Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Imirwano yo gusubiranamo ya Wazalendo yongeye gufata indi ntera ku mugoroba wajoro.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Imirwano yo gusubiranamo ya Wazalendo yongeye gufata indi ntera ku mugoroba wajoro.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imirwano yo gusubiranamo ya Wazalendo yongeye gufata indi ntera ku mugoroba wajoro.

You might also like

Twirwaneho yagize icyo ivuga ku Burundi na FDLR.

Perezida Tshisekedi ngo asigaranye ibintu bibiri gusa, ubundi ibintu bigahinduka.

Undi General uvuka muri Fizi yaguye muri gereza.

Nyuma y’aho imirwano hagati y’amatsinda abiri ya Wazalendo yari yahagaze igihe c’isaha z’igicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 05/04/2025, mu masaha y’umugoroba wa joro yongeye kubura muri biriya bice n’ubundi byo muri Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, nk’uko amakuru abivuga.

Kuri uyu wa gatandatu mu gitondo ni bwo imirwano hagati y’amatsinda abiri ya Wazalendo yatangije urugamba rwo gusubiranamo.

Ni mu gihe uruhande ruyobowe na Makanaki n’urundi ruyobowe na Beta Bango uzwi cyane nka Rene, arizo zigikomeje guhangana, nk’uko amakuru MCN yatanze mbere abivuga.

Aya makuru akavuga ko izi mpande zombi zirigupfa ibyo abarwanyi bazo bari babugurije kuri Mulongwe ari naho zahereye zirwana.
Gusa, iyi mirwano yabaye kare bivugwa ko ziriya mpande zombi zaje kuyihagarika igihe c’isaha z’igicamunsi.

Bigeze ku mugoroba wajoro igihe c’isaha ya saa moya, nk’uko iyi nkuru ikomeza ibivuga yongera kubura, ariko ho ibera muri Quartier ya Gasenga no mu misozi iri hejuru yayo.

Amakuru akomeza avuga ko iri subiranamo hagati y’abarwanyi bayobowe na Makanaki n’abayobowe na Beta Bango, rimaze kugwamo babiri bo mu ruhande rwa Makanaki mu gihe abandi bane barikomerekeyemo.

Ndetse kandi bivugwa ko hari n’umuturage wo muri Quartier ya Mulongwe wafashwe n’amasasu, aramwica.

Iri subiranamo rya Wazalendo ryatumye abaturage bava mu byabo, aho bamwe bari guhunga berekeza i Bujumbura mu Burundi, naho abandi bakaja mu bice bitarimo intambara.

Iyi mirwano ntacyo igisirikare cya RDC kiri i Uvira kirayivugaho, gusa ikomeje gutuma umutekano wo muri iki gice cyimuriwemo ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Epfo ku ruhande rwa Leta ukomeza kuzamba.

Ni mu gihe n’ubundi aha hari hamaze iminsi havugwa ubugizi bwa nabi bukorwa na Wazalendo, kuko abaturage babashinja kubasahura ibyabo, kandi bakagaragaza ko babinjirana mu mazu yabo igihe cy’ijoro.

Tags: InteraUvira
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Twirwaneho yagize icyo ivuga ku Burundi na FDLR.

by Bruce Bahanda
July 27, 2025
0
Twirwaneho yagize icyo ivuga ku Burundi na FDLR.

Twirwaneho yagize icyo ivuga ku Burundi na FDLR. Umutwe wa Twirwaneho uyobowe na Freddy Kaniki Rukema, ukaba ukorera muri Kivu y'Amajyepfo, watangaje ko hari abarwanyi ba FDLR batorejwe...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi ngo asigaranye ibintu bibiri gusa, ubundi ibintu bigahinduka.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Perezida Tshisekedi ngo asigaranye ibintu bibiri gusa, ubundi ibintu bigahinduka. Umukuru w'igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, ngo asigaranye kwegura cyangwa agahunga, bitaba ibyo agukurwa...

Read moreDetails

Undi General uvuka muri Fizi yaguye muri gereza.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
Undi General uvuka muri Fizi yaguye muri gereza.

Undi General uvuka muri Fizi yaguye muri gereza. Nyuma y'urupfu rwa General Shabani Sikatende uheruka kugwa muri gereza ya Ndolo i Kinshasa ku murwa mukuru wa Repubulika ya...

Read moreDetails

AFC/M23 yigaruriye agace k’ingenzi.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
FARDC, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo zahondaguriwe i Mulenge.

AFC/M23 yigaruriye agace k'ibgenzi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryigaririye agace gaherereye muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n’umugenzi.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n'umugenzi. Nyuma y'aho umukuru w'igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, aketse ko hari abasirikare bashaka ku muhirika k'u butegetsi, yahise...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi zongeye kwimena ku bwinshi mu Bibogobogo.

Ingabo z'u Burundi zongeye kwimena ku bwinshi mu Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?