Ubutegetsi bw’i Kinshasa bwafatiye ngamba zikakaye ishyaka rya Kabila.
Nyuma y’aho Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo agereye i Goma mu Burasirazuba bwa Congo, ahagenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23, ubutegetsi bw’i Kinshasa bwahagaritse ishyaka rye, ubundi bumufatira n’imitungo.
Ni bikubiye mu itangazo RDC yaraye ishyize hanze mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri iki Cyumweru tariki ya 20/04/2025.
Iri tangazo rivuga ko Joseph Kabila ahita akurikiranwa n’ubutabera, kandi ko imitungo ye yimukanwa n’itimukanwa ifatirwa.
Rivuga kandi ko ubutegetsi bwafashe ingamba ku ngendo zabakorana nawe, ubwo ni abo muri iri shyaka riyobowe na Kabila rya PPRD, bityo rivuga ko izo ngendo zigomba kugabanywa.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko igikorwa Kabila yakoze ko ari ubugambanyi bwo ku rwego rwo hejuru.
Usibye nibyo, Leta yemeje ko yamaze gufatira imitungo uyu mugabo yarafite mu duce twa Kingakati, Kashamata, nahandi.
Murindi tangazo Leta yasohoye riteweho umukono na Shabani Lukoo Bihanga, rivuga ko ibikorwa bya PPRD bihagatitswe mu gihugu hose kubera uruhare perezida waryo ashinjwa kugira mu ntanbara.
Ariko kugeza ubu ishyaka rya PPRD ntacyo riratangaza ku ngamba Leta yarifatiye.
Kabila ushinjwa ibi, yayoboye iki gihugu imyaka 18, kuko yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2001, abuvaho mu mwaka wa 2019.
Umutwe wa M23 ashinjwa gukorana nawe, ugenzura umujyi wa Bukavu n’uwa Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu.
Ndetse kandi ugenzura n’ibindi bice byinshi byo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru muri iki gice cy’uburasirazuba bwa Congo..