• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Mwenga: Inka zirenga 70 basanze zapfuye.

minebwenews by minebwenews
April 15, 2025
in Conflict & Security
0
Mwenga: Inka zirenga 70 basanze zapfuye.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mwenga: Inka zirenga 70 basanze zapfuye.

You might also like

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Muri teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, abaturage baho babyutse basanga Inka zirenga 70 zapfuye.

Ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri tariki ya 14/04/2025, ni bwo abaturage bo muri teritware ya Mwenga babyutse basanga Inka zabo zirenga 70 zapfuye.

Nk’uko aba baturage babisobanuye bavuze ko icishe izi nka ntikiraramenyekana, ariko ko bakeka ko zaba zishwe n’inkuba nubwo bakomeje bavuga ko ntamvura yaguye muri ibyo bice iryo joro ryo ku wa mbere.

Ni mu gihe bavuga ko yaba yarazikubise bucece.
Uduce neza izi nka zaguyemo ni Kilungutwe na Kilumba, aha akaba ari muri cheferi ya Lwindi(Luindi) muri teritware ya Mwenga..

Amashusho yashyizwe hanze azigaragaza, yerekana imirambo yazo irambaraye hasi, aho ndetse ubona zegeranye cyane kuburyo koko zaba zarakubiswe n’inkuba.

Ubutumwa aba baturage bahaye Minembwe Capital News bugira buti: “Inka ziri hejuru ya 70 zapfuye. Ntituramenya icyazishe, ariko ishobora kuba ari inkuba.”

Bukomeza bugira buti: “Zaguye Kilungutwe na Kilumba.”

Mu busanzwe utwo duce twaguyemo izi nka dutuwe n’ubwoko bw’Ababembe bazwiho kutorora Inka. Bikavugwa ko izi nka kwarizo bari baranyaze Abanyamulenge mu bitero bakunze kubagabaho.

Ibyegeranyo bitandukanye byagiye bishyirwa ahagaragara mu myaka ishyize, bihamya ko imitwe yitwaje intwaro ya Mai-Mai ikomoka mu Babembe n’Abapfulero ndetse n’Abanyindu, hagati mu myaka ya 2017 na 2020, yanyaze Inka z’Abanyamulenge zibarirwa mu bihumbi amagana.

Bikagaragaza ko izo nka zanyagiwe mu bice bitandukanye byo mu misozi ya Fizi, Uvira na Mwenga.

Ubundi kandi, bizwi ko inyinshi muri izi nka zanyagiwe mu bice byo muri Fizi na Mwenga, kuko niyo Abanyamulenge bakundaga gusuhurira mbere y’intambara no hagati muri iyo myaka yavuzwe haruguru.

Tags: InkaMwengaZapfuye
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya Balkanisation - ubusesenguzi Uwamenyekanye cyane kuri Tuungane Minembwe, imwe mu ma radio akorera mu misozi miremire y'i Mulenge,...

Read moreDetails

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw'abasivili benshi Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyifashishe indege z'intambara gitera ibisasu ahatuwe cyane n'abaturage bihitana abatari bake....

Read moreDetails

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyohereje Brigadier General Amuli Civiri na Brigadier General Ilunga Kabamba mu mujyi...

Read moreDetails

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryabyukiye mu mirwano na Wazalendo...

Read moreDetails

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru Mu gihe imirwano yongeye kuremera muri Kivu y'Amajyaruguru hagati y'Ingabo za Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,...

Read moreDetails
Next Post
DRC Leaders Calls for Provincial Self-Governance to Tackle Poverty and Conflict

DRC Leaders Calls for Provincial Self-Governance to Tackle Poverty and Conflict

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?