Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 22, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

You might also like

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yavuze ko ntaho ahuriye na Congo Kinshasa n’u Rwanda , ariko avuga ko hari intumwa ifite ubuhanga igihugu cye cyohereje gukurikirana ibibazo bihari kandi ko irimo gukora akazi gakomeye mu guhuza ibi bihugu byombi.

Ibi perezida Trump yabigarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro na perezida wa Afrika y’Epfo, Ramaphosa, mu biro bye, White House biherereye i Washington DC.

Kubera iki kiganiro aba bakuru b’ibihugu byombi bagiranye, ibinyamamakuru byinshi byanditse ko Trump yagitezemo Ramaphosa umutego, ubwo yamwerekaga video zirimo indirimbo n’amagambo y’urwango bivugwa na bamwe mu baturage ba Afrika y’Epfo babwira Abazungu babahinzi baba muri icyo gihugu ko bazabica.

Mubarimo bavuga ayo magambo harimo na Julius Malema utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu cya Afrika y’Epfo, ariko ntihagire icyo ubutegetsi bubikoraho.

Akaba ari na yo mpamvu Trump yiyemeje guha ubuhungiro abo bazungu avuga ko barimo gukorerwa jenocide.

Ibyakurikiyeho, abanyamakuru babajije Trump icyo arimo akora ku bibazo by’u Rwanda na RDC, avuga ko we ntacyo yabikoraho.

Ati: “Ntaho mpuriye n’u Rwanda na Congo Kinshasa, ariko niyumvisemo ko hari umuntu ufite ubwo buhanga mu butegetsi bwacu, namwohereje yo kandi yakoze akazi kadasanzwe, niko mbibona. Ariko tuzaba tubireba.”

Ramaphosa yanabwiye Trump ko igihugu cye n’ibindi bihugu byo mu muryango wa Afrika y’Amajyepfo byari bifite ingabo muri RDC byazikuyeyo kugira ngo amahoro abashe ku boneka.

Avuga ko RDC ibonye amahoro n’akarere kose irimo kahita kayagira.

Trump ni bwo yahise atangaza ko ibibera muri RDC ari amahano, ngo kuko igihe cyose hava inkuru z’abantu bicwa, akavuga ko abantu yoherejeyo barimo bakora akazi gakomeye.

Ubundi kandi Trump yeretse Ramaphosa raporo ziva muri RDC zigaragaza ubwicanyi buberayo, ahanini ubwo bwicanyi bubera mu Burasizuba bwayo.

Ibyo bibaye mu gihe RDC yemeye kuganira n’u mutwe wa M23, aho bihuzwa n’igihugu cya Qatar.

Ndetse kandi u Rwanda na Congo Kinshasa nabyo abakuru b’ibi bihugu baheruka guhurira i Doha muri Qatar bahujwe na Emir Sheikh Termin Bin.

Hagataho, u Rwanda na Congo kandi, byakiriye inyandiko yatanzwe na Leta Zunze ubumwe z’Amerika ikubiyemo imbanziriza mushinga y’amasezerano y’amahoro.

Hejuru y’ibyo, mu kwezi gutaha ibi bihugu byombi, bizasinya amasezerano y’ubwumvikane imbere ya perezida Donald Trump. Ni amasezerano yitezwe ko azarangiza intambara ziri kubera mu Burasizuba bwa Congo.

Tags: RamaphosaRdcRwandaTrumpUmutego
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23. Leta Zunze ubumwe z'Amerika na Qatar bishaka ko ibiganiro byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi . Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yatangaje ko yiteguye kwakira perezida w'u...

Read moreDetails

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC. Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya akaba ari n'umwe mubahuza mu bibazo by'intambara ibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya...

Read moreDetails

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bimwe mu biremereye Leta y'i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro biri kubera i Doha. Ibiganiro by'imishyikorano biri kubera i Doha muri Qatar byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Avugwa mu biganiro by'i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n'iza leta y'i Kinshasa. Ibiganiro by'imishyikirano byahuriyemo intumwa z'umutwe wa M23 n'iza leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Gira ibyo umenya ku gitero u Bubiligi bushinja igisirikare cya Israel.

Gira ibyo umenya ku gitero u Bubiligi bushinja igisirikare cya Israel.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?