• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umunya-tanzaniya-kazi uri mu bavuga rikijana yanenze ubutegetsi bwa Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
February 12, 2025
in Regional Politics
0
125
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umunya-tanzaniya-kazi uri mu bavuga rikijana yanenze ubutegetsi bwa Kinshasa.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Liberata Mulamula, umunya-tanzaniya-kazi, wahoze ari umunyamabanganshingwabikorwa mu muryango wa ICGLR(International Conference on the Great Lakes Region), yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukwiye kumenya ko nta wundi uzaza kubarindira umutekano w’igihugu cyabo, bityo ko bakwiye kumva ko biri munshingano zabo.

Ni mubutumwa uyu mutanzaniya-kazi yanyujije ku mbugankoranyambaga, aho ubwo butumwa butangira bugira buti: “Ndahamagarira Congo Kinshasa kwifatira ingamba zo kurinda umutekano w’igihugu cyabo, kandi babikore nta wundi batezeho.”

Yongeyeho kandi ati: “Nta kindi gihugu kizaza ku barindira umutekano wanyu, kuko abo bandi mwizeye bari kurinda umutekano w’ibyabo bihugu.”

Yashimangiye ibi maze agira ati: “Ubusugire bw’igihugu cyawe burwanirwa n’ingabo zibishoboye, kandi izibishoboye n’imvukire z’icyo gihugu.”

Ubu butumwa bw’uyu mutanzaniya-kazi yabutanze nyuma y’uko abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afrika y’Amajy’epfo (SADC) n’ab’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC), bari baheruka guhurira mu nama i Dar es Salaam muri Tanzania, bayifatiramo ibyemezo bikakaye kuri Leta ya Kinshasa ihora itangaza ko itazicyarana ku meza imwe n’umutwe wa M23 uwo yita umutwe w’iterabwoba.

Imwe muri iyo myanzuro ivuga ko Leta ya Kinshasa ikwiye kuganira n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’umutwe wa M23, mu rwego rwo kugira ngo amahoro n’umutekano birambye biboneke. Iyi myanzuro ivuga ko kandi ingabo z’amahanga ziri ku butaka bwa RDC zirebwa n’intambara ibera muri iki gihugu zigomba gutaha ntayandi mananiza. Ikindi ni ugukomeza inzira y’ibiganiro by’i Luanda na Nairobi.

Liberata Mulamula yakomeje avuga ko “nta kindi gihugu kizaza gukiza RDC usibye ko izakizwa n’abeneyo.”

Yaboneyeho kandi kubwira Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo ko igisubizo cy’amahoro y’iki gihugu ari mu biganza by’Abanye-Kongo bo ubwabo.

Kurundi ruhande, imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta, irakomeje aho irimo gusatira yerekeza i Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

Uyu mutwe wa M23 ukaba ukomeje kwigarurira ibice byinshi harimo ko n’ejo hashize wigaruriye uduce two muri teritware ya Kalehe, duherereye mu nkengero z’umujyi muto wa Kavumu urimo ikibuga cy’indege cya Bukavu.

Tags: RdcTanzaniaUmutekano
Share50Tweet31Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post

M23 yabohoje agace k'i ngenzi muri Kivu y'Amajy'epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?