Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Kinshasa ibintu byatangiye guhindura isura, nyuma y’aho Kabila ageze i Goma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 19, 2025
in Regional Politics
0
Ubutegetsi bw’i Kinshasa bwongeye kugaragariza AFC/M23 ibirimo amananiza ashaririye.
111
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Kinshasa ibintu byatangiye guhindura isura, nyuma y’aho Kabila ageze i Goma.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakoze ibintu mu mwanya muto bitangaje, akimara kumenya ko Joseph Kabila Kabange wabaye perezida w’iki gihugu yageze i Goma anyuze i Kigali mu Rwanda.

Ku munsi w’ejo ku wa gatanu, tariki ya 18/04/2025, Felix Tshisekedi yari yiriwe mu ntara ya Haut-Katanga mu bikorwa bya Leta, akimara kubwibwa ko Kabila yageze i Goma ahita asubira i Kinshasa atabwiye abo barikumwe icyabaye.

Amakuru yizewe avuga ko Tshisekedi yavuye i Lubumbashi ari nijoro, atitaye ku byari bitaganyijwe gukorwa umunsi wari gukurikiraho.

Uko kwihuta kwa perezida Felix Tshisekedi, kwavuye ku makuru yari amaze kumva ko Joseph Kabila yageze i Goma anyuze i Kigali mu Rwanda.

Bikaba byaratumye uyu mukuru w’iki gihugu akuka umutima, kuba Joseph Kabila yaranyuze i Kigali, ubundi agakomereza i Goma mu gice kigenzurwa na AFC/M23 imaze igihe ijegeza ubutegetsi bwe.

Kabila, nyuma y’umwaka urenga ari hanze y’igihugu, kugaruka kwe kwateje impagarara ku banyapolitiki b’iki gihugu no mu nzego z’umutekano za Congo.

Bivugwa ko yavuye muri Afrika y’Epfo, aho yarimo yiga, akaba kandi yarageze no muri Zimbabwe aho yari yibereye mu buhungiro butigeze butangazwa ku mugaragaro.

Aha’rejo rero, tariki ya 18/04/2025, yongeye gukandagiza ibirenge bye mu gihugu cye, ahitira i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Ahagenzurwa n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo riyobowe na Corneille Nangaa; iryo Kinshasa ishinja gufashwa n’u Rwanda nubwo iri huriro ribitera utwatsi ndetse n’u Rwanda ubwarwo rurabihakana.

Ibyo nibyo Tshisekedi yahise yumva ko bigeze aho atabitekerezaga: kuko Kabila ari umunyapolitiki udasanzwe muri iki gihugu, kuba yaratoranyije guhitira mu gice kigenzurwa n’umutwe urwanya ubutegetsi bwe.

Kabila akimara kugera i Goma, amakuru avuga ko mu biro bya perezida Felix Tshisekedi habaye impagarara ibintu biracika, inzego z’umutekano zisabwa gukora akazi zivuye inyuma.

Bikavugwa ko i Kinshasa bafite ubwoba bwa basirikare bakuru ko boba bari kugirana ibiganiro byarwihishwa na Joseph Kabila wayoboye iki gihugu imyaka 18.

Hari n’amakuru avuga ko impamvu yatumye Tshisekedi asubira i Kinshasa igitaraganya, ari uko yari yamenye ko yaba agiye gukubitwa Coup d’etat n’abamwe muri abo basirikare.

Nyamara ibi byose byatangiye guhindura isura ubwo Joseph Kabila yatangazaga ko igihugu cye kimeze nabi, bityo agiye kwifatanya n’abandi kugishakira umuti urambye.

Bitaganyijwe ko Joseph Kabila ageza ijambo ku baturage bari i Goma. Ni ijambo bivugwa rishobora kuzana impinduka zikomeye mu mateka y’iki gihugu.

Bikaba bizaba bigiye kuba n’ubwa mbere Kabila agiye kugaragaza neza icyerekezo cye kuri iki gihugu nyuma y’aho avuye ku butegetsi.

Tags: IsuraKabilaKinshasa
Share44Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Rev.Bintuntumwa yahishuye ko hariho “ihishurirwa” Imana yahaye abantu bose, abayobozi b’amadini n’abanyapolitiki.

Rev.Bintuntumwa yahishuye ko hariho "ihishurirwa" Imana yahaye abantu bose, abayobozi b'amadini n'abanyapolitiki.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?