• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abandi basirikare b’u Burundi bageze mu Bibogobogo.

minebwenews by minebwenews
April 9, 2025
in Regional Politics
0
The Burundian soldiers have once again appeared in Bibogobogo.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abandi basirikare b’u Burundi bageze mu Bibogobogo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nyuma y’aho bivuzwe ko abasirikare b’u Burundi babarirwa mu magana batumwe mu Bibogobogo mu cyumweru gishize, uyu munsi ku wa gatatu tariki ya 09/04/2025, hongeye kugera abandi n’abo babarirwa mu ijana, nk’uko amasoko yacu abyemeza.

Hagati muri kiriya cyumweru gishize ni bwo mu Bibogobogo hageze abasirikare 200, bakaba barahageze baturutse mu mujyi wa Baraka ho muri teritware ya Fizi.

Ubwo bahageraga, kubera imirwano yarimo ibera mu Rusuku no kwa Mulima hagati y’ihuriro ry’ingabo za Congo na Twirwanaho ku bufatanye bwayo na M23, icyo gihe byavugwaga ko zaba zije gutanga umusaada no kurinda umujyi wa Baraka udafatwa n’aba barwanyi bo muri m23 na Twirwaneho.

Ni mu gihe iki gice cya Bibogobogo gisanzwe gituwe n’Abanyamulenge benshi, kandi kikaba kiri hejuru y’uyu mujyi w’i Baraka.

Ariko ku geza ubu baracyahari, ndetse kandi nta musaada bigeza batanga haba kwa Mulima cyangwa mu Rusuku.

Ahagana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, ubwo ni mu masaha make ashize, ni bwo kandi abasirikare bagera mu ijana b’u Burundi basesekaye aha muri Bibogobogo.

Aya makuru agaragaza ko binutse i Baraka, kandi ko bari batonze umurongo, aho abababonye bavuga ko wari umurongo mure mure, kuburyo batabashaga ku babara.

Ati: “Ubu tuvugana abasirikare b’indundi bari menye ku bwinshi. Ntiwabasha kubabara kuko bafite umurongo mure mure.”

Ni amakuru ashimangira ko bamaze kwinjira mu muhana wa Bibogobogo.

Ati: “Bari guhita binjira mu muhana wa Bibogobogo. Ubabariranyije bagera mu ijana.”

Ibigo bya gisirikare biherereyemo abasirikare baba aba Fardc cyangwa ab’u Burundi bigera kuri birindwi. Hari igiherereye muri centre ya Bibogobogo, iki kirebwa na Col Ntagawa wo muri Fardc, ikiri mu irango rya Ugeafi nacyo kirimo ingabo z’u Burundi.

Ni mu kandi ikindi kiri mu Bivumu, Kavumu na Rurimba.
Ikigo cyonyine kirimo Fardc ni kiri muri centre ya Bibogobogo, ibindi byose muri ibyo tuvuze haruguru birimo ingabo z’u Burundi.

Ingabo z’u Burundi zongeye kugera mu Bibogobogo ari nyinshi, mu gihe ku munsi w’ejo ku wa kabiri Twirwaneho na M23 byafashe igice cya Rugezi cyose, cyo muri secteur ya Lulenge muri teritware ya Fizi. Ni nyuma y’imirwano ikomeye yari ihanganishije iyi mitwe ibiri ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ni ihuriro ry’ingabo za Congo, ririmo ingabo z’u Burundi, iza Congo, n’imitwe irimo uwa FDLR n’uwa Wazalendo.

Amakuru avuga ko iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa, nyuma y’aho uriya mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bifashe iki gice cya Rugezi, ryahise rikwira imishwaro, ubundi rihungira mu mashyamba yo mu Rugezi agana i Milimba ahazwi nk’i ndiri ikomeye ya FDLR na Wazalendo.

Tags: BarakaBibogobogoFardcFDNBIngabo zu Burundi
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Burundian soldiers have arrived in Bibogobogo.

Burundian soldiers have arrived in Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?