Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko i Mulenge hiriwe muri Kivu y’Amajyepfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 5, 2025
in Regional Politics
0
Uko i Mulenge hiriwe muri Kivu y’Amajyepfo.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko i Mulenge hiriwe muri Kivu y’Amajyepfo.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Mu misozi miremire y’i Mulenge, muri Kivu y’Amajyepfo aho Leta y’i Kinshasa yibasiriye cyane muguhonyora uburenganzira bw’Abanyamulenge, ibikora inyuze mu ngabo z’iki gihugu n’iz’u Burundi, uyu munsiho birirwanye ituze.

Izuba rirarenze mu bice by’i Mulenge bikiri amahoro, nyuma y’aho Abanyamulenge bahatuye aha’rejo bagabweho ibitero bikomeye, ibyo bagabweho n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ririmo ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe yitwaje intwaro ya FDLR na Wazalendo.

Ni bitero byagabwe ku Banyamulenge batuye mu Bibogobogo, Minembwe na Mikenke.
Mu Mikenke ho ibyumweru bibiri birashyize aba Banyamulenge ibitero bagabwaho ari umusubirizo.

Gusa, uko iri huriro rigabye ibyo bitero risubizwa inyuma, kandi rigakubitwa inshuro n’umutwe wa Twirwaneho urwanirira Abanyamulenge.

Umwe mu Banyamulenge uherereye mu Bibogobogo yabwiye Minembwe.com ko biriwe neza ariko ko bafite ubwoba, kuko umwanzi wabo abazengurutse.

Ati: “Twiriwe neza. Ntasasu ryavuze. Ariko nyine nta mutekano kuko uhiga ubuzima bw’Abanyamulenge ntari kure.”

Yongeyeho kandi ati: “Iyo bwije ntituba twizeye ko buca. Ariko kandi umwanzi uduhiga yaraumiye ntiyoshoboka agaruka vuba, kandi niyo yogaruka, turi maso. Umwanzi aza duhangana nawe.”

Uri mu Mikenke nawe yavuze ko iwabo nta mutekano, ariko ko biriwe neza.

Yagize ati: “Hiriwe neza, ariko wasi wasi ntizobura!”

Uyu uri mu Mikenke twanamubajije ku makuru yavuzwe ku manywa, aho yavugaga ko ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ko zongeye kuhagaba ibitero, avuga ko atabizi kandi ko ntarusaku rw’imbunda yumvise.

Ati: “Nta mbunda zumvikanye, kandi nanjye ndi ku mirongo y’imbere. Nk’aba bateye ahandi hatari mu Mikenke?”

Kugeza ubu Twirwaneho iragenzura igice cya Mikenke, mu gihe ingabo z’u Burundi n’iza Congo zigenzura nazo inkengero zayo.

Naho Wazalendo bakagenzura igice cya Gipupu kitari mu ntera ndende uvuye muri centre yaha mu Mikenke.

Ariko nyamara ibice bigenzurwa n’uyu mutwe wa Twirwaneho haba mu Minembwe, Bibogobogo, i Ndondo ya Bijombo, Rurambo na Mikenke, abaturage bavuga ko harangwa n’ituze, ndetse bikaba ku baturage ba moko yose.

Ariko ko aho ingabo z’u Burundi iza Congo n’imitwe ya Wazalendo zigenzura harangwa n’imivurungano, kwicwa kwabamwe no guhohoterwa bikomeye.

Tags: ItuzeMikenkeMinembwe
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Trump yasezeranyije kugarura ishema ry’Amerika.

Trump yasezeranyije kugarura ishema ry'Amerika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?