• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 24, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’ikiganiro cy’ubuyobozi bwa Gatolika muri RDC na M23.

minebwenews by minebwenews
February 13, 2025
in Regional Politics
0
Iby’ikiganiro cy’ubuyobozi bwa Gatolika muri RDC na M23.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’ikiganiro cy’ubuyobozi bwa Gatolika muri RDC na M23.

You might also like

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Ihuriro ry’Abepesikopi ba kiliziya gaturika muri Repubulika ya demokarasi ya Congo (CENCO) n’aba ECC bahuriye mu mujyi wa Goma bagirana ikiganiro cyihariye n’ubuyobozi bw’umutwe wa M23, aho barimo baganira ku mutekano w’u Burasirazuba bw’iki gihugu cya Congo, ndetse no gushakira umuti ikibazo cy’ubukungu cyugarije umujyi wa Goma.

Fulgence Muteba, arkepiskopi wa Diyoseze Katolika ya Lubumbashi, akaba n’umuyobozi wa CENCO hamwe na musenyeri Donatien Nshole umunyabanga mukuru wa CENCO ari nawe muvugizi w’iri huriro, nibo bayoboye iritsinda.

Ahagana mu masaha y’igitondo cy’ejo hashize itariki ya 12/02/2025, izi ntumwa nibwo zageze mu mujyi wa Goma. Aba bayobozi bakiliziya gatolika bagiranye ikiganiro cyihariye n’ubuyobozi bw’umutwe wa M23, ikiganiro cyari kigamije kwiga ku kibazo cy’u mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC. Iki kiganiro cyabereye mu mwiherero muri Hoteli Serena y’i Goma.

Ni ibiganiro kandi byari bigamije gushakira umuti ibibazo bitandukanye birimo n’iby’ubukungu ku baturage bo mu mujyi wa Goma. Umunyabanga mukuru wa CENCO akaba n’umuvugizi w’iri huriro mu kiganiro yahaye abanyamakuru ibi biganiro bisojwe yumvikanishije ko kuri bo uyu ari umwanya ukomeye wo kugerageza guhuza impande zihanganye mu kureba uburyo amahoro n’umutekano birambye byaboneka muri RDC.

Kuri we kuba M23 iri mu barebwa cyane n’ikibazo cy’umutekano, byari ngombwa ko nabo babaganiriza bakumva icyo bagitekerezaho. Yongeraho kuba uburasirazuba bwa RDC bugaragaramo ibibazo by’intambara z’urudaca bikomeza gutera impungenge kiliziya gaturika n’indi miryango mpuzamahanga.

Donatien Nshole yongeyeho ko ubutumwa bagenda bageza ku nzego zitandukanye haba iza leta n’iza sosiyete sivili ndetse no kuba bahuye na M23 buri wese agomba gukora ibishoboka mu kugarura amahoro arambye.

Ikindi mu byari byitezweho ni uburyo ikibuga cy’indege cya Goma cyafungurwa ibikorwa bigakomeza yewe no gufungura inzira y’amazi ku bikorwa bihuza umujyi wa Goma na Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

Bamwe mu banyapolitiki bo muri RDC bavuga ko kuba kiliziya gaturika yinjiye muri iki kibazo bishobora gutanga icyizere ko igisubizo ku kibazo cy’u mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC gishobora kubonerwa umuti.

Izi ntumwa za kiliziya zageze mu mujyi wa Goma nyuma yo guhura n’umukuru w’igihugu Cya RDC Félix Tshisekedi mu Cyumweru gishize. Ibiganiro bagiranye byibanze n’ubundi ku mutekano w’abaturage bo mu Burasirazuba bw’iki gihugu aho usanga ibice byinshi haba muri Kivu y’Amajy’epfo n’iyi Yaruguru birimo intambara.

Tags: GomaM23Rdc
Share39Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Umutekano w’ikibuga cy’indege cya Minembwe wakajijwe.

FARDC na FDLR bongeye kugaba ibitero ku Banyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?