Mai-Mai mugahinda gakomeye nyuma yuko uwari umuyobozi wayo aryamiye ukuboko kwa bagabo.
Haravugwa amakuru y’urupfu rwa General Mutetezi Ebuela Tresor wo mu mutwe wa Mai-Mai, uwo aya makuru avuga ko yishwe n’indi grupe nayo yo muri Mai-Mai yo mu misozi yo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Aya makuru yatangiye gusakazwa ku mbugankoranyambaga ku mugoroba w’ahar’ejo hashyize tariki ya 14/03/2025, aho yavugaga ko Gen.Mutetezi yishwe.
Nk’uko aya makuru abivuga uyu murwanyi wari uzwiho kwica Abanyamulenge, kubasenyera imihana no kunyaga Inka zabo, yiciwe i Lutete haherereye mu ntera y’i birometero 14 uvuye mu mujyi wa Baraka muri teritware ya Fizi.
Bikavugwa ko yaba yarishwe n’indi grupe ya Mai-Mai yabo mu bwoko bw’Ababuyu, basanzwe badacyana uwaka n’Ababembe, Abanyindu ndetse n’Abapfulero.
Ntihagaragajwe niba yaraguye mu mirwano cyangwa yarishwe atemaguwe, ariko amakuru dufite kuri MCN nuko yaguye mu gico, ubundi araraswa ahita agwa aho.
Aya makuru agira ati: “Uwari umuyobozi wa Wazalendo Gen.Mutetezi Kibukila, yishwe, kandi yishwe n’indi grupe ya Wazalendo igizwe n’Ababuyu.”
Akomeza agira ati: “Yiciwe i Lutete haherereye mu ntera y’i birometero 14 uvuye i Baraka mu mujyi.”
Ndetse kandi aya makuru avuga ko uyu murwanyi yishwe mu gihe yari ashaka kwiyunga kuri Alliance Fleuve Congo ya Corneille Nangaa, ariko ko atari icyo Ababuyu bamujije, hubwo ko yazize inzigo ihora hagati y’izi mpande zombi kuva kera.
