• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Wazalendo amarira yari yose i Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 26, 2025
in Conflict & Security
0
Wazalendo amarira yari yose i Uvira.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Wazalendo amarira yari yose i Uvira.

You might also like

Ingabo z’u Burundi zasahuye mu baturage ku Ndondo ya Bijombo.

AFC/M23/MRDP yagaragaje ibyo ingabo za RDC ziri gukora muri iki gihe muri Kivu y’Epfo.

Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.

General Rukemata wo muri Wazalendo uheruka gupfa arasiwe mu mirwano iheruka kubera mu Rurambo, yahambwe i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.

Amaziko ye yabaye kuri uyu wa kane tariki ya 26/06/2025, akaba yakozwe igihe c’isaha ya saa sita z’amanywa.

Ababaye aho yazikwaga babwiye Minembwe Capital News ko umuhango wo ku mushyingura waranzwe n’ibihe bigoye, ni mu gihe abe n’abo mu ruhande rwa Wazalendo batari borohewe.

Ati: “Wari umunsi mubi ku muryango we n’abo muri Wazalendo.”

Mu byumweru bibiri bishize, ni bwo byamenyekanye ko Rukemata yapfuye, kandi ko yaguye mu bitaro aho yarimo avurirwa ku bitaro biherereye i Gasenga muri Uvira.

Uyu Rukemata yarasiwe mu mirwano yahuzaga Twirwaneho n’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ikorana byahafi n’Ingabo za Congo (FARDC). Ni imirwano amakuru avuga ko yabaye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa gatandatu, aho yaberaga mu bice byo mu Rurambo ho mu misozi ya Uvira.

Ndetse aya makuru yanavugaga ko uru ruhande rwa Wazalendo ni rwo rwagabye kiriya gitero kuri uyu mutwe wa Twirwaneho, bikaza kurangira General Rukemata wari ukiyoboye agikomerekeyemo, mbere yuko aza kugwa mu bitaro.

Rukemata ntibyakunze ko ahambwa mbere, nk’uko itangazo rya Wazalendo ryo mu cyumweru gishize ryabivuze, kuko ryasobanuye ko amaziko ye agomba kuba guverineri ahari, ariko icyo gihe akaba yari mu ruzinduko i Kinshasa.

Nyuma y’aho guverineri azindukurutse, hahise hategurwa umuhango wo ku mushyingura.

Uyu munsi rero akaba yashyinguwe ashingurirwa ku irimbi rya Hazuri riherereye hafi na Institut Kitundu ibarizwa muri Quartier ya Kasenga.

Apfuye mu gihe Wazalendo amazi yari atarumuka intoki bahambye kandi undi wari umujenerali ukomeye muri bo, witwaga General Mutetezi. Uyu we yishwe arashwe n’abagenzi be, nyuma y’aho bagize ibyo bapfa bikabaviramo kurasana hagati yabo.

Si abo gusa kuko kandi hari n’abandi ba jenerali babiri baheruka gupfa, harimo n’uwaguye mu bitero aba Wazalendo bagabye ku mutwe wa Twirwaneho mu Mikenke.

Kimwecyo, Umzalendo wese ugize itsinda ayoboye ry’aba ririmo abarwanyi bari munsi ya cumi, ahita yiyita General. Ibi byatumye abo muri iri huriro rya Wazalendo bagira ba jenerali benshi.

Tags: General RukemataYashyinguwe
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ingabo z’u Burundi zasahuye mu baturage ku Ndondo ya Bijombo.

by Bruce Bahanda
August 20, 2025
0
Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

Ingabo z'u Burundi zasahuye mu baturage ku Ndondo ya Bijombo. Abasirikare b'u Burundi basanzwe bakorera mu nshe z'i Ndondo ya Bijombo muri teritware ya Uvira mu ntara ya...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yagaragaje ibyo ingabo za RDC ziri gukora muri iki gihe muri Kivu y’Epfo.

by Bruce Bahanda
August 20, 2025
0
AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by’i Doha.

AFC/M23/MRDP yagaragaje ibyo ingabo za RDC ziri gukora muri iki gihe muri Kivu y'Epfo. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ryagaragaje ko nubwo hari ibiri gukorwa kugira ngo...

Read moreDetails

Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.

Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y'u Burundi biravuza ubuhuha. Nyuma y'aho Leta y'u Burundi ifunze Colonel Moïse Arakaza uzwi cyane ku izina rya Nyeganyega, yongeye gufunga...

Read moreDetails

AFC/M23 ya cucumiye izo kwa Tshisekedi i Walikale biracika.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
AFC/M23 ya cucumiye izo kwa Tshisekedi i Walikale biracika.

AFC/M23 ya cucumiye izo kwa Tshisekedi i Walikale biracika. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryakubitiye kubi i Walikale muri Kivu y'Amajyaruguru ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika...

Read moreDetails

AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by’i Doha.

AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by'i Doha. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ritazasubira mu biganiro by'i...

Read moreDetails
Next Post
Iran yigambye gukubita Amerika inkonji iremereye.

Iran yigambye gukubita Amerika inkonji iremereye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?