Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Congo yagiye gutakambira u Burundi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 26, 2025
in Regional Politics
0
Congo yagiye gutakambira u Burundi.
90
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Congo yagiye gutakambira u Burundi.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Ku munsi w’ejo ku wa kabiri, tariki ya 25/03/2025, umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakiriye minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba, aho yagiye ari intumwa ya perezida Felix Tshisekedi wa Congo.

Ni amakuru yashyizwe hanze na perezidansi y’u Burundi, nk’uko yabitangaje ivuga ko Kayikwamba yazaniye Ndayishimiye ubutumwa bwa mugenzi we.

Gusa, iyi perezidansi y’u Burundi ntabyinshi yatangaje kuri uru ruzinduko rw’uyu minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC.

Uru ruzinduko rwe icyakora rwabaye nyuma y’ukwezi kumwe perezida Evariste Ndayishimiye avuye i Kinshasa muri RDC, mu ruzinduko rwari rugamije kurebera hamwe ubufatanye hagati y’ingabo z’u Burundi n’iza leta y’i Kinshasa (FARDC) murugamba zirimo rwo kurwanya umutwe wa m23.

Amakuru kandi avuga ko muri urwo ruzinduko aheruka kugirira i Kinshasa yarwishyujemo Tshisekedi amafaranga y’abasirikare yamwemereye kugira ngo bamufashe kurwanya m23.

Kuva mu mwaka wa 2023 kugeza muri uku kwezi turimo muri uyu mwaka wa 2025, u Burundi bumaze kohereza mu Burasizuba bwa Congo abasirikare bagera ku bihumbi 15 bibumbiye muri batayo 20.

Izi ngabo icyakora nta kinini zirafasha RDC, kuko kuva mu mpera z’umwaka ushize ihuriro ry’Ingabo zayo zatakaje uduce twinshi twingenzi turimo umujyi wa Bukavu n’uwa Goma kuri ubu igenzurwa na m23.

Ni mu gihe kandi uyu mutwe wa m23 wegereje gufata n’imijyi irimo uwa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo n’uwa Kisangani ho mu ntara ya Tshopo.

Kuri ubu ntiharamenyekana ikigenza Kayikwamba i Bujumbura mu Burundi, ariko nk’uko amakuru yo kuruhande abivuga uru ruzinduko rwe rugamije gusaba iki gihugu imbaraga, haba muburyo bw’igisirikare n’ubwa dipolomasi.

Tags: GutakambiraRdcU Burundi
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

Ndayishimiye yavuze ibyo maneko z'u Rwanda zamubwiye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?