• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Isi igiye kubona ikintu gikomeye nyuma y’impinduka zagaragaye ku ntambara ya Israel na Iran.

minebwenews by minebwenews
June 20, 2025
in World News
0
Isi igiye kubona ikintu gikomeye nyuma y’impinduka zagaragaye ku ntambara ya Israel na Iran.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Isi igiye kubona ikintu gikomeye nyuma y’impinduka zagaragaye ku ntambara ya Israel na Iran.

You might also like

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y’ikubagahu muri Kenya

Odinga war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

Yaba uruhande rwa Israel cyangwa urwa Iran, buri rumwe rugenda rurushaho gutera urwabo ubwoba, mu rwego rwo kugaragaza umurego w’uburakari ku ntamabara ihanganishije ibi bihugu byombi, kimwecyo, isi yaba igiye kubona akaga nyuma y’aho Israel inaniwe gusenya ikigo cya Fordo gitunganya ingufu za nucléaire cya Iran cyubatse ikuzimu.

Minisitiri w’ingabo za Israel, Katz, ku munsi w’ejo ku wa kane tariki ya 19/06/2025, yatangaje amagambo akakaye kandi agwiriyemo uburakari bukomeye, ndetse yasaga n’uri gutera ubwoba umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ali Ayatollah.

Uyu muyobozi wo muri Israel yavuze aya magambo nyuma y’igitero cy’ibisasu bya misile bya Iran byibasiye ibitaro by’i Tel Aviv ku murwa mukuru w’iki gihugu cye.

Associated Press, yatanze aya makuru yavuze ko “Katz yayibwiye ko ingabo za Israel zahawe amabwiriza n’intego zose zishoboka yuko, Ali Ayatollah adakwiye kubaho.”

Mubutumwa Katz yanyujije ku rukuta rwa x, yavuze ko Khmenei Ayatollah Ali, “ari umugome w’umugira nabi.”

Yongeraho kandi ati: “Ni umutegetsi w’umunyagitugu, uri kwihisha mubuvumo bukomeye kandi akohereza ibisasu bigamije kwica abaturage, birimo n’ibitaro n’inzu zituwe n’abantu.

Undi wavuze ibikakaye ni minisitiri w’intebe w’iki gihugu cya Israel, Benjamin Netanyahu, aho nawe yatangaje ko Iran igiye kuryozwa igitero yakoze ku bitaro.

Yagize ati: “Iran izaryozwa igitero yaraye ikoze ku bitaro.”

Netanyahu yanarahiriye ko umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Khmenei Ayatollah Ali, azicwa, ati: “Khmenei agomba kwicwa , ni bwo Iran izareka gutera ibisasu muri Israel.”

Ibyo babivuze mu gihe Leta Zunze ubumwe z’Amerika zari mu nama idasanzwe yiga icyo yakora ku ntambara ihanganishije Iran na Israel.

Amakuru avuga ko iyo nama yabereye mu cyumba kireberwamo uko ibintu bimeze (Situation room).

Ni nama yahuje perezida Donald Trump n’abakuru b’igisirikare b’iki gihugu cy’igihangange ku isi.

Iyi nama wayita ko ari mwe muzishobora kuzaba mbi mu mateka y’isi, ishobora kurangira hamenyekanye umugambi wo gutera igisasu kiremereye cyane GBU57/A/B mop, iki kikaba ari kabuhariwe mu guturitsa ubuvumo.

Aya makuru anagaragaza ko Amerika yagiye muri iyi nama nyuma y’aho Israel yemeye ko yananiwe gusenya ikigo cya Fordo cyo muri Iran gitunganya ingufu kirimbuzi za nucléaire. Bityo Israel ihitamo gusaba Amerika kuyifasha ku gisenya.

Ni ikigo amakuru akomeza avuga ko kiri mubikomeye ku Isi. Kandi kugira ngo Amerika izagisenye bizayisaba kukirasisha ibisasu biremereye nk’ibyo twavuze haruguru.

Hagataho, iyi ntambara irakomeje hagati y’impande zombi.

Tags: AmerikaFardoIranIsrael
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y’ikubagahu muri Kenya

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y'ikubagahu muri Kenya Perezida William Samue Ruto wa Kenya, yatangaje ko yahamagaje inama y'inama nkuru y'umutekano wa Leta nyuma y'urupfu rwa Raila...

Read moreDetails

Odinga war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Odinga war'uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana. Raila Odinga wahoze ari minisitiri w'intebe muri Kenya, yitabye Imana nkuko amakuru ava muri iki gihugu abivuga. Murukerera rwo...

Read moreDetails

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n'ibyo akivugaho Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, yavuze ko atashimishijwe n'ifoto ikinyamakuru cya "Time Magazine" cyakoresheje kimuvugaho...

Read moreDetails

Ibyo wamenya kuri perezida Rajoelina wahunze akaba yagize n’icyo abivugaho

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida Rajoelina nyuma yo guhunga yagize icyo abivugaho Perezida wa Madagascar, Andry Rojoeline yatangarije abanyagihugu be ko adafite kwegura, anabasaba gukundana no gukunda igihugu cyabo kugira ngo cyekubamo...

Read moreDetails

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri Ijambo Abarabu rigiye gukurwa mu izina ry'igihugu cya Misiri, aho ryari rimenyerewe cyane nka Repubulika y'Abarabu ya Misiri, nk'uko bikomeje gucikana kumbuga nkoranyambaga...

Read moreDetails
Next Post
I Mulenge: Herekanwe imbunda iheruka gufatwa ibabaza Wazalendo.

Haravugwa igitero cyerekeje mu Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?