Hahishuwe ko hari umugambi wo kwica Kamerhe muri Congo.
Umunyapolitiki Vital Kamerhe ukuriye ishyaka rya UNC, akaba kandi ari we ukuriye inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, hahishuwe ko hari umugambi wo kumwica.
Ni amakuru yashyizwe hanze n’ishyaka rya UNC aho muri ayo makuru ryamaganye uyu mugambi wo guhitana perezida w’inteko ishinga amategeko ya Congo, Vital Kamerhe.
Ni mugihe visi perezida w’inteko ishinga amategeko y’iki gihugu, bwana Christophe Mboso, ari we watangaje ko Kamerhe yicwa.
Kuko ku cyumweru gishyize ubwo yari mu gikorwa cya politiki, yumvikanye asaba abatware ba gakondo ndetse n’abapfumu bo muri RDC gukora imihango kugira ngo Vital Kamerhe apfe.
UNC itangazo yashyize hanze ku wa mbere tariki ya 10/03/2025, yavuze ko amagambo yatangajwe na Mboso agize umugambi mubisha ufitiwe Vital Kamerhe, kandi ko amaze igihe agirwaho ingaruka no gukangishwa urupfu.
Iri shyaka ryibukije ko mu minsi mike ishize Kamerhe yasimbutse urupfu, ubwo mu rugo rwe hagabwaga igitero cyahitanye umwe mu barurindaga.
Iri shyaka kandi ryahamagariye abaturage ba Congo n’inzego za Repubulika ya demokarasi ya Congo kwirebera akaga perezida w’inteko ishinga amategeko, Vital Kamerhe ahura na ko muri iki gihugu cyacu cyatewe n’u Rwanda, aho abanyapolitiki bashishikarizwa na perezida wa Repubulika kurangwa n’ubumwe.
Bivugwa ko mu byo Vital Kamerhe ari kuzira harimo kuba ari mu badashyigikira umugambi wa perezida Felix Tshisekedi wo guhindura itegeko nshinga ry’iki gihugu.