• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Paul Kagame yashubije abavuga ko afitiye impuhwe M23.

minebwenews by minebwenews
February 13, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame yashubije abavuga ko afitiye impuhwe M23.

You might also like

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yashubije abavuga ko afitiye impuhwe umutwe wa M23 uhanganye n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, avuga ko ikibazo ari abatawufitiye impuhwe.

Umutwe wa M23 umaze imyaka itatu wubuye imirwano mu Burasirazuba bwa RDC, uvuga ko urwanira Abanye-kongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda abo Congo ihoza ku nkenke ibaziza ubwoko bwabo.

Nyamara u Rwanda rwumvako M23 irwanira ukuri kuko irwanirira abarengana.

Mu kiganiro perezida Kagame aheruka kugirana n’ikinyamakuru cya Jeune Afrique yagarutse ku ngingo zinyuranye zibanze ku mutekano mu karere muri rusange, ndetse no mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo by’umwihariko.

Muri iki kiganiro perezida Kagame yavuze kuri m23 , agira ati: “Iri ni itsinda rivugira irindi tsinda ry’abantu benshi batotezwa, bicwa, bavanywe mu byabo. Dufite impunzi nyinshi zahungiye hano mu Rwanda kubera ibyo bibazo. Iyi si inshuro ya mbere barimo kurwana. Kubera iki ibyo bibazo bigarutse nyuma y’imyaka icumi? Icya kabiri, baratotezwa muri ubwo buryo kubera ko bafitanye isano n’Abanyarwanda. Hari abavuga ngo abagize M23 ni Abatutsi, rero bagomba kujya mu Rwanda. Nyamara si u Rwanda rwabajyanye muri RDC.”

Kagame yakomeje agira ati: “Rero abibaza impamvu ngirira impuhwe M23, hubwo nanjye nababaza impamvu buri wese adakwiye kubagirira impuhwe. Ese murashaka ko ngirira impuhwe ubutegetsi bwa Kinshasa kandi ari bwo buteza ibi bibazo byose? Oya. Ese nagirira impuhwe FDLR na Wazalendo leta yazanye muri iyi ntambara yibasira abantu kubera ubwoko bwabo? Murashaka ko ngirira impuhwe u Burundi bwinjiye muri iyi ntambara ishingiye ku moko kandi bukaba bufatanya na Leta ya Kinshasa mu gutoteza no kwica abo baturage?”

Perezida w’u Rwanda yibukije ko M23 yeguye intwaro ku nshuro ya kabiri, kuko no mu 2012 nabwo yahanganye na Congo, kugera n’aho yafashe umujyi wa Goma, ariko ikaza kuwurekura.

Yagize ati: “Iki kibazo cyarabaye mu myaka isaga icumi ishize. Kuki kigarutse ? Kuki kitakemuwe muri iriya myaka? Ndumva ari byo bibazo byiza dukwiye kwibaza.”

Kagame yaje kubazwa n’umunyamakuru niba bidakwiye kurekera Congo ikibazo cya M23, ngo kuko kireba Abanye-kongo ubwobo, nawe amusubiza ko Congo ari yo ikwiye gusubiza icyo kibazo, igasobanura impamvu itikorera umutwaro wayo.

Ati: “Icyo ni ikibazo cyiza, ariko nibo bakwiye ku gusubiza.”

Kagame yavuze ko iyo FDLR ituza, ikaguma iyo mu mashyamba ya Congo ntize guhungabanya umutekano w’u Rwanda nta kibazo yakayigizeho.

Yagize ati: “Congo ifite uburenganzira bwo kubana n’abo bantu bakoze ibyo twabonye mu gihugu cyabo, ariko jye sinakwemera ko Congo ikomeza kubakoresha umuryango w’Abibumbye urebera. Nk’Abanyarwanda dufite uburenganzira bwo kwiyitaho, kuko twarababwiye bihagije.”

Tags: ImpuhweKagameM23
Share45Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails
Next Post
FARDC igitero yagabye mu Banyamulenge yacyambuwemo ibikoresho bikaze.

FARDC igitero yagabye mu Banyamulenge yacyambuwemo ibikoresho bikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?