Ikivugwa kuri Kabila wageze i Goma muri RDC.
Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yageze i Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu hagenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23.
Ni amakuru yatangajwe n’umuvugizi w’ihuriro rya AFC/M23, Lawrence Kanyuka, akoresheje urubuga rwa x rwahoze rwitwa Twitter, yagize ati: “Tumwifurije ibihe byiza mu bice byabohowe.”
Aya makuru kandi yemejwe n’umuvugizi w’umutwe wa M23 mu byagisirikare, Lt.Col. Willy Ngoma, kuko na we yagize ati: “Joseph Kabila umusirikare wa rubanda turamwishimiye mu mujyi wa Goma.”
Corneille Nangaa ukuriye ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, yavuze ko yishimiye kugaruka kwa Joseph Kabila mu gihugu cye.
Ati: “Yahisemo neza, aho kuguma mu buhungiro.”
Yongeye ati: “Kabila tumuhaye ikaze i Goma.”
Ukwezi kwa kane uyu mwaka turimo, ubwo hadukaga ibihuha ko Kabila yageze i Goma ubutegetsi bw’i Kinshasa bwahise butangiza ibikorwa byo ku mukurikirana mu butabera, ndetse busaba ko imitungo ye ifatirwa.
Yaba Kabila cyangwa ishyaka rye rya PPRD, barabinenze, kandi bagaragaza ko bihutiyeho gufata ibyemezo bagendeye ku bihuha.
Kabila ageze i Goma mu gihe muri kiriya cyumweru gishize, Sena ya RDC yamwambuye ubudahangarwa bwo kuba umusenateri ubuzima bwe bwose. Bwari ubusabe bw’ubushinjacyaha bwa gisirikare bwifuza guhita bumukurikirana ku byaha birimo ubugambanyi no gufatanya n’umutwe wa M23.
Kuregwa n’ubushinjacyaha bwa gisirikare byakurikiye ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, yavuze ko Kabila ari we muntu nyawe uri inyuma y’ibi byose amushinja gufasha umutwe wa M23.
Kabila mu kumusubiza, mu kwezi kwa gatatu, yavuze ko iyo aza kuba ari we utera inkunga umutwe wa M23, ibintu byari kuba bitandukanye cyane.
Uyu mugabo yavuye i Kinshasa mu mpera z’umwaka wa 2023, avuga ko agiye muri Afrika y’Epfo ku mpamvu z’amasomo.
Mu ijambo aheruka kuvuga, yagaragaje neza ko agiye guhangana byanyabyo, ati: “Nk’umusirikare, narahiriye kurinda igihugu kugeza kugitambo kiruta ibindi byose.”
Yongeye ati: “Ejo nari ku butegetsi, uyu munsi sindi ku butegetsi, ariko nkomeje kuba indahemuka kuri iyo ndahiro kurusha mbere hose.”