Ibyingenzi ku byisinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo, nubwo impungenge zikiri zose.
U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo barasinya amasezerano yo gushyiraho akadomo kanyuma ku makimbirane amaze igihe hagati y’ibi bihugu byombi.
Ni amasezerano ashyirwaho umukono na minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda n’uwa RDC.
Ibiro bya perezida wa RDC byemeje ko minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC, Therese Kayikwamba, ko ari buze gushyira umukono ku masezerano y’amahoro muzina rya Leta ye.
Hari hashize iminsi muri Amerika habera ibiganiro byagizwemo uruhare n’ubuyobozi bw’iki gihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika.
Ndetse na tariki ya 18/06/2025, nabwo itsinda ry’u Rwanda ryari riyobowe na Ambasaderi w’iki gihugu muri Leta Zunze ubumwe, Mathilde Mukantabana n’irya RDC bemeza iby’aya masezerano ku buhuza bwa Qatar na Amerika.
Hagataho, ibikubiye muri aya masezerano bivuga ko umuhango w’isinywa ryayo, utangira ku isaha ya saa saba z’amanywa yo muri USA, mu gihe mu Burasizuba bwa Congo azaba ari isaha ya saa kumi nebyiri z’umugoroba. Uyu muhango ukaba uri buze kuyoborwa n’umunyabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio.
Mu kuyasinya baribanda ku bintu bine byingenzi bikwiye kwitabwaho birimo kubaha ubusugire bw’ikindi gihugu no kwirinda gushoza intambara, guhagarika gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe imitwe yitwaje intwaro iva mu bindi bihugu.
Harimo kandi gushyiraho itsinda rihuriweho rishinzwe gukurikirana ibikorwa by’umutekano wambuka Imipaka ishyira mu bikorwa bya gisirikare.
Kayikwamba Wagner uri businye aya masezerano ku ruhande rwa Leta ya Congo, yari amaze icyumweru cyose ari muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho yaherekejwe n’Umujyamama wa perezida Felix Tshisekedi.
Byari byaravuzwe ko aya masezerano ko azasinywa tariki ya 15/06/2025, ntibyakorwa kubera kudahuza ku ngingo zimwe na zimwe.
Ni mu gihe u Rwanda rusaba RDC kubanza gukemura ibibazo by’umutekano birubangamiye, by’umwihariko ikibazo cya FDLR.
Ubundi kandi Amerika cyo kimwe na RDC bisaba nabyo u Rwanda guhagarika ubufasha ubwo bivuga ruha umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, ndetse uwo mutwe ukaba ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwe.
Niho abantu benshi bahera bakagaragaza impungenge, aho bavuga ko nubwo aya masezerano agiye gushyirwaho umukono, ariko ko adashobora kuzazana amahoro arambye. Ku mpamvu zuko imitwe yitwaje intwaro ikomeje kwigarurira ibice binini byo mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC.
Kimwecyo, perezida Trump avuga ko aya masezerano ari meza, akanashimangira ko ari intambwe ikomeye mu kugarura amahoro muri Afrika. Ku rundi ruhande abantu benshi ntibabifata nk’igihamya cy’amahoro arambye, kubera ko imitwe yitwaje intwaro itaragaraza ko yiteguye kurambika intwaro hasi.
Trump yiyerekana nk’umuhuza w’amahoro kandi yagaragaje ko yitabiriye gukemura amakimbirane ku isi, harimo n’intambara ikomeye iri mu Burasirazuba bwa RDC ifite ubutunzi bwinshi bw’amabuye y’agaciro. Nyamara kandi aya masezerano ashobora no gufungura inzira ku nyungu z’ubukungu za Amerika mu karere, cyane cyane ku bijyanye no kubona amabuye y’agaciro akenerwa mu buhanga bugezweho.