• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, August 18, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuyobozi wa Gatolika i Kinshasa yagaragaje aho ibibazo by’intambara RDC ihoramo aho bikomoka.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 23, 2025
in Regional Politics
0
Umuyobozi wa Gatolika i Kinshasa yagaragaje aho ibibazo by’intambara RDC ihoramo aho bikomoka.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuyobozi wa Gatolika i Kinshasa yagaragaje aho ibibazo by’intambara RDC ihoramo aho bikomoka.

You might also like

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Umuyobozi wa Kiliziya Gatolika i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Cardinal Fridolin Ambongo, yatangaje ko kuba iki gihugu cye kidafite amahoro ntaho bihuriye n’u Rwanda ngo nk’uko ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi bubigaragaza, hubwo ko ibibazo byose iki gihugu gifite biva ku butegetsi bubi.

Bikubiye mu butumwa yatanze ku munsi wa Pasika tariki ya 20/04/2025, aho yagaragaje ko RDC iri mu bubabare buri ku rwego rwo hejuru kandi ko iri muri koma. Ariko ko byose biva ku butegetsi bubi.

Asobanura ko impamvu RDC ihora ari indembe, ngo ni uko ubutunzi bwayo kamere busahurwa, burimo amabuye y’agaciro, kandi ko iryo sahurwa rikorwa n’ibihugu bikomeye, bihabwa inzira n’ubutetsi bw’iki gihugu.

Yagize ati: “Tuzi impamvu yatumye igihugu cyacu gihora ari indembe. Impamvu buri wese azi kandi ihora igaruka, yumvikana ku miyoboro ya radio, televisiyo, ahantu hose iravugwa. Ibyo bikorwa n’ibigo bikomeye by’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro by’ibihugu bikomeye bishaka umutungo udatunganyije, amashyamba n’amazi ya Congo kugira ngo bibyikoreshereze.”

Cardinal Fridolin Ambongo avuga ko mu rwego rw’umutekano, RDC nta gisirikare ifite cyayifasha kurinda ubwingenge n’ubusugire bw’ubutaka bwayo, agaragaza ko ari yo mpamvu abarwanyi ba AFC/M23 bacambuye ibice byinshi byo mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Yavuze kandi ko ikibazo ubutegetsi bw’i Kinshasa bwerekana, bukavuga ko u Rwanda kwari rwo rutuma igihugu cyabo gihora mu ntamabara, avuga ko atari byo.

Yagize ati: “Impamvu ya mbere yo kubura amahoro, si abantu bo hanze, si abanyamahanga, si u Rwanda, ahubwo ni twebwe Abanye-Congo.”

Yavuze kandi ko mu myaka itatu intambara imaze mu Burasizuba bw’iki gihugu, abayobozi b’i Kinshasa bitwara nk’aho nta kibazo gihari, bakarushaho gushaka inyungu zabo, n’abatari mu myanya y’ubuyobozi bagashaka uko bayijyamo.

Ati: “Mu gihe igihugu kiri mu ntamabara, mu gihe umwanzi yagura ibirindiro, ikidushishikaje gusa ni ukugabana umugati. Twakora iki kugira ngo tujye muri guverinoma, tube mu batunze cyane?”

Cardinal Fridolin Ambongo yagaragaje kandi ko leta ijya yibeshya ku biyunga kuri AFC/M23 ngo kuko ibita abagambanyi.

Ati: “Ni gute abahungu b’igihugu bava hano, yewe i Kinshasa bajya kwiyunga kuri AFC/M23 ? Twibaza iki kibazo, kubera iki? Dushobora gufata abagenda nk’abagambanyi, kubera ko biyunze ku mwanzi, ariko ikibazo shingiro ni ukubera iki aba bantu bitwara muri ubwo buryo?”

Yavuze ko ingengo y’imari ya Leta ya Congo ari miliyari 3 z’amadolari y’Amerika, kandi 70% byayo bikoreshwa n’abari mu myanya ya politiki, 30% bikagenerwa abaturage.

Agaragaza ko imikoreshereze mibi y’umutungo wa Leta ari yo ituma Abanye-Congo barakara, bakajya kwiyunga kuri AFC/M23 bafite intego yo kubohora RDC.

Ambongo yagaragaje ko RDC, hariho abitwikira ubutabera, bakambura abaturage imitungo yabo, mu gihe babuze ubutabera, bagahitamo kugaragariza akababaro kabo mu kwiyunga ku barwanyi ba AFC/M23.

Yasoje asaba ubutegetsi bwa Congo kureka kwirirwa buririmba amahoro, bugaharanira kuyubaka kuko amagambo gusa atari yo yotuma iki gihugu gitekana.

Tags: AmbongoIkibazo
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

by Bruce Bahanda
August 17, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n'u mutwe wa FDLR. U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, rwatangaje ko ibikorwa by'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ruruteye inkenke...

Read moreDetails

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Abanyamulenge bagiye kwibuka ku nshuro ya 21 ababo baguye mu Gatumba.

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho. Mu muhango wo kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba mu mwaka wa 2004 mu gihugu cy'u Burundi bavuze ko basanga...

Read moreDetails
Next Post
Ibya basirikare ba FARDC basanzwe mu bigo by’ingabo za SADC muri RDC.

M23 Seizes Walikale in North Kivu, Two Killed in Clashes with Congolese Army

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?