Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yavuze ko afite amakuru meza ku Rwanda na RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 1, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yavuze ko afite amakuru meza ku Rwanda na RDC.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yatangaje ko mu minsi mike iri mbere hari amakuru meza yerekeye u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo azamenyekana; ateguza ibi bihugu byombi kwitegura kuzinjira mu bihe by’amahoro.

Perezida Donald Trump ni byo yatangaje mu kiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru, aho yahise avuga ko u Rwanda na Congo bigiye kwinjira mu bihe byiza by’amahoro.

Hari nyuma y’aho yari aheruka gutangaza kandi akoresheje urubuga rwa Truth social ko hari “amakuru meza aturuka muri Afrika” yerekeye intambara n’amakimbirane kuri uyu mugabane w’irabura.

Hanyuma aza kwerekeza mu kiganiro yagiranye n’igitangaza makuru ko mubarebwa n’aya makuru harimo u Rwanda na Congo.

Yagize ati: “Ndabyizera neza cyane ko mu munsi iri mbere tuzabona amakuru meza yerekeye u Rwanda na Congo Kinshasa, kandi ndatekereza ko amahoro azaboneka mu Rwanda, na Congo no mu bindi bihugu bike bibakikije kandi bizaba byiza. Rero turizera ko ibyo bizatanga umusaruro.”

Ni mu gihe u Rwanda na Congo biheruka gusinyana amasezerano agena amahame ngenderwaho mu gushakira umuti amakimbirane yo mu Burasizuba bwa Congo.

Aya mahame yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Imyaka yari maze kuba itatu u Rwanda na RDC bitavuga rumwe, ahanini byavaga ku ntambara iri kubera mu Burasizuba bwa Congo, aho igisirikare cy’iki gihugu gihanganye bikomeye n’u mutwe wa M23.

Amerika iri mu bihugu bishinja u Rwanda guha ubufasha uyu mutwe wa M23, ibyo ruhakana huhwo rugashinja Leta y’i Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ubwo umujanama wihariye wa Trump ku bibazo bya Afrika, Massade Boulos, aheruka kugirira uruzinduko i Kinshasa n’i Kigali, “yasabye u Rwanda guhagarika ubufasha kuri M23 ndetse rukavana n’ingabo zarwo zose ku butaka bwa RDC.”

Ubundi kandi avuga ko Leta Zunze ubumwe z’Amerika zishigikiye ko umutwe wa FDLR usenywa burundu.

Mu masezerano u Rwanda ruheruka gusinyana na RDC, byemeranyije ingingo zirimo ko buri gihugu kigomba kubaha ubusugire bw’ikindi ndetse no kureka gukorana n’imitwe yitwaje intwaro igambiriye guhungabanya umutekano wa buri ruhande.

Tags: amahoroRdcRwanda
Share31Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.

Ingabo z'u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?