Byakomeye, Kabila yiswe Umunyarwanda.
Ishyaka riri ku butegetsi muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, rya UDPS, rirashinja Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuri cengeramo, kandi ngo ari Umunyarwanda.
Ni amagambo yatangajwe n’umunyabanga mukuru w’iri shyaka rya UDPS, Augustin Kabuya, aho yavuze ko Kabila ari Umunyarwanda wacengeye iri shyaka ryabo.
Ni mu gihe yasubizaga ibiheruka gutangazwa na Joseph Kabila tariki ya,23/05/2025. Kabuya yavuze ko hari abantu bo mu miryango yabo biciwe mu myigaragambyo yabaye mu 2016 na 2018 igihe cya Joseph Kabila.
Avuga ko uretse kuba Kabila yarahaye akazi abantu kujya kwica abigaragambyaga, hari na bo muri UDPS yahaye ubutumwa bwo guteza umwiryane muri iri shyaka, mu gihe yari ku butegetsi.
Uyu munyamabanga wa UDPS, yasobanuye ko kwiyegereza Kabila bitari bigamije ubucuti hagati ya UDPS na PPRD, hubwo ko byari uburyo bwo kumwoshya mbere yo kwambura FCC ububasha yari ifite muri Leta.
Aha ni ho yahise atangaza ko Joseph Kabila atari Umunye-Kongo, avuga ko kugeza n’ubu bakimugiraho ikibazo, ati: “Kabila akwiye kureka Abanye-Congo kuko baracyamugiraho ikibazo. Ni Umunyarwanda kandi ni umukozi wabo.”
Yanavuze ko Kabila ijambo aheruka kuvuga yari cishije ku muyoboro w’u Rwanda.
Gusa, ibyatangajwe na Kabuya si ukuri, kuko nta muyoboro w’u Rwanda yarinyujijeho, hubwo ryatambutse ku muyoboro mushya wa YouTube witwa “Reconstruire RDC.”
Leta y’i Kinshasa yakunze kwambura ubwenegihugu ku batavuga rumwe hashingiwe ku mpamvu z’ibinyoma ni yo turufu Leta y’iki gihugu ikunze gukoresha.
Iyi Leta yatangiye kwibasira Joseph Kabila bikomeye nyuma y’aho mu kwezi kwa kane uyu mwaka wa 2025, bivuzwe ko uyu munyapolitiki usanzwe ari Senateri, yagiriye uruzinduko mu mujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23.
Kabila yatangaje ko nta munyekongo ukwiye kuryozwa kuganira na bagenzi babo, asobanura ko atigeze ajya i Goma mu kwezi kwa kane.
Ihuriro rya AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, ryatangaje ko Kabila yasesekaye muri uyu mujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Burasizuba bwa Congo.