Imyigaragambyo muri Kenya yongeye kuri kora.
I Nairobi mu gihugu cya Kenya, abantu 16 bishwe n’aho hafi abandi 400 barakomereka nyuma y’aho abantu babarirwa mu bihumbi imirongo bigabije imihanda yo muri uyu mujyi wa Nairobi bamagana Leta ya perezida William Ruto.
Iyi myigaragambyo yakozwe ku wa gatatu muri iki cyumweru turimo.
Umuyobozi wa Amnesty Kenya, Irungu Houghton, mu kiganiro yahaye itangazamakuru yemeje ko hapfuye abantu 16 abandi babarirwa mu 400 ngo bagakomereka.
Yagize ati: “Ku wa gatatu, abantu benshi binjiye mu myigaragambyo mu mihanda iri i Nairobi, Mombasa no mu tundi duce dutandukanye. Aha muri Nairobi bigaragambije mu mihanda yerekeza ku nteko ishinga amategeko no kubiro by’umukuru w’igihugu. Muri aba bari mu myigaragambyo hishwemo 16 abagera ku 400 barakomeretswa.”
Aya makuru akomeza avuga ko mbere yuko imyigaragambyo itangira iriya mihanda ijya mu nteko ishinga amategeko n’ijya ku biro by’umukuru w’igihugu, polisi yari yayifunze.

Bikavugwa ko polisi yarashe amasasu yanyayo kugira ngo itawanyikishe abigaragambyaga. Ibi byatumye televisiyo y’igihugu itegekwa kuterekana imyigaragambyo yarubanda mu buryo bugaragaza amashusho
Gusa abari mu myigaragambyo bagiye berekana ibirindiro bya polisi byarashe, nibyagiye bikoresha ibyuka biryana mu maso ndetse n’ibyavagamo ibimodoka bisuka amazi menshi ku bigaragambyaga kugira ngo ibatatanye.
Nyamara ikigo cya Leta gishyinzwe itangazamakuru cyatangaje amakuru atariyo kivuga ko kugaragaza imyigaragambyo mu buryo bugaragara binyuranyije n’amategeko, kikanashyiraho ibyago byo gufatira ibihano ibitangazamakuru byabirenzeho.
Amashyirahamwe y’abaturage muri Kenya yamaganye icyo cyemezo, atangaza ko afite ishingiro zo kunyuranya n’itegeko nshinga, kuko kugaragaza imyigaragambyo mu buryo bugaragara bifasha gukumira ihohoterwa rikabije n’iyicyarubozo kuko ibikorwa byose biba byerekanywe kandi byanditswe, bifasha kubazwa inshingano.
Ibyabaye bisa n’ubundi ibyabaye umwaka ushize na bwo byakozwe mu kwezi kwa 6 uwo mwaka wa 2024. Iyi myigaragambyo yakozwe umwaka ushize yatumye Leta isubika umushinga w’itegeko ry’imari ryari riteganya kuzamura imisoro. Ariko kugeza n’ubu, urubyiruko rwo muri iki gihugu cya Kenya ruracyafite uburakari bukabije kubera ibikorwa bikekwa byo guhohotera abaturage bikozwe n’inzego z’u mutekano, birimo urupfu rwa mwalimu wapfiriye mu maboko ya polisi n’amasasu yarashwe ku mucuruzi wo ku muhanda utari witwaje intwaro, nk’uko byagiye bivugwa n’abari mu myigaragambyo.