Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo z’u Burundi zari mu Bibogobogo zahambiriye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 25, 2025
in Conflict & Security
0
Abasirikare b’u Burundi bongeye guhemukira Abanyamulenge bari baherekeje.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi zari mu Bibogobogo zahambiriye.

You might also like

Iby’ibiganiro Kabila yagize i Buakavu muri Kivu y’Amajyepfo.

Umusirikare wa FARDC yarikoze yica bagenzi be.

FARDC n’abambari bayo bongeye kurasira mu duce tw’i Mulenge.

Abasirikare b’u Burundi bari bagize igihe mu Bibogobogo ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo zahavuye zerekeza umuhanda ugana i Baraka.

Ni amakuru MCN dukesha abaturiye iki gice cya Bibogobogo, aho batubwiye ko n’ubu “umuniginigi wabo” basirikare uri kuvuga bamanuka i Baraka.

Nk’uko babivuga bagize bati: “Ubu tuvugana ni saa kumi n’imwe n’iminota 28 z’igitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2025; baba-soda bo mu ngabo z’u Burundi bari aha mu Bibogobogo barazinguye.”

Bongeye ati: “Bikoreye imizigo myinshi yabo, kandi bagiye ku bwinshi bamanutse i Baraka. Ntituramenya niba ari bose bagiye, kuko ntiburacya neza.”

Mu cyumweru gishize ahagana mu ntangiriro zacyo, ingabo z’u Burundi zavuye i Baraka zirazamuka mu Bibogobogo, ariko byaje kuvugwa ko zahageze zihita zitambuka zija kugaba ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge mu Minembwe.

Ndetse nyuma y’umunsi umwe gusa zivuzwe ko zagiye mu Minembwe, ni bwo ibitero byagabwe muri Mukoko no mu bindi bice biri mu nkengero za centre ya Minembwe nka Nyaruhinga n’ahandi.

Ibi bitero byagabwaga muri ibyo bice biturutse kwa Mulima, bikaba byarimo ingabo z’u Burundi, FDLR, FARDC na Wazalendo.

Ariko iminsi ibiri byamaze bigabwa muri ibyo bice, Twirwaneho na M23 byagiye bibisubiza inyuma.

Aya makuru akomeza avuga ko izo ngabo z’u Burundi zagabaga ibitero mu Minembwe zasubiye mu Bibogobogo, kuri ubu n’izo ziri kumanuka i Baraka, aho zamanukanye n’izindi zabo zari zisanzwe aha mu Bibogobogo.

Mu busanzwe aha mu Bibogobogo izi ngabo z’u Burundi zihasanganywe amakambi yazo abiri, imwe yabaga mu irango rya Ugeafi, indi ikaba mu Bipimo, mu gihe iy’ingabo za FARDC yo ihora ahitwa ku Musaraba.

Nubwo bitazwi zigiye i Baraka, ariko amakuru agaragaza ko zanyuze umuhanda wose ugana i Baraka.

Ati: “Iyo berekeje n’i Baraka, kuko bakomereje mu muhanda uja i Baraka uva hano mu Bibogobogo.”

Tags: BarakaBibogobogoIngabo zu Burundi
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Iby’ibiganiro Kabila yagize i Buakavu muri Kivu y’Amajyepfo.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Iby’ibiganiro Kabila yagize i Buakavu muri Kivu y’Amajyepfo.

Iby'ibiganiro Kabila yagize i Buakavu muri Kivu y'Amajyepfo. Joseph Kabila wayoboye Repubulika ya demokarasi ya Congo imyaka 18, aza gusimburwa na Felix Tshisekedi mu mwaka wa 2019, yagiranye...

Read moreDetails

Umusirikare wa FARDC yarikoze yica bagenzi be.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Umusirikare wa FARDC yarikoze yica bagenzi be.

Umusirikare wa FARDC yarikoze yica bagenzi be. Umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yishe arashe bagenzi be batatu, abandi umuniani arabakomeretsa mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, mu...

Read moreDetails

FARDC n’abambari bayo bongeye kurasira mu duce tw’i Mulenge.

by Bruce Bahanda
June 24, 2025
0
Mu Bijombo haravugwa imirwano.

FARDC n'abambari bayo bongeye kurasira mu duce tw'i Mulenge. Nubwo i Mulenge bamaze kangahe ntahabereye imirwano kuva ku cyumweru, ariko hari uduce ihuriro ry'ingabo za Congo zasubiye kurasiramo...

Read moreDetails

Uwari uragiye Inka zundi akanabihemberwa, yazise ize ari nokuzigurishya ku giciro yishakiye.

by Bruce Bahanda
June 24, 2025
0
Uwari uragiye Inka zundi akanabihemberwa, yazise ize ari nokuzigurishya ku giciro yishakiye.

Uwari uragiye Inka zundi akanabihemberwa, yazise ize ari no kuzigurishya ku giciro yishakiye. Inka zibarirwa mu mirongo z'Umunyamulenge pasiteri Gahungu, izo yari yarahaye umugabo wo mu bwoko bw'Abafulero...

Read moreDetails

Hasobanuwe icyatumye ingabo z’u Burundi zikubita bamwe mu baturage b’i Ndondo zikabahindura intera.

by Bruce Bahanda
June 24, 2025
0
Hasobanuwe icyatumye ingabo z’u Burundi zikubita bamwe mu baturage b’i Ndondo zikabahindura intera.

Hasobanuwe icyatumye ingabo z'u Burundi zikubita bamwe mu baturage b'i Ndondo zikabahindura intera. Nyuma y'aho umusirikare wo mu ngabo z'u Burundi ziherereye ku Ndondo ya Bijombo muri teritware...

Read moreDetails
Next Post
Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.

Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?