bihuza leta n’imitwe yitwaje intwaro yose itegamiye kuri Leta bigomba kongera kuba, harimo na M23, kandi ko ibiganiro by’i Luanda na Nairobi bisubukurwa.”

Iyi nama yemeje kandi ko abagaba b’ingabo z’ibi bihugu bihuriye muri EAC na SADC bagirana ibiganiro kugira ngo bigire hamwe ikigomba gukorwa vuba. Byemezwa ko bazaterana nyuma y’iminsi itanu iyi nama y’abakuru b’ibihugu ivuyemo.

Isaba kandi ko ikibuga cy’indege cya Goma gitangira gukora, mu rwego rwo kugira ngo imfashyanyo zigere kubakuwe mu byabo.

Iyi nama yasabye ko intambara zihagarara, ibikorwa remezo bigatangira gukorwa, harimo n’ibyo gutanga ibiribwa ndetse no gusana imihanda.

Bashimangiye ko inzira za politiki n’ibiganiro ari byo bishobora gutuma hagerwa ku mahoro arambye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Epfo.

Iyi nama yategetse ko izo nzira zibiri z’ibiganiro zisanzweho iya Luanda na Nairobi zihurizwa hamwe zikaba inzira imwe kugira ngo zishigikirane.

Iyi nama yari yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu, barimo uwa Tanzania, Uganda, u Rwanda, Kenya, Somalia na Zambia.

Ni mu gihe uwa RDC, n’uw’u Burundi n’uwa Afrika y’Epfo, bari bohereje intumwa zibaserukira. Gusa ariko Tshisekedi akaba yarayikurikiye akoresheje ubuhanga bwa none.

Tags: EACImyanzuroM23SADC
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Kera kabaye, basabwe guhunga bakava i Kinshasa n’i Bukavu.

Ingabo za FARDC zahawe amasaha ntarengwa yo kuba zavuye muri Bukavu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?