Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuyobozi wa Gatolika i Kinshasa yagaragaje aho ibibazo by’intambara RDC ihoramo aho bikomoka.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 23, 2025
in Regional Politics
0
Umuyobozi wa Gatolika i Kinshasa yagaragaje aho ibibazo by’intambara RDC ihoramo aho bikomoka.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuyobozi wa Gatolika i Kinshasa yagaragaje aho ibibazo by’intambara RDC ihoramo aho bikomoka.

You might also like

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Umuyobozi wa Kiliziya Gatolika i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Cardinal Fridolin Ambongo, yatangaje ko kuba iki gihugu cye kidafite amahoro ntaho bihuriye n’u Rwanda ngo nk’uko ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi bubigaragaza, hubwo ko ibibazo byose iki gihugu gifite biva ku butegetsi bubi.

Bikubiye mu butumwa yatanze ku munsi wa Pasika tariki ya 20/04/2025, aho yagaragaje ko RDC iri mu bubabare buri ku rwego rwo hejuru kandi ko iri muri koma. Ariko ko byose biva ku butegetsi bubi.

Asobanura ko impamvu RDC ihora ari indembe, ngo ni uko ubutunzi bwayo kamere busahurwa, burimo amabuye y’agaciro, kandi ko iryo sahurwa rikorwa n’ibihugu bikomeye, bihabwa inzira n’ubutetsi bw’iki gihugu.

Yagize ati: “Tuzi impamvu yatumye igihugu cyacu gihora ari indembe. Impamvu buri wese azi kandi ihora igaruka, yumvikana ku miyoboro ya radio, televisiyo, ahantu hose iravugwa. Ibyo bikorwa n’ibigo bikomeye by’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro by’ibihugu bikomeye bishaka umutungo udatunganyije, amashyamba n’amazi ya Congo kugira ngo bibyikoreshereze.”

Cardinal Fridolin Ambongo avuga ko mu rwego rw’umutekano, RDC nta gisirikare ifite cyayifasha kurinda ubwingenge n’ubusugire bw’ubutaka bwayo, agaragaza ko ari yo mpamvu abarwanyi ba AFC/M23 bacambuye ibice byinshi byo mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Yavuze kandi ko ikibazo ubutegetsi bw’i Kinshasa bwerekana, bukavuga ko u Rwanda kwari rwo rutuma igihugu cyabo gihora mu ntamabara, avuga ko atari byo.

Yagize ati: “Impamvu ya mbere yo kubura amahoro, si abantu bo hanze, si abanyamahanga, si u Rwanda, ahubwo ni twebwe Abanye-Congo.”

Yavuze kandi ko mu myaka itatu intambara imaze mu Burasizuba bw’iki gihugu, abayobozi b’i Kinshasa bitwara nk’aho nta kibazo gihari, bakarushaho gushaka inyungu zabo, n’abatari mu myanya y’ubuyobozi bagashaka uko bayijyamo.

Ati: “Mu gihe igihugu kiri mu ntamabara, mu gihe umwanzi yagura ibirindiro, ikidushishikaje gusa ni ukugabana umugati. Twakora iki kugira ngo tujye muri guverinoma, tube mu batunze cyane?”

Cardinal Fridolin Ambongo yagaragaje kandi ko leta ijya yibeshya ku biyunga kuri AFC/M23 ngo kuko ibita abagambanyi.

Ati: “Ni gute abahungu b’igihugu bava hano, yewe i Kinshasa bajya kwiyunga kuri AFC/M23 ? Twibaza iki kibazo, kubera iki? Dushobora gufata abagenda nk’abagambanyi, kubera ko biyunze ku mwanzi, ariko ikibazo shingiro ni ukubera iki aba bantu bitwara muri ubwo buryo?”

Yavuze ko ingengo y’imari ya Leta ya Congo ari miliyari 3 z’amadolari y’Amerika, kandi 70% byayo bikoreshwa n’abari mu myanya ya politiki, 30% bikagenerwa abaturage.

Agaragaza ko imikoreshereze mibi y’umutungo wa Leta ari yo ituma Abanye-Congo barakara, bakajya kwiyunga kuri AFC/M23 bafite intego yo kubohora RDC.

Ambongo yagaragaje ko RDC, hariho abitwikira ubutabera, bakambura abaturage imitungo yabo, mu gihe babuze ubutabera, bagahitamo kugaragariza akababaro kabo mu kwiyunga ku barwanyi ba AFC/M23.

Yasoje asaba ubutegetsi bwa Congo kureka kwirirwa buririmba amahoro, bugaharanira kuyubaka kuko amagambo gusa atari yo yotuma iki gihugu gitekana.

Tags: AmbongoIkibazo
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

by Bruce Bahanda
June 20, 2025
0
U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n'ingaruka zaterwa n'intambara ya Israel na Iran. Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizeho itsinda rihora rigenzura ibikomoka...

Read moreDetails

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails
Next Post
Ibya basirikare ba FARDC basanzwe mu bigo by’ingabo za SADC muri RDC.

M23 Seizes Walikale in North Kivu, Two Killed in Clashes with Congolese Army

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?