Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ubayeho perezida ariko aba umukene kurusha abandi yapfuye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 15, 2025
in World News
0
Ubayeho perezida ariko aba umukene kurusha abandi yapfuye.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubayeho perezida ariko aba umukene kurusha abandi yapfuye.

You might also like

Abatuye mu gace ka Lice bisanze ‘basinze’ bose hamenyekana n’icyabiteye.

Joe Biden wayoboye Amerika yasanzwemo indwara ikomeye.

U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

Jose Mujica wigeze kuyobora igihugu cya Uruguay yitabye Imana ku myaka 89 y’amavuko, bivugwa ko yazize indwara ya kanseri y’umuhogo yari amaranye igihe.

Mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki ya 13/05/2025, ni bwo Jose yitabye Imana.

Inkuru y’urupfu rwe yabitswe n’uwamutsimbuye ku butegetsi, perezida Yamandu Orsi, aho yakoresheje urubuga rwa x agira ati: “Turagushimira kuri buri kimwe waduhaye ndetse tuzirikana n’urukundo wakundaga abaturage.”

Jose Mujica wamamaye cyane ku izina rya Pape , ni we muntu wayoboye igihugu ariko agafatwa nk’umukene nyuma y’abandi bose bijyanye no kubera ko yakundaga kubaho mu buzima bworoheje ugereranyije n’abandi.

Ni we muyobozi watumye Uruguay iba igihugu cya mbere gishyizeho amategeko yemera ikoreshwa ry’urumogi, bituma aba ikirangirire mu isi by’umwihariko muri Amerika y’Amajyepfo.

Yakunze kugaragaza ko akunda politiki, gusoma ibitabo, kubaho byoroheje ndetse no guhinga, ibyo bavuga ko yabyigishijwe na nyina.

Ku butegetsi bwe yari yariyemeje gutanga hafi 90% by’umushahara we akabiha abababaye n’abafite ibigo bikizamuka.

Yiberaga mu nzu idashamaje mu mirima ye yari yitaruye umurwa mukuru wa Uruguay, Montevideo, yanga kuba mu nzu zateganyirijwe abakuru b’igihugu.

Hejuru y’ibyo yagenderaga mu modoka ihendutse ya Volkswagen Beetle, yakozwe mu 1987. Ndetse ubwo mu 2010 yatangazaga umutungo we, yavuze ko ari yo yari henze mu mitungo yari afite icyo gihe, kuko yaguraga 1.800$.

Mu 2013 umutungo we wageze kuri 322.883$, bigizwemo uruhare no gushyiramo imitungo y’umugore we. Mu 2015 ava ku butegetsi, umutungo we wabarirwaga mu bihumbi 300$.

Tags: Jose MujicaUruguayyapfuye
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Abatuye mu gace ka Lice bisanze ‘basinze’ bose hamenyekana n’icyabiteye.

by Bruce Bahanda
May 14, 2025
0
Abatuye mu gace ka Lice bisanze ‘basinze’ bose hamenyekana n’icyabiteye.

Abatuye mu gace ka Lice bisanze 'basinze'bose hamenyekana n'icyabiteye. Abaturage basaga 25,000 bo mu gace ka Lice gaherereye mu ntara ya Diyarbakir mu gihugu cya Turkey, bisanze basinze...

Read moreDetails

Joe Biden wayoboye Amerika yasanzwemo indwara ikomeye.

by Bruce Bahanda
May 14, 2025
0
Joe Biden wayoboye Amerika yasanzwemo indwara ikomeye.

Joe Biden wayoboye Amerika yasanzwemo indwara ikomeye. Joe Biden wahoze ari perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika yasanzwemo ikibyimba muri prostate. Ni amakuru yashyizwe hanze n'umuvugizi wa Biden...

Read moreDetails

U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

by Bruce Bahanda
May 10, 2025
0
U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango.

U Burusiya intwaro bwagaragaje yatumye ibihugu byinshi bigira icyikango. Mu Burusiya ubwo bizihizaga imyaka 80 butsinze Abanazi bari bayobowe na Adolphe Hitler wari wabuteye mu cyitswe Leta Zunze...

Read moreDetails

Byakaze, mu kirekire cya Pakistan nta ndege zikigicamo..

by Bruce Bahanda
May 8, 2025
0
Byakaze, mu kirekire cya Pakistan nta ndege zikigicamo..

Byakaze, mu kirekire cya Pakistan nta ndege zikigicamo.. Sosiyete z'indege zitandukanye zahagaritse ingendo zazo zacaga mu kirere cya Pakistan nyuma yuko rwongeye kwambikana hagati y'ingabo z'iki gihugu n'iz'u...

Read moreDetails

Rwa mbikanye hagati y’u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.

by Bruce Bahanda
May 7, 2025
0
Rwa mbikanye hagati y’u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.

Rwa mbikanye hagati y'u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka. Igisirikare cy'u Buhinde cyarasanye bikomeye n'icya Pakistan, nyuma y'aho ibihugu byombi byari bigize iminsi bipfa agace ka Kshimir. Buri...

Read moreDetails
Next Post
Ubutegetsi bw’i Kinshasa bwashyize ku mugaragaro icyo bushinja Kabila.

Ubutegetsi bw'i Kinshasa bwashyize ku mugaragaro icyo bushinja Kabila.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?