Ibyo wamenya ku ntwaro kirimbuzi n’ibihugu bizitunze.
Intwaro kirimbuzi ziri mu ziteye ubwoba bwinshi ku Isi, zitunzwe n’ibihugu icumi numwe (11) gusa, byo kuri uyu mubumbe utuwe n’abantu babarirwa muri miliyari zirenga zirindwi ku migabane itanu iwugize.
Kirimbuzi ni gisasu cy’ingufu za nucléaire, gikozwe mu bumara bwa “atome(uranium) cyangwa platinum).”
Iki gisasu, bivugwa ko iyo gituritse kivamo: umuriro ufite “ubushyuhe” budasanzwe, kuko buba buri kuri degree irenze igipimo.

Kiba kandi gifite “umuyaga” wangiza cyangwa wica ibiri mbere byose aho uba unyuze.
Ndetse bivugwa ko ubumara buri muri uwo muyaga buzwi nka “radiyasi” bukomeza kwica ibiri harya hantu wanyuze imyaka ni myaka.
Bivuze ko imijyi irahasenyukira igashyira burundu.
Amateka avuga ko mu 1945- Amerika yateye igisasu cya kirimbuzi i Hiroshima na Nagasaki, ho mu gihugu cy’u Buyapani, abantu barenga 200,000 barapfa, abatarapfuye barwara cancer, n’bagiye bahavukira nyuma bakavukana ubumuga butandukanye.
Ibidukikije birangirika ku kukigero kidasanzwe.
Ibi byatumye ibihugu byari muri iyo ntambara ibyinshi muribyo bikuramo akababo karenge. Kugeza n’ubu ibi bihugu bitinya ko intambara ya gatatu y’isi yakubura, isi ikaba igiye kwinjira mu kaga gakomeye.
Kuri ubu ibihugu bitunze intwaro kirimbuzi, harimo Leta Zunze ubumwe z’Amerika, izitunze kuva mu mwaka wa 1946, aho ifite izigera kuri 5,244.
U Burusiya, na bwo buzitunze kuva mu mwaka wa 1949. Bukaba butunze izigera kuri 5,889.
U Bwongereza buzifite kuva mu 1952. Bukaba butunze izigera kuri 225.
U Bufaransa na bwo buzifite kuva mu 1960, bukagira izigera kuri 290.
Pakistan izifite kuva mu 1970, bukagira izigera kuri 164.
Koreya ya Ruguru izitunze kuva mu mwaka wa 2006, ikagira iziri hagati ya 30 na 50.
Ikindi gihugu gitunze nyinshi muri izo ntwaro ni u Bushinwa, nubwo umubare w’izo butunze utazwi. Ndetse Kandi n’u Buhinde.
Igihugu cya nyuma gitunze intwaro kirimbuzi ni Israel, aho amakuru agaragaza ko gitunze iziri hagati ya 90 ni 100.
Kwirinda ko izi ntwaro zidakoreshwa, ni uguhitamo amahoro no kumvikana hagati y’ibihugu.
Ibihugu byo ku mugabane wa Afrika mu mwaka wa 1996, byiyemeje kutazitunga, bihitamo kuzaguma gutyo, nubwo byenda mu bihe biri mbere bishobora gusesea ayo masezerano.
Mu mwaka wa 1960 na 1990, Amerika n’u Burusiya byakoze intwaro nyinshi zitandukanye z’ubumara, hari nyuma y’intambara y’amagambo hagati yabyo. Ibi byatumye impande zombi zigirana amasezerano nka treaty the non-profiteration of the nuclear weapons.
Nyuma y’aho kandi byagize andi ya start treaties. Byari mu rwego rwo kugira ngo habe kwirinda batazaja kuzikoresha bikangiza byinshi ku isi. Bivuze ko bazitunze ariko na bo ubwabo zibateye ubwoba, kuko zirashwe byaba ari imperuka y’isi.
Ku rundi ruhande hari amakuru atangwa n’abemera Imana, aho basobanura ko nubwo ibi bihugu bitunze intwaro kirimbuzi, ariko ko ziteganyirijwe kuzazirasa igihe cy’imperuka, kabone nubwo zarashwe i Hiroshima na Nagasaki mu Buyapani.