Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hamenyekanye icyongeye gutuma Wazalendo basubiranamo na FARDC i Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 1, 2025
in Conflict & Security
0
Abantu babiri bishwe barashwe i Uvira muri iri joro.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye icyongeye gutuma Wazalendo basubiranamo na FARDC i Uvira.

You might also like

Uwashinjwaga kuba ishyano ku Banya-Bibogobogo ntakiriho.

Icyikango cyari cyose mu Rugezi nyuma y’ibiteye ubwoba abariyo bari babonye.

Hongeye kubura imirwano ikomeye hagati y’ihuriro ry’Ingabo za RDC na M23 muri Kivu Yaruguru.

Ihuriro rya Wazalendo risanzwe rifatikanya n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo kurwanya umutwe wa M23, rya subiranyemo n’izi ngabo z’igihugu, barazishinja gushyigikira uriya mutwe barwanya.

Isubiranamo ry’izi mpande zombi ryatangiye ku gicamunsi c’ejo ku wa gatatu tariki ya 30/04/2025.

Bikavugwa ko ryatangiriye kuri Runingu ho muri Uvira. Ni nyuma y’aho abasirikare ba Leta bashatse kuzamuka mu misozi iri hejuru ya Gasenga muri Uvira kuhashinga ibirindiro.

Byari mu rwego rwo kugira ngo barinde umujyi wa Uvira utagwa mu maboko ya M23 iheruka gufata uduce twinshi turi hafi n’ikibaya cya Rusizi
mu ntera ngufi uvuye aha muri centre ya Uvira.

Wazalendo, kuzamuka kwa FARDC igashinga ibirindiro mu misozi iri hejuru ya Gasenga, babifashe nk’ubugambanyi bukomeye bavuga ko izi ngabo zenda kwiyunga kuri M23.

Rero, icyakurikiyeho ni uguhangana hagati yabo bonyine. Kugeza n’ubu iryo hangana riracyakomeje, aho no muri iki gitondo impande zombi zazindutse zirwanira mu Gasenga, nyuma yuko ku munsi w’ejo ku wa gatatu barwaniye i Runingu.

Mu ntangiriro zakiriya cyumweru gishize, nabwo kandi impande zombi zararwanye bikomeye mu mujyi wa Uvira, zikaba zarapfuye ko ubuyobozi bw’uruhande rwa FARDC rwasabaga urwa Wazalendo kuvana abarwanyi bawo muri uyu mujyi wa Uvira.

Zabashinjaga guteza umutekano muke muri iki gice, kwica abaturage no kubasahura ibyabo mu mago yabo. Ibyatumye haba imirwano yamaze iminsi ibiri.

Ndetse byanavuzwe ko yaguyemo abatari bake, ubundi kandi n’abaturage benshi bava mubyabo barahunga.

Urwandiko rwashyizwe hanze n’umuhuzabikorwa wa sosiyete sivili ku rwego rw’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Mafikiri Mashimango Martin, yavuze ko bababajwe n’urusaku rw’imbunda rwa buri munsi hagati ya FARDC na Wazalendo.

Avuga ko ibyo bihangayikishije abaturage, bityo asaba impande zihanganye gukora uko zishoboye zigagaharika iyo mirwano, ubundi bagashakira abaturage amahoro n’ituze.

Ati: “Ihangana hagati ya FARDC na Wazalendo, ingaruka ryabyo riteje akajagari abaturage, kandi bararushe, bityo turasaba ko impande zombi zo bishakira umuti vuba.”

Kuva Wazalendo, Ingabo z’u Burundi, FARDC na FARDC bagera muri iki gice, nyuma y’aho batsinzwe urugamba bahanganyemo n’umutwe wa M23 i Bukavu n’ahandi mutundi duce bakahahungira, abaturage bahise binjira mu bihe birushya by’umutekano muke.

Ibi bituma benshi muri aba baturage basaba M23 kuza kubatabara, kuko ibice byose uyu mutwe ugenzura birangwamo amahoro n’ituze ndetse n’iterambere. Aho ni Bukavu, Goma, Kamanyola n’ahandi nka Minembwe.

Tags: FardcUviraWazalendo
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwashinjwaga kuba ishyano ku Banya-Bibogobogo ntakiriho.

by Bruce Bahanda
June 17, 2025
0
Uwashinjwaga kuba ishyano ku Banya-Bibogobogo ntakiriho.

Uwashinjwaga kuba ishyano ku Banya-Bibogobogo ntakiriho. Kijeyi wari umu-Mai Mai wibaga Inka n'ihene z'Abanyamulenge bo mu gace ka Bibogobogo ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu...

Read moreDetails

Icyikango cyari cyose mu Rugezi nyuma y’ibiteye ubwoba abariyo bari babonye.

by Bruce Bahanda
June 17, 2025
0
Icyikango cyari cyose mu Rugezi nyuma y’ibiteye ubwoba abariyo bari babonye.

Icyikango cyari cyose mu Rugezi nyuma y'ibiteye ubwoba abariyo bari babonye. Nyuma y'aho abari mu Rugezi babwiwe ko bari butegwe n'ihuriro ry'Ingabo za Congo mu ijoro ryaraye rikeye,...

Read moreDetails

Hongeye kubura imirwano ikomeye hagati y’ihuriro ry’Ingabo za RDC na M23 muri Kivu Yaruguru.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Wazalendo yakoreye abaturage igikorwa kigayitse ngo iri guhima AFC/M23.

Hongeye kubura imirwano ikomeye hagati y'Ingabo za RDC na M23 muri Kivu Yaruguru. Urugamba rukomeye rwazindutse rubera mu duce two muri teritware ya Rutshuru mu ntara ya Kivu...

Read moreDetails

Minisitiri Mutamba, wari mubavuga rikijana muri Leta y’i Kinshasa, isi yamubereye nto!

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Minisitiri Mutamba, wari mubavuga rikijana muri Leta y’i Kinshasa, isi yamubereye nto!

Minisitiri Mutamba, wari mubavuga rikijana muri Leta y'i Kinshasa, isi yamubereye nto! Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahanguye ubushinjacyaha bukuru bw'iki gihugu ku geza...

Read moreDetails

Ababarirwa mu magana biciwe i Moba ahahoze hatuye Abanyamulenge.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Ababarirwa mu magana biciwe i Moba ahahoze hatuye Abanyamulenge.

Ababarirwa mu magana biciwe i Moba ahahoze hatuye Abanyamulenge. Muri teritware ya Moba mu ntara ya Tanganyika, mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, hiciwe abantu 318,...

Read moreDetails
Next Post
I Doha hahuriye intumwa z’ibihugu bitanu ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo.

I Doha hahuriye intumwa z'ibihugu bitanu ku kibazo cy'umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?