• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.

You might also like

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

Perezida Joao Lourenco wa Angola akaba na perezida wa Afrika yunze ubumwe yaraye ahaye inshingano z’ubuhuza perezida wa Togo, Faure Gnassingbé ku makimbirane hagati y’u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Hari mu nama ya mbere yabaye ejo ku wa gatandatu tariki ya 05/04/2025, aho yitabiriwe n’abagize inama nkuru y’ibiro by’u muryango wa Afrika Yunze ubumwe ikaba yarayobowe na Joao Lourenco uheruka guhabwa kuyobora uyu muryango mu kwezi gushize.

Iyi nama nk’uko amakuru abivuga yari igamije kwiga ku mugambi wo kugera ku mahoro arambye mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo ahakomeje kubera intambara ikomeye ihuza m23 n’ingabo za Leta.

Joao Lourenco akaba yaravuze muri iyi nama ko perezida wa Togo yemeye gufata inshingano z’ubuhuza kuri aya makimbirane hagati y’u Rwanda na Congo.

Lourenco kandi yavuze impamvu yatumye arekura inshingano z’u buhuza ngo ni ukubera ko yahawe kuyobora umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

RDC, LONI n’ibihugu bimwe by’i Burayi bishinja u Rwanda gufasha umutwe wa m23. Leta y’u Rwanda nayo ikabihakana, hubwo igashinja RDC gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Mu mpera z’umwaka wa 2021 ni bwo umutwe wa m23 wongeye kubura imirwano, kuri ubu wafashe ibice byinshi birimo n’ umujyi wa Bukavu ndetse n’uwa Goma.

Umuhate wokurangiza iyi ntambara ihanganishije uyu mutwe wa m23 n’ingabo za Leta ntacyo wagezeho, ndetse n’ingabo za SADC zari zaroherejwe gufasha igisirikare cya RDC kurwanya uyu mutwe wa m23 zarananiwe.

Ingabo za SADC zoherejwe mu Burasizuba bwa Congo mu mpera z’umwaka wa 2023, nyuma yuko iz’umuryango wa Afrika y’i Burasizuba zari zatashe, aho nazo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa RDC mu mwaka wa 2022 .

Inama ya SADC n’iya EAc yateranye ku wa 08/03/2025 i Dar es Salaam muri Tanzania, yasabye ko hagenwa abandi bahuza bo gufasha mu mugambi w’amahoro wa Luanda na Nairobi mu rwego rwo kugira ngo amahoro aboneke muri RDC.

Yaje gushyiraho Kgalema Motlanthe , wahoze ari perezida wa Afrika y’Epfo, Catherine Samba Panza wayoboye Santarafurika, Sahle-Work Zewde yahoze ari umukuru wa Ethiopia na Olusegun wigeze kuyobora Nigeria. Aba bakaba barongerewe kuri Uhuru Kenyatta wabaye perezida wa Kenya usanzwe akuriye ibiganiro by’i Nairobi.

Leta y’i Kinshasa yamaze igihe ivuga ko itazaganira na m23, nyuma iza kubyemera ibyafashwe nk’intambwe ikomeye mu nzira y’amahoro.

Ubu bivugwa ko ibiganiro byitezwe ko bizabera i Doha muri Qatar hagati y’intumwa za Leta ya Congo n’iz’u mutwe wa m23.

Tags: RdcRwandaumuhuza
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF Umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ukaba ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, urashinjwa kwica abantu 60...

Read moreDetails

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryatangaje ko igisirikare cy'iki gihugu...

Read moreDetails

Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

Ay'indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy'indege cya Bujumbura igana muri RDC Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko ku kibuga cy'indege cyaho giherereye i Bujumbura ku murwa mukuru...

Read moreDetails

Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe

Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe Makyambe Mishembe Laurent wahoze ari administrateur wungirije wa teritware ya Minembwe iyari yarashyizweho n'umutwe wa RDC warwanyaga...

Read moreDetails

Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira

Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira Imwe mu mpamvu zatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo mu mujyi wa Uvira muri Kivu y'Amajyepfo yo kwa magana Brigadier General...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yahagaritse viza ku kindi gihugu cya Afrika nyuma yuko izihagaritse ku Barundi bose.

Amerika yahagaritse viza ku kindi gihugu cya Afrika nyuma yuko izihagaritse ku Barundi bose.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?