Uwarokotse mu mpanuka y’indege ya Air India.
Umuntu umwe ni we warokotse impanuka y’indege ya Air India yaritwaye abagenzi 243, aho iyi ndege yakoze impanuka ikomeye, nyuma y’aho yari imaze iminota mike ihagurutse ku kibuga mpuzamahanga cyo mu Buhinde.
Ni uyu munsi ku wa kane tariki ya 12/06/2025, Air India yakoze impanuka, abari bayirimo bakahasiga ubuzima umwe aba ari we wenyine urokoka.
Uwarokotse yitwa Vishwsh Kumar Remesh, nk’uko aya makuru yatangajwe n’abashinzwe ubutabazi muri iki gihugu.
Iyo ndege yariyo mu bwoko bwa Boing 787-8 Dreamline, yari mu rugendo rwerekeza i Londre mu Bwongereza, izagufatwa n’ibibazo bikomeye byatumye igwa ku nyubako iri hafi y’ikibuga cy’indege yahagurukiyeho cya Ahmedabad.
Mu mashusho yagiye hanze agaragaza Vishwsh Kumar Remesh warokotse iriya mpanuka aryamye mu bitaro, ubona yuzuye ibisebe mu maso n’ahandi ku mubiri nko ku maboko no mu mugongo.
Uwarokotse yakijijwe no kuba yasimbutse nyuma yuko yari amaze kubona ko indege yataye umurongo, ni ko guhita aca mu idirishya.
Uyu afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, amakuru akavuga ko yaramaze iminsi mike mu Buhinde gusura umuryango we.
Mu kiganiro yahaye itangazamakuru, yavuze ko nyuma yo kugera ku butaka yisanze akikijwe n’imirambo myinshi, ngo kuburyo kureba ibyabaye byari bimuteye ubwoba.
Yanavuze kandi ko yaravanye n’umuvandimwe we mu Buhinde bajanye i Londre, ariko ko we yaguye muri iyo mpanuka. Avuga ko yitwaga Ajay Kumar Ramash.
Vishwsh Kumar Ramash, yaje gufashwa n’abashinzwe ubutabazi bamujana kwa muganga kugira ngo yitabweho.
Amashusho kandi agaragaza iyi ndege yahiye irakongoka, ibisigazwa byayo bigahinduka umuyonga ndetse n’abari bayirimo.
