Perezida Putin ibyo yatangaje byatunguye benshi.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yavuze ko Ukraine n’u Burusiya ko ari igihugu kimwe, kandi ko bidashobora gutandukanywa.
Ni amagambo yatangaje ubwo yari mu nama yaberaga i St Petersburg, yigaga ku bukungu bw’u Burusiya.
Muri iyo nama perezida Vladimir Putin yabajijwe amaherezo y’intambara hagati y’igihugu cye cy’u Burusiya na Ukraine.
Mu gusubiza iki kibazo yagize ati: “Nabivuze kenshi ko mbona Abanya-Ukraine n’Abarusiya nk’abaturage b’igihugu kimwe. Ku bw’ibyompamvu rero, Ukraine ni iyacu.”
Amakuru avuga ko iki gisubizo Putin yatanze cyakiranwe amashyi menshi muri iyi nama yari yitabiriwe n’Abanyapolitiki n’abacuruzi.
Yakomeje agira ati: “Hari itegeko rya kera, rivuga ko aho umusirikare w’u Burusiya akandagije ikirenge, haba ari ahacu.”
Yanaboneyeho no gusobanura ko igihe Ukraine izihenda igakoresha intwaro ziremereye muri iyi ntambara ihanganishije ibihugu byombi, icyo gihe ko izahura n’ibyago bikomeye cyane.
Avuga ko izaba ikoze ikosa ndengakamere, kandi ko rizaba rikarishye, ngo kuburyo bayisubiza mu buryo burimo kuyihana kutigeze kubaho mu Isi.