Guhohotera Abanyamulenge b’impunzi mu Burundi byongeye gufata indi ntera.
Abasore ba Banyamulenge b’impunzi mu Burundi bafunzwe n’igipolisi cyo muri iki gihugu, bashinjwa kuba basanze bari gutegera amakuru bumvaga muri adio, avuga ku ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho ingabo z’iki gihugu zoherejwe gufasha ingabo za Congo kurwanya umutwe wa M23 ukomeje gutsinda cyane iz’i ngabo zaje ku w’u rwanya.
Ni amakuru Minembwe.com ikesha ababonye aho aba basore bafatiwe, ariko ku bw’umutekano banga ko umwirondoro wabo uja hanze.
Aya makuru akubiye mu nyandiko baduhaye agaragaza ko bariya Banyamulenge b’impunzi bafunzwe n’igipolisi cy’u Burundi, bari bacyumbikiwe mu nkambi ya Kavumu iri mu Ntara ya Cankuzo.
Muri iz’i nyandiko bavuga ko hafunzwe uwitwa Nkiriho, Danny Ndahigima na Mutabazi Ntambara.
Nk’uko babisobanuye bavuze ko “polisi yabafashe ahar’ejo tariki ya 16/02/2025, ibajana kuri sitasiyo yayo ishinzwe i kambi ya Kavumu. Barangije ibashyikiriza OPG w’iki gipolisi wo kuri iriya sitasiyo.
Bakomeza bavuga ko kuri uyu wa mbere ni bwo bariya basore bahawe igipolisi gikora muri Documentation y’i Ntara ya Cankuzo, kandi ko ari cyo cyaje kubijanira.
Bugira buti: “Bafashwe ku Cyumweru nyuma ya saa sita zamanywa, barimo gutegera amakuru yari muri adio. Hanyuma mu gitondo cya none, polisi ushinzwe iperereza w’ikambi ya Kavumu warimo ababaza, documentation ya Cankuzo yahise imuhamagara imutegeka kutabarekura, ubwo yahise yohereza abakozi bayo barabajana. Ariko babajanye nabi cyane.”
Twabwiwe kandi ko kuva ubwo igipolisi gikora muri documantatio cyajanye bariya basore b’impunzi, ntayandi makuru yabo arongera kumenyekana.
Bibaye mu gihe itangaza makuru n’abaharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi, bavuga ko ibikorwa byo gufata Abanyamulenge byabereye mu Buterere na Cibitoki, kandi ko bafatwa bagashyirwa mu bikamyo bya Polisi, ndetse hibazwa aho abafatwa barimo bajanwa.
Ibi ntacyo abategetsi b’u Burundi barabivugaho.
Umunyamategeko Moïse Nyarugabo akaba n’uwo mubwoko bw’Abanyamulenge, mu butumwa aheruka kwandikira perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yamusabye ko muri iki gihugu haba kubahiriza uburenganzira bw’impunzi z’Abanye-kongo b’Abanyamulenge, nyuma y’ibikorwa byo kubata muri yombi bikomeje kwiyongera.
Muri iki gihugu hakomeje kwiyongera ibyo guhohotera abantu ndetse hakiyongeraho n’imbwirwaruhame ziteye impungenge za bamwe mu bayobozi bakuru b’iki gihugu
